• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Editorial 28 Nov 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari minisitiri w’umutekano w’u Burundi, Francois Ngeze, watangaje kuri radio na televiziyo by’igihugu ihirikwa rya Perezida Merchior Ndadaye mu 1993, nawe yagejejwe imbere y’abashinzwe iperereza ku iyicwa ry’uyu wahoze ari Perezida w’u Burundi watowe bwa mbere binyuze muri demokarasi akicwa ataramara umwaka ku butegetsi.

Amakuru aturuka mu Burundi dukesha SosMediasBurundi aravuga ko Francois Ngeze (uri ku ifoto na Linette) yageze imbere y’umushinjacyaha mukuru wa Repubulika kuwa Mbere ushize nyuma ya saa sita.

Yahaswe ibibazo nyuma asubira iwe nk’uko iyi nkuru ivuga.

Bwana Ngeze yashyizwe imbere na komite y’abasirikare yiswe iy’agakiza k’abanyagihugu (public salvation) yakuye ku butegetsi perezida wa mbere w’u Burundi watowe binyuze mu nzira ya demokarasi, Melchior Ndayaye, ngo abe ari we umusimbura kuva kuwa 21 Ukwakira kugeza kuwa 27 Ukwakira 1993.

Francois Ngeze akaba yari umwe mu Bahutu bakeya bari mu ishyaka Uprona icyo gihe, akaba yari minisitiri w’umutekano muri Guverinoma ya Pierre Buyoya watsinzwe mu matora yabaye kuwa 01 Kamena 1993.

Nyuma y’uko iyi komite ya gisirikare yamaganiwe ikotswa igitutu kubera guhirika ubutegetsi, yaje gusenyuka kuwa 27 Ukwakira, Sylvie Kinigi wari Minisitiri w’Intebe, aba ari we uba perezida w’inzibacyuho.

Ngeze yakurikiye abandi basirikare bane bakuru batawe muri yombi kuwa Gatandatu ushize barimo ufite ipeti rya general bahoze mu gisirikare cy’u Burundi bakurikiranweho uruhare mu iyicwa rya Ndadaye.

Ngeze ngo akaba yaritabye ari mu igare ry’abarwayi kuko kuri ubu yaciwe amaguru kubera uburwayi yagize.

Amakuru ava mu Burundi kandi arakomeza avuga ko kuri uyu wa Mbere ushize urugo rw’uwitwa Cishahayo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi afite ipeti rya Colonel ruherereye mu majyepfo ya Bujumbura rwatewe hejuru n’abapolisi bari bagiye kumuta muri yombi bagasanga adahari ndetse nta wundi muntu uri mu rugo, ibyo mu nzu byose bigatwarwa.

Amakuru akavuga ko Col. Cishahayo ashobora kuba yaragiye hanze y’igihugu kwivuza, gusa ari ku rutonde rw’ubushinjacyaha bukuru rw’abasirikare bakuru bagomba guhatwa ibibazo ku iyicwa rya Ndadaye.

2018-11-28
Editorial

IZINDI NKURU

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Editorial 30 Jul 2018
Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Umutwe w’iterabwoba wa FLN mu marembera kubera kujirajira n’amacakubiri.

Editorial 22 Oct 2021
IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Editorial 09 Jun 2016
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Editorial 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Apr 2017
Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza
INKURU NYAMUKURU

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Editorial 29 May 2018
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?
INKURU NYAMUKURU

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Editorial 22 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru