• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Ubwanditsi 16 Jan 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, muri uyu mwaka, biteganyijwe ko azayobora inama nyunguranabitekerezo ku bibazo biri muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, RDC, nyuma y’amatora aheruka y’umukuru w’igihugu.

Iyi nama iteganyijwe ku wa Kane tariki 17 Mutarama 2019 i Addis Ababa ku cyicaro cya AU, ikazahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma 16.

Biteganywa ko iyo nama izabanzirizwa n’iy’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo, SADC n’u Rwanda rurimo.

Nyuma y’amatora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo yatangajwe ni uko umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Felix Tshisekedi ari we wayatsinze. Gusa intsinzi ye ntiyishimiwe na Martin Fayulu nawe wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kutakira ikirego cya Fayulu usaba ko amajwi yongera kubarurwa, busaba ko cyateshwa agaciro kuko nta bimenyetso bifatika afite byerekana ko bitakozwe mu mucyo.

Umuryango wa SADC nawo uheruka kugira inama RDC yo kongera kubara amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu.

Wasabye ko harebwa uko hashyirwaho Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu ihuriweho n’uruhande rwa Fayulu n’urwa Félix Tshisekedi watangajwe ko ariwe we watsinze ariya matora.

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat yashimiye abanye-congo uburyo bitwaye.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi we Ebba Kalondo, Perezida wa Komisiyo ya AU yasabye inzego zose bireba gukora mu buryo budahungabanya ituze na demokarasi.

Ati “Muri urwo rwego, ni ngombwa kuvuga ko ushaka kugaragaza ukundi abona ibyavuye mu matora harimo nko kutemera amajwi yabaruwe, byakorwa mu ituze binyuze mu nzira zateganyijwe n’amategeko ndetse n’ibiganiro bya politiki hagati y’abo bireba bose.”

Hategerejwe itangazwa ry’ibyavuye mu matora mu buryo ndakuka, mbere y’uko Perezida ugomba gusimbura Joseph Kabila wayoboraga RDC guhera mu 2001, arahirira inshingano ze.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 03 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda
ITOHOZA

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi
Amakuru

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26
Mu Rwanda

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Ubwanditsi 01 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru