• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu ijambo yagejeje ku banyarwanda rifungura umwaka wa 2019, Perezida Kagame yavuze ko hari byinshi byiza u Rwanda rwagezeho mu mwaka ushize ndetse n’ibindi biri imbere ariko ko hari n’akazi kagomba gukorwa kugira ngo ibyifuzwa bigerweho.

Perezida Kagame yagarutse no ku mubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo, avuga ko hari ibitameze neza muri uwo mubano ariko ko harimo gushakwa uburyo bwo kunoza uwo mubano.

Yagize ati “Umubano wacu n’ibihugu bya Afurika umeze neza, ariko haracyari ibibazo duterwa na bimwe mu bihugu duturanye, bamwe mu baturanyi bacu bakomeje kugerageza gufasha kuzanzamura imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nka FDLR, RNC, n’abandi.”

“Ibi bibangamira ibikorwa byiza, ubundi bisanzwe biranga umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba n’umutekano w’aka karere muri rusange.”

“Imyifatire ya kimwe muri ibyo bihugu ntidutangaza, ahubwo dutangazwa n’icyo gihugu kindi, aho ibimenyetso dufite na bo bagomba kuba bafite, byerekana ko bafatanya ku mugaragaro nubwo babihakana mu ruhame. Iki kibazo turakomeza kukiganira n’abaturanyi bacu, mu rwego rw’imikoranire n’imibanire myiza y’ibihugu bya Afurika.”

Perezida Kagame yasoje asaba Abanyarwanda gukomeza gukora imirimo yabo batarangara, no gufasha abatishoboye bafite intege nke.

Umukuru w’igihugu, hamwe n’umuryango we, yaboneyeho no kwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire w’2019.


2019-01-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Ubwanditsi 28 Oct 2019
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Gen. Ruvusha yavuze ku ‘binyoma’ by’abaherutse kwigamba gutera u Rwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2018

9 Ibitekerezo

  1. Sunday
    January 1, 20195:05 pm -

    Ko mbona Kagome ahishijwe nubwoba bwimirabyo zitarahinda se ubwo twebwe nkabaturage dukore iki? Ngirango duhambire utwangushe kuko uwarwishigishiye agiye kurusoma. Igihugu bakigose impande zose.

    Subiza
    • Kalisa
      January 2, 201911:47 am -

      Sunday rwose urasetse abaturage bahe se abo mubana basanzwe mu buhungiro nkawe kubw’ibyaha bakoze cyeretse niba mushaka kongera guhunga mujya kuwundi mugabane.

      Subiza
      • Sunday
        January 2, 20198:31 pm -

        Ko turimunda . Nuko nyine mbona Kagome yatinye ahubwo arihafi nokunnya mumpare

        Subiza
  2. Emmy
    January 3, 201910:17 am -

    Sunday nawe rwose ntubaho ninde wakubwiye ko Presida wacu ari umunyabwoba wa murezi we ngo duhambire ! ahubwo muzakorwa nisoni nkuko musanzwe!nimugaruke mu rwatubye mureke ayo mafuti murimo.ntabwo abanyarwanda tuzemera kongera guhunga ahubwo tugiye guhangana namwe tubahangure izuba riva inda nini yanyu ibabuze amahwemo mwantashima mwe.

    Subiza
    • Sunday
      January 3, 201911:18 am -

      Hahahaha. Ndumva usetsa igihugu twagitashe byarangiye. Ikyo twabasaba muhunge hanyuma duhangane numwanzi, umucyancyuro Kagome

      Subiza
  3. Emmy
    January 3, 20193:03 pm -

    Mugifata!!!!sha uri umuti wamenyo pe.ariko muri kino gihe hari ukibeshya benibyo koko abanyarwanda twamenye ubwenge uzarebe abaandi ubeshya.nimwe bacancuro batagira urukundo rwigihugu naho presida wacu numugabo kandi tumurinyuma muze duhangane niba muri abagabo ibyo bigambo byanyu mubihagarike.

    Subiza
    • Sunday
      January 4, 20195:03 am -

      Bafite amaso ariko ntibarora. Erega kwicyisha abanyarwanda inzara nagafuni niko gukunda igihugu? Mwadusanze mubirindiro byacu mukaroza kumuzika. Abaturage baturinyuma icyoturinze nikomandi maze umucyancyuro areebe muzika nimirabyo

      Subiza
  4. Kalisa
    January 4, 20196:39 pm -

    Utu tunyeshyamba nta ngabo zacu cg police twakoresha mu kutwereka ikosora! DASSO n’abanyerondo b’ubumwuga babadufatira bakabazana.

    Subiza
    • Sunday
      January 5, 20195:49 am -

      Amafoto nayashira ahangaha nte ko nashakaga gushiraho ibyo dukora Kagome mugihugu?

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri  bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema
Mu Mahanga

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yasuye umuryango wa Fred Rwigema

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019
POLITIKI

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru