• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019 Mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu Rwanda (RGB), bugaragaza ko abaturage bibona mu itangazamakuru ku kigereranyo cya 75.3% kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Byagaragajwe mu cyumweru gishize mu Karere ka Ngoma, mu biganiro byahuje ubuyobozi bwa RGB, abayobozi b’aka karere na njyanama, abafatanyabikorwa b’Akarere n’abanyamakuru.

Ibi biganiro bikaba byari bigamije gusobanura ku itegeko ryo kubona no gutanga amakuru ndetse no kunoza imikoranire hagati y’inzego z’ubuyobozi n’abanyamakuru.

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza na JADF muri RGB, Afrika Alexis yavuze ko mu bushakashatsi bakoze basanze abaturage bibona mu itangazamakuru cyane kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Yakomeje avuga ko ahanini ikibitera ari uko rimwe na rimwe abaturage bashobora kugeza ikibazo ku muyobozi ntabashe kugikemura bigatuma bamutera icyizere.

Ati “Hari igihe umuyobozi runaka ashobora gukoresha inama abaturage ntibamubwire ibibazo bafite kuko batizeye ko yabikemura, nyamara yagenda haza umunyamakuru bakirekura bakavuga ibibazo byabo”.

Avuga ko impamvu ibitera ari uko baba badafitiye icyizere wa muyobozi ko yakemura bya bibazo mu gihe babibwira umunyamakuru bagasigara bizeye ko biri bukemuke.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi, Kajangana Jean Aimé, yasabye abayobozi kwita ku gutanga serivisi nziza ku baturage.

Ati “Urugero nabaha, umuturage naguhamagara kuri telefoni akwaka amakuru runaka ntukange kuyamuha ngo nuko ari umuturage mufashe umusobanurire neza, umubwire bimwe nibyo wabwira umunyamakuru aguhamagaye bizadufasha kugirirwa icyizere n’abaturage tuyobora.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, asanga impamvu ituma abaturage bagirira icyizere abanyamakuru kurusha abayobozi ari uko badahurira mu bintu bisaba ko babahana.

Ati “Wowe nk’umunyamakuru nta mabwiriza n’amategeko utanga ku muturage mu gihe atatanze mitiweli ku buryo muri bugongane cyane, ariko umuyobozi hariya arahura na we kenshi mu misoro y’ubutaka, ntiyatanze mitiweli n’ibibindi byinshi”.

Yavuze ko ibyo byose bituma umuturage yakwisanzura ku munyamakuru kurusha uko yakwisanzura ku muyobozi.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’itangazamakuru muri RGB, Gerard Mbanda, avuga ko abaturage bizera cyane itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis avuga ko impamvu abaturage bizera itangazamakuru cyane ari uko badahurira muri byinshi bibagiraho ingaruka mbi

Kajangana Jean Aimé, Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi yasabye abayobozi kuvugisha abaturage nk’uko bavugisha itangazamakuru

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi

Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi

Ubwanditsi 10 May 2017
Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Gakenke: Nyuma ya siporo rusange, abaturage bakanguriwe kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Ubwanditsi 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump
HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yagaragaje impamvu avuga ko akunda Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “
INKURU NYAMUKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Ubwanditsi 14 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru