• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera abadipolomate b’ibihugu icyenda kubihagararira i Kigali nka ba ambasaderi, barimo babiri bafite icyicaro i Kigali, umwe ugifite i Dar Es Salaam na batandatu bafite icyicaro i Nairobi muri Kenya.

Muri bakiriwe harimo Oscar Kerketta w’u Buhinde, uyu akaba ari we Ambasaderi wa mbere w’u Buhinde uzakorera muri ambasade nshya buheruka gufungura mu Rwanda.

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro ze, Ambasaderi Kerketta yavuze ko azibanda cyane ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, nyuma y’uko mu ruzinduko Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi aherukamo mu Rwanda, impande zombi zasinye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari.

Harimo kandi imishinga ijyanye n’ishoramari no guteza imbere ubuhinzi binyuze mu mishinga yo kuhira.

Ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola we yagaragaje ko iki ari ikimenyetso cy’ibihugu byombi mu guteza imbere umubano mu bya politiki, ubukungu n’izindi nzego.

Yagaragaje ko umubano w’ibihugu byombi ukomeje gutera imbere, cyane ko muri Nyakanga Angola yakuriyeho abanyarwanda gusaba viza y’umukerarugendo. Hari kandi ubufatanye bw’ikigo Oshen Health Care cyiyemeje gushora miliyoni 24$ mu bitaro byitiriwe Umwami Faycal, ku buryo mu 2020 bizashyiraho ikigo cy’icyitegererezo mu kubaga umutima.

Ambasaderi wa Autriche mu Rwanda, Dr. Christian Fellner, we yahishuye ko Chancelier w’icyo gihugu unayoboye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri uyu mwaka, Sebastian Kurz, ku wa Gatanu azagirira uruzinduko mu Rwanda.

Ati “Autriche n’u Rwanda dufite imibanire myiza, vuba aha tugiye no kuyongerera imbaraga. Intumwa nyinshi ziteganyijwe kuza i Kigali, hazaba harimo itsinda ry’abacuruzi, dusure RDB, ibigo binyuranye ndetse mu gihe kitarambiranye n’abagize Inteko ishinga amategeko bazasura u Rwanda.”

“Ku wa Gatanu umukuru wa Guverinoma yacu azaba ari i Kigali. Bombi, Perezida Kagame na Chancellier Sebastian Kurz, bazaganira ku nama iteganywa i Vienna, aho ku wa 18 Ukuboza izahuza Afurika n’u Burayi.”

Prof. Dr. Ratlan Pardede uhagarariye Indonesia, we yagaragaje ko icyo ashyize imbere ari uguteza imbere ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, binyuze mu bikorera.

Ati “Ndifuza guteza imbere ibijyanye n’ubukungu by’umwihariko binyuze mu bucuruzi hagati ya Indonesia n’u Rwanda. Mu myaka ishize ubucuruzi hagati y’impande zombi bwazamutse buva ku 400$ mu 2015 bugera kuri miliyoni 7$ mu 2017. Nubwo byagenze bityo ariko, turacyafite amahitwe menshi yo kongera umusaruro w’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.”

Mu bandi batanze impapuro zabo harimo Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Alison Helena Chartres; Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil; Ambasaderi František Dlhopolček wa Slovakia; Ambasaderi Martin Gómez wa Argentine na Ambasaderi Uriel Garibay wa Repubulika ya Philippines.

Ubwo ambasaderi Alison Helena Chartres yajyaga gushyikiriza Umukuru w’igihugu impapuro zimwemerera guhagararira Australia mu Rwanda

Perezida Kagame yakira ambasaderi Alison Helena Chartres wa Australia

Perezida Kagame yagize n’umwanya wo kuganira na Alison Helena Chartres hamwe n’intumwa zamuherekeje

Perezida Kagame na ambasaderi Alison Helena Chartres hamwe n’itsinda ryamuherekeje

Perezida Kagame yanagize umwanya wo kuganira na Oscar Kerketta uhagarariye u Buhinde

Perezida Kagame yakira impapuro za František Dlhopolček of Slovak uhagarariye Slovakia

Ubwo ambasaderi Prof. Dr. Ratlan PARDEDE wa Indonesia yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola (wa kabiri ibumoso)

Ubwo ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio yashyikirizaga Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye

Ubwo Eduardo Filomeno Leiro Octávio yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame yasuhuje ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio amwifuriza imirimo myiza mu Rwanda

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera

Ubwo ambasaderi Oscar Kerketta w’u Buhinde yageraga mu biro by’Umukuru w’Igihugu

Perezida Kagame yakira impapuro za ambasaderi Martin Gómez wa Argentine

Perezida Kagame hamwe na ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil

Ubwo ambasaderi Uriel Garibay yajyaga gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Philippines mu Rwanda

Amafoto: Rwanda Gov

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017
RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

Ubwanditsi 04 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo
Amakuru

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Leta  iraburira  abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero
HIRYA NO HINO

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni
Mu Mahanga

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Ubwanditsi 23 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru