• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Ubwanditsi 09 Jan 2019 POLITIKI

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’akazi mu Buyapani, Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Madamu Akie Abe.

Perezida Kagame Paul na Madamu batangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Buyapani ku wa Kabiri, tariki ya 8 Mutarama 2019.

Mu musangiro wahuje Madamu Jeannette Kagame na Madamu Akie Abe bagiranye ibiganiro, banahana impano.

Madamu Jeannette Kagame azwi mu bikorwa bitandukanye byo guharanira iterambere.

Abinyujije mu miryango itandukanye abereye umuyobozi, irimo na “Imbuto Foundation”, Madamu Jeannette Kagame agira uruhare mu bikorwa byo guteza imbere imiryango itishoboye, kuba hafi no kuganiriza impfubyi, guteza imbere uburezi n’uburere bw’umwana w’umukobwa, gushyigikira abanyeshuri b’abahungu n’abakobwa b’abahanga badafite ubushobozi, gushyigikira gahunda y’imbonezamikurire mu bana bato n’ibindi.

Agira kandi uruhare mu kurwanya agakoko ka virusi itera SIDA,guharanira ko uburyo bwo kuboneza urubyaro bugezwa kuri bose, guhugura no kongerera ubumenyi urubyiruko rufashwa kuba abaturage bafitiye igihugu akamaro, n’ibindi.

Madamu Akie Abe na we azwi mu bikorwa bitandukanye nko kuba ari Umuyobozi w’Umuryango Foundation for Social Contribution mu Buyapani, uhemba indashyikirwa zagize uruhare mu bikorwa bizamura umuryango.

Ni impirimbanyi mu guteza imbere uburezi n’abagore muri Aziya, by’umwihariko muri Myanmar, igihugu cyibasiwe n’intambara ndetse bamwe bafata nk’ikirimo Jenoside ikorerwa ubwoko bw’Aba-Rohingya.

Mu Buyapani, Madamu Akie yatangije “UZU Workshop”, urubuga rutegurirwamo ibiganiro bigamije gufasha no kuvugira abagore.

Mu biganiro byahuje Madamu Jeannette Kagame na Madamu Akie Abe, ku ruhande rw’u Rwanda, byitabiriwe Umujyanama wa Madamu Jeannette Kagame, Radegonde Ndejuru; Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni; n’Umunyamabanga we Tessy Rusera.

Byari byitabiriwe kandi n’Umujyanama wihariye wa Madamu Akie Abe ari we Noriko Tanaka; Umuyobozi w’umuryango Fukudenkai, Takaaki Ota; Masato Yamata Social Welfare Protection wa Fukudenkai; umufasha wa Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Miyako Miyashita; n’Umuyobozi ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Buyapani, Mariko Kaneka.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwabo, Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami, Akihito, wari kumwe n’Umwamikazi Michiko.

U Rwanda n’u Buyapani bifitanye umubano ukomeye w’igihe kirekire ushingiye ku bufatanye mu iterambere ry’ubukungu, ubucuruzi, ishoramari, ubufasha mu bya tekiniki n’ibijyanye no kubaka ubushobozi.

Mu 2017, ubucuruzi u Rwanda bwakoranye n’u Buyapani bwabarirwaga muri miliyoni 57 z’amadolari ya Amerika. Ishoramari ry’u Buyapani mu Rwanda ryari rifite agaciro ka miliyoni $21 485, rikaba ryarahanze imirimo 178.

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda babaherekeje basangira n’itsinda ry’abo mu Buyapani, mu isangira ryateguwe na Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe

Madamu Jeannette Kagame ashyikiriza impano Akie Abe

Madamu Jeannette Kagame yakira impano yahawe na Akie Abe

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’Umwamikazi Michiko w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe na Akie Abe, umugore wa Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame na Akie Abe

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahabwa ikaze n’Umwami w’abami Akihito n’Umwamikazi Michiko

Perezida Kagame ahabwa ikaze n’Umwami w’abami Michiko

Perezida Paul Kagame ari kumwe na Akihito mu ruzinduko bagiriye ibwami

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame, Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe n’umugore we Akie Abe

2019-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

RUSHYASHYA 06 May 2026
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Ubwanditsi 18 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid
Amakuru

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo
POLITIKI

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Ubwanditsi 07 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru