• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Ubwanditsi 17 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, muri uyu mwaka, yageze i Addis-Abeba muri Ethiopie, aho kuri uyu wa Gatandatu arayobora Inama idasanzwe ya 11 y’uyu muryango.

Ni inama irarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mavugurura muri uyu muryango ku buryo bw’umwihariko.

Iyi nama y’iminsi y’ibiri iteganyijwe kuva tariki ya 17-18 Ugushyingo 2018, ikurikiye imaze iminsi ihuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu 55 bigize AU.

Iribanda ku kureba uburyo ibihugu byakwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amavugurura arimo arebana y’imiyoborere n’imikorere ya Komisiyo ya AU, kwishakamo ingengo y’imari, kugera ku cyerekezo 2063 n’ibindi.

Ni amavugurura yateguwe n’itsinda ry’intiti ziyobowe na Perezida Paul Kagame, ryashyizweho mu 2016.

Abayobozi muri Komisiyo ya AU bagaragaza ko Misiri izasimbura u Rwanda ku buyobozi bw’uyu Muryango mu ntangiriro za 2019, isa n’idashyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura.

Elissa Jobson ukuriye Ubuvugizi bwa Afurika mu muryango International Crisis Group, yabwiye Ikinyamakuru Eye Witness ko abona iyi nama idasanzwe nk’uburyo bwa nyuma bwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura, mbere y’uko Perezida Kagame ava ku buyobozi bwa AU.

Ati “Igiteye inkeke ni uko Misiri ishobora kutazashyira imbaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya mavugurura, kabone nubwo itagerageza kuyakuraho.”

Liesl Louw-Vaudran, umusesenguzi mu kigo cyo muri Afurika y’Epfo cyiga ku mutekano, yavuze ko mu gihe nyuma y’imyaka isaga ibiri aya mavugurura atarashyirwa mu bikorwa, umwanzuro uzafatwa muri iyi nama uzaturuka ku bazaba bayitabiriye.

Jobson avuga ko mu mpamvu zishobora gutuma Misiri yari yarahagaritswe muri AU mu 2013 nyuma ya ‘Coup d’Etat’ yagejeje Perezida Abdel Fattah al-Sisi ku butegetsi idashyigikira aya mavugurura, harimo kuba igitekerezo cyo kuyashyiraho cyaraturutse kuri Komisiyo y’uyu muryango mu gihe iki gihugu cyo cyifuza ko igabanyirizwa ububasha.

Hari n’abandi bakuru b’ibihugu kandi basanga Komisiyo ya AU idakwiye guhabwa ububasha bwinshi, kuko bayibona nk’ubunyamabanga bushyira mu bikorwa imyanzuro bafashe.

AU igizwe n’ibihugu 55, yashinzwe mu 2002 nyuma yo gusenyuka k’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA).

Perezida Kagame yageze i Addis Abeba aho ayobora inama idasanzwe ya AU kuri uyu wa Gatandatu

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hitabajwe Ambasade ya Norvège kubera abana bafatiwe muri Uganda bajyanywe muri RNC

Hitabajwe Ambasade ya Norvège kubera abana bafatiwe muri Uganda bajyanywe muri RNC

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 15 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa
Amakuru

Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana
POLITIKI

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020
[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017
Mu Rwanda

[ VIDEO ] Walk to Remember|#Kwibuka23| Kigali, 7 April 2017

Ubwanditsi 08 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru