• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018 IMIKINO

Ibihangange by’abakinnyi basiganwa ku magare mu Rwanda, bitabiriye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018, aho Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yasize abandi, ariko Gasore Hategeka agahembwa nk’uwahize abandi mu mwaka w’imikino wose.

Isiganwa rizenguruka u Rwanda umwaka wose, Rwanda Cycling Cup, ritegurwa ku bufatanye na Cogebanque na Skol ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018.

Ku munsi waryo wa nyuma ryitabiriwe n’ibihangange by’abanyarwanda bikina hanze yarwo nka Valens Ndayisenga wakinaga muri POC de Lumiere yo mu Bufaransa, Areruya Joseph wa Delko Marseille Province yo mu Bufaransa na Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yo mu Butaliyani.

Aba bagombaga guhangana n’abakina mu Rwanda bafite amazina akomeye nka Didier Munyaneza wegukanye shampiyona y’u Rwanda 2017 na Jean Bosco Nsengimana wegukanye Tour du Rwanda 2015.

Abasiganwa mu cyiciro cy’abagabo bahagurutse i Remera kuri stade Amahoro ariko ibihe byabo bitangira kubarwa barenze Sonatubes, basatira Kicukiro Centre.

Banyuze i Nyanza ya Kicukiro berekeza mu Bugesera – Nyamata – Ramiro bagera Nemba ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bakiri igikundi ntawe urasiga abandi.

Mu gihe iki gikundi cy’abakinnyi 29 bakinnye iri isiganwa bageraga i Ramiro bagaruka i Kigali abakinnyi umunani bakoresheje imbaraga nyinshi bacomoka mu gikundi.

Abo ni; Mugisha Samuel, Ndayisenga Valens, Bosco Nsengimana, Hakiruwizeye Samuel, Patrick Byukusenge, Mugisha Moïse, Twizerane Mathieu na Eric Manizabayo bita Karadiyo.

Aba bakinnyi basize igikundi kirimo Areruya Joseph inyuma binjira i Nyamata bakiri kumwe ariko barenze ikiraro cya Nyabarongo haba impanduka.

Bazamuka umusozi wa Gahanga Mugisha Samuel na bazina we Mugisha Moïse ukinira Skol Fly Cycling Club bacomotse mu gikundi basesekara Kicukiro bari imbere basize igikundi kibari inyuma amasegonda 48.

Bazamutse umuhanda w’amabuye ujya ku Gisimenti bagera kuri stade Amahoro bakomeza Controle Technique – Kimironko – Kibagabaga – Nyarutarama – RDB – kuri Cogebanque – bagaruka kuri Stade Amahoro, umuhanda basabwaga kuzengurukamo inshuro eshatu.

Bazenguruka ku nshuro ya gatatu Twizerane Mathieu wa Huye CCA yakoresheje imbaraga nyinshi afata ba Mugisha bombi bari imbere.

Barenze ku Gishushu basatira ibilometero bibiri bya nyuma muri 159,3Km byari bigize isiganwa, Mugisha Samuel yakandagiye igare yanikira abandi.

Yakurikiwe na Twizerane Mathieu, Valens Ndayisenga aza ku mwanya wa gatatu, Jean Bosco Nsenginana aba uwa kane naho Hakiruwizeye Samuel aza ku mwanya wa gatanu. Mugisha Moïse wayoboye isiganwa ibilometero byinshi yasoreje ku mwanya wa gatandatu.

Mugisha Samuel yegukanye igihembo cy’uwegukanye isiganwa ry’uyu munsi naho Gasore Hategeka ahembwa nk’uwegukanye Rwanda Cycling Cup 2018 yose.

Areruya Joseph ntabwo yari mu bihe byiza

2018-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 22 Dec 2022
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse
POLITIKI

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi
Amakuru

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Ubwanditsi 08 Jul 2024
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa
POLITIKI

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Ubwanditsi 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru