• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Editorial 01 Jan 2019 ITOHOZA

Burya koko ngo ibibi n’ibyiza birasobekerana! Umwaka wa 2018, wabayemo byinshi byiza ariko n’ibibi ntibyasigara inyuma kuko hari abo watwaye batazasibangana mu mitima y’abanyarwanda bitewe n’ibikorwa bazwiho ndetse n’uruhare rukomeye bagize mu kubaka umuryango nyarwanda.

Muri uyu mwaka u Rwanda rwabuze benshi bagize ubutwari mu byiciro bitandukanye ari nabo tugarukaho muri iyi nkuru. Barimo abanyepolitiki, ibyamamare mu myidagaduro no muri siporo ndetse n’abakozi b’Imana.

Zula Karuhimbi

Ni inkuru yashenguye benshi kumva itabaruka ry’umukecuru Zula Karuhimbi, wamenyekanye nk’umurinzi w’igihango bitewe n’ibikorwa by’indashyikirwa byo kurokora Abatutsi muri Jenoside mu 1994.

Ku wa 17 Ukuboza 2018, nibwo uyu mukecuru w’imyaka 109 yatabarutse aguye aho yari atuye mu Kagari ka Musamo, mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, ari naho yari yarubakiwe inzu.

Karuhimbi yakoresheje amayeri mu kurokora abatutsi kuko yashyiraga igisura (icyatsi kiryana) n’isusa mu nzu ye ndetse akanabisiga ku bikuta by’inzu ngo birye interahamwe zashakaga abantu yahishe. Hari n’igihe yababwiraga ko abateza Nyabingi, bagashya ubwoba bagakizwa n’amaguru.

Karuhimbi wabaye indashyikirwa yahawe umudari w’umurinzi w’igihango, anahembwa kandi n’ Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwahembye Karuhimbi kubera uruhare mu kurokora Abatutsi 100.

Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène

Ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 11 Werurwe 2018, nibwo hamenyekanye inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène, wari Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, watabarutse azize uburwayi bwa kanseri yo mu maraso.

Urupfu rwa Musenyeri Bimenyimana rwashegeje abanyarwanda biganjemo abakirisitu Gatolika na Diyosezi ya Cyangugu yari amaze imyaka hafi 21 abereye umushumba.

Musenyeri Bimenyimana yavutse ku wa 22 Kamena 1953, i Bumazi, Paruwasi Shangi muri Diyosezi ya Cyangugu.

Yahawe Ubupadiri tariki ya 6 Nyakanga 1980, aba Umusaseridoti muri Paruwasi ya Nyundo. Yatorewe kuba Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu tariki ya 18 Mutarama 1997, ahabwa Ubwepiskopi tariki ya 16 Werurwe 1997.

Intego ye ni “In Humilitate Et Caritate” bishatse kuvuga ngo “Mu bwiyoroshye no mu rukundo.”

Yitabye Imana ku wa 11 Werurwe 2018, amaze imyaka 37 n’amezi atandatu ari umusaseridoti n’imyaka 20 n’amezi icyenda ari umwepisikopi wa Cyangugu.

Patrick Mazimhaka

Mu bakurikiranira hafi ibya Politiki mu Rwanda no mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, bashenguwe bikomeye n’urupfu rwa Patrick Kayumbu Mazimhaka witabye Imana ku wa 25 Mutarama 2018.

Mazimhaka yavukiye mu Rwanda tariki 26 Mata 1948. Yaje kuva mu gihugu yerekeza muri Uganda mu 1962 nyuma y’imyaka itatu Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahungira muri iki gihugu.

Ubwo hatangizwaga urugamba rwo kubohora igihugu mu 1990 yari Komiseri wa RPF Inkotanyi ushinzwe imibanire rusange, umwanya yavuyeho atorerwa kuba Vice-Chairman wayo mu 1993 kugeza mu 1998.

Mazimhaka yabaye Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika akaba n’Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gihe cy’imyaka itanu.

Hon. Hamidou Omar Kiyogoma

Hon. Hamidou Omar Kiyogoma, umunyapolitiki wanabaye mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda ni umwe mu bakomeye igihugu cyabuze muri uyu mwaka.

Uyu mugabo wari no mu Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, yitabye Imana ku wa 13 Ugushyingo 2018, azize uburwayi yari amaranye iminsi.

Rtd. CSP Gashagaza

Rtd. CSP Gashagaza Hubert witabye Imana ku wa 17 Nzeri 2018, urupfu rwe rwashegeje benshi dore ko byanavuzwe ko yishwe n’abagizi ba nabi.

CSP Gashagaza wahoze ari Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo nyuma akaza gusezera muri Polisi yapfuye yishwe, umurambo we uboneka mu Karere ka Gasabo ahazwi nk’i Ndera, nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza, RIB.

Yavukiye i Rutarabana mu yahoze ari Komini Murama [ubu ni mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo] ku wa 1 Mata 1965.

Gashagaza witabye Imana afite imyaka 53 yasezerewe muri Polisi y’Igihugu (ari ku rwego rwa Chief Supertendent of Police-CSP) muri Kanama 2016. Yari asigaye akora mu Nkeragutabara.

Padiri Mudahinyuka Charles

Padiri Charles Mudahinyuka ni umwe mu bantu b’amazina akomeye watabarutse muri uyu mwaka. Niwe wahimbye indirimbo ‘Imihigo yacu’ benshi bakunda kwita ‘u Rwanda rw’ejo ruzamenya gusoma.

Padiri Mudahinyuka yitabye Imana ku wa 25 Mutarama 2018, aguye aho yakoreraga ubutumwa muri Paruwasi ya Rukoma iherereye muri Diyosezi ya Kibungo

Dusabinema wiyamamarizaga kuba umudepite

Mu matora y’abadepite aheruka muri Kanama uyu mwaka, niba hari inkuru yakoze benshi ku mutima ni iyavugaga urupfu rwa Dusabinema Consolée, wiyamamarizaga kuba Umudepite ahagarariye icyiciro cy’abagore.

Ku wa 20 Kanama 2018, nibwo Dusabinema yatabarutse azize uburwayi. Mbere yo kwitaba Imana, Dusabinema yari amaze iminsi mu bikorwa byo kwiyamamaza hamwe n’abandi bakandida-depite b’abagore.

Sesiliya wo mu ikinamico Urunana

Muteteri Penina Joy [Sesilia] wamamaye i Nyarurembo mu ikinamico Urunana yitabye Imana ku wa 16 Kanama 2018, azize uburwayi.

Uyu mugore wamaze imyaka myinshi mu ruganda rw’ikinamico akaba ari no mu bakinnyi b’Indamutsa bakanyujijeho mu Rwanda, mu ikinamico zaciye ibintu hambere mu gihugu.

Yibukirwa cyane ku ikinamico yitwa ‘Icyanzu cy’Imana’ yakinnyemo ari umugore wa Mbanzabugabo akaba mukase wa Uwera.

Pasiteri Kamanzi Théophile

Tariki ya 29 Nyakanga 2018 ni bwo Pasiteri Kamanzi Théophile wayoboraga Eglise Apostolique pour le Réveil au Rwanda (EARR) yitabye Imana azize kanseri y’igifu. Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Uyu mugabo yibukirwa mu ivugabutumwa ryagutse yakoze; yari Umuhuzabikorwa w’Igiterane Rwanda Shima Imana.

Pasiteri Kamanzi wavutse ku wa 23 Ukwakira 1953, yari amaze igihe kinini ari umuyobozi wa EARR ifite amatorero agera kuri 36 hirya no hino mu gihugu. Yitabye Imana asize umugore n’abana bane.

Uwimanishaka Prince wari umukinnyi mu ikipe y’igihugu

Urupfu rwa Uwimanishaka Prince rwashenguye imitima y’abanyarwanda benshi by’umwihariko abakunzi ba siporo mu Rwanda.

Uyu musore witabye Imana ku wa 3 Kamena 2018 yakiniraga ikipe ya Telugu Royal Cricket Club n’ikipe y’igihugu ndetse yari mu bagomba guhatanira itike yo kuzitabira igikombe cy’Isi.

Zula Karuhimbi witabye Imana mu Ukuboza yari afite imyaka 109

Uwari umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Musenyeri Bimenyimana yitabye Imana muri Werurwe 2018

Rtd CSP Gashagaza Hubert wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo , yitabye Imana muri Nzeri 2018

Hamidou Omar Kiyogoma (iburyo) ari kumwe na Sheikh Musa Fazil Harerimana bahuriraga mu ishyaka PDI no mu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda

Patrick Kayumbu Mazimhaka wabaye Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika akaba n’Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na we yitabye Imana muri uyu mwaka

Ubwo Mazimhaka yasezerwagaho bwa nyuma

Hamidou Omar Kiyogoma (iburyo) ari kumwe na Sheikh Musa Fazil Harerimana bahuriraga mu ishyaka PDI no mu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda

Dusabinema wiyamamarizaga kuba umudepite yitabye Imana muri Kanama

Nyiramariza yavuze ko mugenzi we Sesiliya (hagati) yari amaze igihe yarazahajwe n’umutima

Pasiteri Kamanzi Théophile wayoboraga Eglise Apostolique pour le Réveil au Rwanda (EARR)

 

Uwimanishaka Prince wakiniraga ikipe ya Telugu Royal Cricket Club n’ikipe y’igihugu

Mudahinyuka Charles ntazibagirana kubera inganzo ye

Dr. Byamungu wakoraga muri BRD n’ abana be 4 n’umugore bapfiriye  mu mpanuka barijije abantu benshi

Iyi mpanuka y’ imodoka yabereye mu karere ka Lwengo mu muhanda Masaka Mbarara, Uganda, yaguyemo Abanyarwanda batanu bo mu muryango umwe.

Nyakwigendera Dr. Byamungu Livingstone

Ni  impanuka idasanzwe  yabaye ku Cyumweru tariki 30 Ukuboza 2018. yahitanye umuryango wose urimo abana n’umugore wa Dr. Byamungu Livingstone wari ushinzwe ishoramari muri RDB.

Byamungu Livingstone yari agiye muri Uganda gusura umukecuru we wari umaze iminsi arwaye. Yari yajyanye n’ abuzukuru ngo basuhuze nyirakuru.


Madamu wa Nyakwigendera nawe yitabye Imana nyuma yo kujya muri koma



Aba ni bamwe mu bana bitabye Imana muri iyi mpanuka


Uko iyi mpanuka yegenze, iyi modoka yo mubwoko bwa V8 yagonzwe n’ikamyo



Abitabye Imana ibahe iruhuko ridashira

Src: Igihe

2019-01-01
Editorial

IZINDI NKURU

Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Editorial 16 Jan 2017
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Editorial 10 Mar 2020
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Editorial 16 Aug 2017
Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Editorial 08 Mar 2019
Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Editorial 16 Jan 2017
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Editorial 10 Mar 2020
Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Editorial 16 Aug 2017
Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Editorial 08 Mar 2019
Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Umurundi Nahimana Thomas, ari guteka umutwe muri Amarika

Editorial 16 Jan 2017
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Editorial 10 Mar 2020
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 1, 20195:44 pm -

    Uyu Gashagaza se ntiyishwe? Hakorwe iperereza berekane uwamwishe, bitabaye ibyo kubyandika aha ntacyo byaba bimaze.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru