• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu
Merhawi Kudus ukinira ASTANA (wambaye umuhondo) na Badilatti Matteo wa Israel Cycling Academy bakomeje kuyobora kuva i Jomba kugera mu nkengero z’umujyi wa Rubavu

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Editorial 26 Feb 2019 IMIKINO

Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda, kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019 ryari rigeze ku munsi waryo wa gatatu. Abasiganwa 77 bahagurutse saa mbili zuzuye i Huye berekeza i Rubavu, ku ntera ya Kilometero 213 na metero 100, iyi ikaba ari yo ntera ndende kurusha izindi mu mateka ya Tour du Rwanda.

Umunya-Eritrea Merhawi Kudus ukinira ikipe yabigize umwuga ya ASTANA wari wegukanye agace ka kabiri kavaga i Kigali kajya i Huye, yongeye gukora amateka yegukana agace ka gatatu k’iryo siganwa kava i Huye kugera i Rubavu.

Merhawi Kudus yacomotse mu gikundi ubwo bari bageze ahitwa Jomba, akomeza kugendana na Badilatti Matteo wa Israel Cycling Academy kugera mu nkengero z’umujyi wa Rubavu.

Ni isiganwa ryahagurukiye imbere y’inzu mberabyombi y’akarere ka Huye, hahagruka abakinnyi 77 nyuma y’aho uwitwa ZANG ONDOA Jacques ukinira Cameroon yaje kugurwa mu irushanwa nyuma yo kuhagera hashize iminota 49.

Bamaze kurenga I Nyanza, isiganwa ryatangiye kuyoborwa na Guillonet Adrien wa Interpro na Kasperkiewicz Przemyslaw wa Delko Marseille, na Rohan Du Plooyy wa Protouch, ndetse n’umunyarwanda Mugisha Moise, aba bakomeje kugenda bayobora isiganwa kugera Muhanga.

Batangiye kugera mu misozi ya Ngororero, ibintu byaje guhinduka maze ikipe ya ASTANA itangira kuyobora igikundi ishaka uko yanakomeza kuyobora n’irushanwa muri rusange.

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslav wa Delko Marseille yaje kongera kuyobora isiganwa wenyine, gusa mu minota mike n’igikundi kirimo Merkawi Kudus cyiza kumufata isiganwa rikomeza kuyoborwa n’abakinnyi batandatu.

Merhawi Kudus yaje gukomezanya na Badillati Matteo wa Israel cycling Academy bayobora isiganwa kuva Jomba kugera mu mujyi wa Rubavu, ariko Merhawi Kudus ahagera wenyine, yashyizemo ikinyuranyo cy’amasegonda 15.

Nyuma y’iminota 9 n’amasegonda 52, nibwo igikundi kirimo Abanyarwanda cyatungutse, barangajwe imbere na Areruya Joseph ndetse na Valens Ndayisenga wari kumwe na Manizabayo Eric.

Urutonde rusange rw’uko isiganwa ryagenze ku munsi waryo wa gatatu:

1 Merhawi KUDUS Astana Pro Team 05H21’15″
2 Rein TAARAMAE Direct Energie 05H21’30″
3 Matteo BADILATTI Israel Cycling Academy 05H21’58″
4 Hernan Ricardo AGUIREE CAIPA Interpro Cycling Academy 05H22’13″
5 Rodrigo CONTRERAS PINZON, Astana Pro Team 05H29’17″
6 Henok MULUEBERHAN, ERYTHREE 05H30’42″
7 Nikita STALNOV, Astana Pro Team 05H30’42″
8 Jeremy BELLICAUD, Equipe De France Espoirs 05H30’49″
9 David LOZANO RIBA, Team Novo Nordisk 05H31’07″
10 Joseph ARERUYA, Delko Marseille Provence 05H31’07″

Urutonde rusange nyuma y’agace ka gatatu

1 KUDUS Merhawi ASTANA PRO TEAM ERI 11h05’04’’
2 TAARAMAE Rein DIRECT ENERGIE EST 11h05’21’’ 
3 BADILATTI Matteo ISRAEL CYCLING ACADEMY SUI 11h05’49’’ 
4 AGUIRRE CAIPA Hernan Ricardo INTERPRO CYCLING ACADEMY COL 11h06’04’’ 
5 CONTRERAS PINZON Rodrigo ASTANA PRO TEAM COL 11h13’08’’ 
6 STALNOV Nikita ASTANA PRO TEAM KAZ 11h14’33’’ 
7 * BELLICAUD Jeremy EQUIPE DE FRANCE ESPOIRS FRA 11h14’40’’ 
8 MULUEBERHAN Henok ERYTHREE ERI 11h14’45’’ 
9 * ARERUYA Joseph DELKO MARSEILLE PROVENCE RWA 11h14’58’’ 
10 TESFOM Sirak ERYTHREE ERI 11h14’58’’ 
11 KANGANGI Suleiman KENYA KEN 11h14’58’’ 
12 NDAYISENGA Valens RWANDA RWA 11h14’58’’ 
13 ANDEMESKEL Awet 10022516007 ISRAEL CYCLING ACADEMY ERI 11h14’58’’ 
14 LOZANO RIBA David TEAM NOVO NORDISK ESP 11h15’22’’ 
15 MANIZABAYO Eric BENEDICTION EXCEL ENERGY RWA 11h15’27’’ 
16 KARIUKI John KENYA KEN 11h18’40’’ 
17 DEBESAY ABREHAM Yakob ERYTHREE ERI 11h18’59’’ 
18 MUNYANEZA Didier BENEDICTION EXCEL ENERGY RWA 11h18’59’’ 
19 HENTTALA Joonas TEAM NOVO NORDISK FIN 11h18’59’’ 
20 2 HAILEMICHAEL Mulu DIMENSION DATA FOR QHUBEKA ETH 11h18’59’’

Aya ni amwe mu mafoto yaranze urwo rugendo:

 Src: KT

2019-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Editorial 22 Nov 2020
Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Editorial 13 May 2021
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Editorial 23 Jan 2018
U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Editorial 15 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Linda wabaye igisonga cya kabiri muri Miss Rwanda yerekeje mu mujyi wa Lagos
SHOWBIZ

Miss Linda wabaye igisonga cya kabiri muri Miss Rwanda yerekeje mu mujyi wa Lagos

Editorial 19 Nov 2017
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi
Amakuru

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Editorial 22 Mar 2023
Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma
Amakuru

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Editorial 11 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru