• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018 ITOHOZA

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, DCG Dan Munyuza, yavuze ko umutekano w’u Rwanda urinzwe neza, ko abashaka kuwuhungabanya barota kuko ntaho bamenera.

Yabivugiye mu kiganiro Polisi y’igihugu yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2018.

Yavuze ko mu gihugu hose umutekano umeze neza, abaturage bakora imirimo yabo amanywa n’ijoro kandi mu mutekano usesuye. Icyakora yavuze ko hari abarota guhungabanya umutekano ariko izo ari inzozi badateze gukabya.

Yagize ati “Turizeza n’abandi baba bafite gahunda zitari nziza zo gushaka guhungabanya umutekano ko twiteguye neza ku buryo icyo cyifuzo cyabo batazakigeraho”.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abarota guhungabanya umutekano barwanira mu bitangazamakuru byo kuri internet “usanga ari urusaku” kandi ngo ntawabuza umuntu gusakuza.

Ati “Abifuza guhungabanya umutekano w’igihugu cyacu muri iyi minsi aho bari turahazi icyo batekereza turakizi nabizeza mwese ko ntawashobora guhungabanya umutekano w’igihugu cyacu ngo abigereho ubungubu.’’

Yakomeje avuga ko iyo ukurikiranye ku mbuga nkoranyambuga abatifuriza u Rwanda umutekano bakoresha wakwibaza ko byacitse nta mutekano uri mu Rwanda, ariko ngo ni intambara barwanira kuri internet.

Abo bafite ibyifuzo byo guhunganya umutekano “Ni urusaku gusa n’ibindi wakwita ko ari inzozi. Umuntu ntiwamubuza kurota ku manywa cyangwa aryamye, ntiwababuza kumva ko ibyo barose byabaye. Bararota ntacyo bashobora kugeraho ibyo byo turabizi neza. Umutekano wifashe neza n’ingamba zirahari.’’

Yakomeje avuga ko abo barota bahungabanya umutekano bakwiye kuza bagafatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu kugirango gikomeze gitere imbere.

Uyu muyobozi yakomeje asaba itangazamakuru ubufatanye mu kurwanya ibyaha bitandukanye birimo : ibiyobyabwenge,guhohotera abana n’abagore, ruswa ,forode, kurwanya abasambanya abana n’ibindi.

CP. George Rumanzi watanze ikiganiro ku ishusho y’uko umutekano w’igihugu uhagaze muri rusange, yavuze ko kugirango urusheho kubungwabungwa hakenewe uruhare rwa buri muturarwanda kandi ko buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we.

CP Rumanzi yavuze ko u Rwanda rufite umutekano usesuye kandi ugira ingaruka nziza ku rwego mpuzamahanga, ashingiye ku mahugurwa, inama ndetse n’ibikorwa mpuzamahanga bibera mu Rwanda.

Ati “Umutekano mu gihugu cyacu umeze neza, abantu bafite umutekano mu mpande z’igihugu cyacu zose nta hantu hatagendwa cyangwa hafite ibibazo by’umwihariko by’umutekano.”

Yavuze no ku kibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ari na byo mbarutso y’ibyaha bitandukanye nko gukubita no gukomeretsa, gusambanya abana, ubujura n’ibindi.

Mu bindi bibazo buhungabanya umutekano byagaragajwe harimo ubucuruzi bwa magendu, ubujura bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga byakoreshejwe hamwe n’ubwambuzi bushukana.

Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston, yibukije abitabiriye ibi biganiro ko gukumira no kurwanya ibyaha ari inshingano ya buri wese.

Yagize ati “ Umwenegihugu wese afite inshingano zo gukumira no kurwanya ibyaha utabyubahirije abihanirwa n’amategeko, turifuza iterambere rirambye rigendana no kubaka Igihugu kitarangwamo ibyaha.”

Imibare igaragaza ko kuva muri Mutarama uyu mwaka kugeza mu Ugushyingo abantu bagera kuri 437 bahitanywe n’impanuka mu gihe abagera kuri 662 bakomeretse, izi mpanuka ahanini zigaragara mu mpera z’icyumweru akenshi zikaba ziterwa n’umuvuduko ukabije, uburangare ndetse n’ubusinzi bukabije.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Kicukiro: Inka iherutse gutemwa n’abagizi ba nabi yapfuye

Ubwanditsi 06 Apr 2017
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare
INKURU NYAMUKURU

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira
Amakuru

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024
Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor
ITOHOZA

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Ubwanditsi 17 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru