• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Editorial 05 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ejo naganiraga n’umuntu uzi neza ibyo muri Uganda, wabayeyo uzi  iby’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, akaba akunze gusoma inkuru za Rushyashya zikamuryohera, agira ati : Mwebwe ntimuzi uby’aba baturanyi, ati twe twabanye nabo turamuzi, ushobora kugirango ni abantu beza ariko ni abantu bafite uburyarya bwinshi,  amayeri, ishyari, ubusambo, uburiganya, guteranya, ubugambanyi n’ibindi byinshi.

Ati: wari uziko ibyo gutera gatarina ariyo i bugande bizwi nka ”Kondo” byatangiriye Uganda mu ntambara yatangijwe na Museveni ahirika k’ubutegetsi Obote. Iyi Kond mu Rwanda mbere ya jenoside muri za 85-90 bayitaga gutera  “Gatarina”. Ati : ubu ni uburyo bwo kwiba  Museveni na bagenzi be bakoresheje mu ntambara yo gukuraho  ubutegetsi bwa Obote na Idi Amin Dada, kuva muri za 81-86, icyo gihe bari mu ishyamba bavaga Tanzania, bakinjira muri Uganda rwihishwa  bakamena inzugi z’abaturage bakoresheje ikibuye kinini bashyize mu igunira, barangiza bakakizunguza, bakagihonda k’urugi rukagwa imbere, bakinjira bagasahura imyaka, udufaranga n’ibindi basangaga hafi aho.

Ibi nibyo bita mu kigande Kondo, ikaba intwaro ikomeye Museveni yarwanishije mu gu sabota leta barwanaga. Ariko na nyuma y’urugamba iyo ntwaro yakomeje gukoreshwa n’abajura kabuhariwe muri Uganda, bakiba iby’abaturage.

Ntagitangaza rero kirimo kumva Museveni n’umuryango we biba ama Banki muri Uganda, bagatwara amafaranga y’abaturage.

Reba inkuru bijyanye:

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu – https://rushyashya.net/2018/12/04/uganda-justine-bagyenda-mu-mazi-abira-nyuma-yo-kubangamira-igurishwa-rya-crane-bank-museveni-yari-afitemo-inyungu/

Ibi Museveni siwe ubyikorera gusa, ahubwo afite agatsiko yagize inkoramutima kamufasha mu kuyogoza igihugu ndetse no kubangamira ubusugire bw’ibihugu bituranyi.

Urugero rwabo akorana nabo twavuga  muri Kampala,  ni igihe abaturage benshi bamenyaga  Rujugiro ubwo ikinyamakuru cyo muri Uganda cyatangazaga ko yasinye amasezerano y’ubucuruzi na murumuna wa Museveni, Gen. Saleh Akandwanaho, abarirwa muri miliyoni z’amadolari.

Muri ayo masezerano, Gen. Saleh yahawe imigabane mu ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ingana na 15%, na we amwemerera kurinda imari ye muri icyo gihugu no mu Karere.

Bivugwa ko iyo Rujugiro ari muri Kampala arindwa kurusha abajenerali ba Uganda ndetse n’abahungu be bakarindwa gutyo. Iki ni imwe mu mpamvu muzi igaragaza uko inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zabaye inzira yo gushaka abayoboke ba RNC muri Uganda.

Muri Afurika y’Epfo, igitabo cy’umunyamakuru ucukumbura, Jacques Pauw, yise “The President’s Keepers: Those Keeping Zuma in power and Out of Prison”, kivuga ku batumaga Perezida Zuma atava ku butegetsi ntanafungwe nyamara ahora ashinjwa ibyaha birimo ruswa ku ka rubanda, gihishura byinshi ku bikorwa bya Rujugiro.

Uyu Pauw ashyira Rujugiro mu gatsiko ka ’“abicanyi, abacuruzi b’intwaro n’amabandi ruharwa”, yatumye Afurika y’Epfo iba mu “bihugu bitanu ku Isi bifite ibibazo bikomeye mu bucuruzi bw’itabi butemewe”.

Iyi magendu y’itabi  ryacuruzwaga na Rujugiro igereranywa na zahabu nshya  yari ikomeje kuzamura inyungu ku 1000% y’ubu bucuruzi bumaze kuba ihuriro ry’abanyabyaha.

Muri iki gitabo avuga ko ingaruka z’iyo magendu ari uruhuri, kuko uretse gusubiza inyuma igihugu mu bijyanye n’imisoro harimo no kuba indiri y’ibyaha nk’iyezandonke, magendu, no gutiza umurindi ubucuruzi bw’abantu n’ubw’ibiyobyabwenge.

Mu gitabo cye Pauw yakomeje agira ati “Magendu mu itabi ihombya guverinoma miliyari eshatu z’ama-rand kubera kunyereza imisoro, iyezandonke na ruswa.”

Mu iperereza ryakorwaga kuri magendu y’iyo “zahabu yirabura”yari ikomeje guha isura mbi Afurika y’Epfo, Rujugiro yisanze yafatiwe i Londres ku busabe bw’Ubushinjacyaha muri Afurika y’Epfo.

Mu 2007, Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro muri iki gihugu cyahagaritse ibikorwa by’uruganda rw’itabi rwa Rujugiro muri Wilsonia kubera magendu ya miliyoni 7.4 z’amadolari. Yaregwaga n’ibirego 25 byo kutishyura imisoro, 25 byo kohereza hanze ibicuruzwa bitanyuze muri za gasutamo, bitandatu birebana no kutishyura umusoro ku nyungu na kimwe cyo gukora ubucuruzi hadakurikijwe amategeko.

Muri Nigeria Rujugiro yatetseyo imitwe, muri iki gihugu na ho Rujugiro yanyereje amafaranga menshi hagendewe ku mahirwe ubuyobozi bwamuhaye ngo ikigo cye Leaf Tobacco Company gikurirweho 60% by’imisoro mu kwinjizayo amasegereti n’ibindi bikoresho nkenerwa kugira ngo ahatangize uruganda, mu gihe cy’imyaka itatu.

Mu buryo bufifitse, hashize imyaka itandatu, ikigo cye cyari kitaratangira gukorera amatabi muri Nigeria ariko kikigendera kuri ya mahirwe cyahawe.

Rujugiro Tribert

Uwo niwe mugabo ukomeje kuba inyuma y’imigambi igamije kwangisha amahanga u Rwanda, ruharwa mu kwigwizaho imitungo mu manyanga, wibwira ko amafaranga ye ashobora kugera aho ahindura n’ubutegetsi.

Imigambi ya Rujugiro igamije guharabika no kwigwizaho imbaraga zamufasha guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda isa n’iyagonze urukuta ku buryo ishobora kuzahera mu ndoto ubuziraherezo.

Rujugiro aheruka no gukurikiranwaho kunyereza imisoro mu Rwanda, kugeza ubwo inyubako ya UTC yari afitemo imigabane 97% yagurishijwe mu cyamunara kuri miliyari esheshatu, miliyoni 877 n’ibihumbi 150 z’amafaranga y’u Rwanda.

Si Rujugiro gusa bakorana n’umuryango wa Museveni kuko na bamwe mu bakomeye muri RNC barimo ba Kayumba Nyamwasa,Rugema Kayumba umenyereweho gushimuta abanyarwanda muri Uganda bakorana bya hafi. Uyu Rugema we Museveni yamwiyegereje kuva kera dore ko bafitanye isano, kuko umugore wa Rugema ni mwene wabo na Museveni, bigaragaza gukorana kwa hafi mu bikorwa byo kubangamira inyungu z’u Rwanda.

Museveni n’umuryango we bakomeje kuvugwaho gusahura imitungo ya leta ya Uganda kugeza naho baherutse kuvumburwa barabeshye imibare y’impunzi ziri muri Uganda, aho bari babeshye ko impunzi Uganda itunze ari miliyoni imwe n’ibihumbi Magana ane, UNHCR ibaruye isanga hiyongeraho ibihumbi Magana atatu by’impunzi bari batubuye ngo babone amafaranga UNHCR yari kuzajya itanga.

Iyi nkambi ya Nakivale muri Uganda irimo impunzi zingahe koko ?

Uretse ibyo gutekinika imibare y’impunzi ,  Museveni aravugwaho  urwango rukomeye afitiye  abanyarwanda Urugero : Nyuma y’ijambo Perezida Museveni, yavugiye ahitwa Kalwana Mukarere Ka Gasanda, ahahoze ari muri Mubende mbere y’uko bayigabanyamo Kabiri,  Museveni yavuzeko Abanyarwanda, Abarundi, Abakongomani, Abatanzania Aba Sudani Na Kenya bose abari Mubirombe bicukurwamo  y’Amabuye yagaciro azwi nka zahabu ko ayo mabuye ari ubukungu bwa Uganda n’abanyagihugu b’abagande,  avugako abanyamahanga bose bagomba kuva muribyo birombe bigakorwamo n’abanyagihugu.

Iryo jambo yari vuze tariki ya  30 Ugushyingo 2018,  niho ikirombe cya Lubaali Mu karere ka Gasanda,  higabyemo abasirikare n’abapolice ba Uganda batangira gufata abanyarwanda bose ngo bave mukirombe hakorwemo abanyagihugu, kugeza n’ubu abo banyarwanda bafashwe ntawe uzi irengero ryabo bamwe batangiye gushinjwa ubutasi.

2018-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Editorial 12 Feb 2024
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Editorial 12 Feb 2024
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. katsibwenene
    December 5, 20183:02 pm -

    Ariko ubutiriganya rwose BURASA urabushoboye, hogowe abaturanyi bawe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru