• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Editorial 22 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ku wa  05 Werurwe 2019, muri Komini ya Buganda, itsinda rinini rigizwe n’imitwe yitwaje intwaro ari yo FDLR na RNC binjiye ku butaka bw’u Burundi, baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,  hari saa mbiri z’igitondo.

Abaturage bo ku muhanda wa 4 muri komini ya Buganda, babyukijwe no kumva igihiriri cy’abantu benshi baturutse kuri Rusizi, kuko aho hantu bihana imbibi.

Amakuru Rushyashya ikesha bimwe mu bitangazamakuru mu Burundi, avuga ko abo baturage baturiye iyo komini, batunguwe n’uburyo abo bantu bavugaga mu rurimi bumva ntacyo bishisha ari cyo ‘‘ikinyarwanda’’.

Amakuru avuga ko icyo gihiriri  cy’abantu bitwaje intwaro cyanyuze aho, gikurikirwa n’irindi tsinda ry’abantu kandi bari banyuze ho mu byumweru bibiri bishize muri Komini ya Mabayi muri iyo ntara.

Abaturage ntabwo bahwemye gukomeza kubibwira ubuyobozi ko bafite ubwoba n’impungenge ziterwa n’urujya n’uruza rw’abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari  FDLR , Imbonerakure n’Interahamwe zijya mu ishyamba rya Kibira zivuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyo mitwe yitwaje intwaro igizwe na FDLR , RNC,  Imbonerakure n’interahamwe biganje mu duce twa Butahama no ku musozi wa Rutabo. Mu gihe iyi inkuru yatunganywaga, umubare w’uyu mutwe witwaje intwaro, bari mu duce dutandukanye mu Kibira, ugenda wiyongera.

Uyu mubare  kandi w’izo mbonerakure n’interahamwe wakomeje kwiyongera uhereye ku wa 06 Werurwe 2019, nkuko byavuzwe na bamwe mu baturage baturiye ako gace.

Uwaduhaye aya makuru avuga ko mu modoka ishinzwe kujyana iyo mitwe y’itwaje intwaro, abayobozi batatu muri bo boherejwe aho hantu. Aho babiri boherejwe i Mabayi na ho undi yoherezwa muri Komini Mugina, abandi bajyanwa muri zone ya Nyamakarabo mu gace kazwi ku izina rya Nyempundu.

Iyo myiteguro,  igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda,  baciye mu ishyamba rya Nyungwe ngo yaba yarakomeje kugeza ku wa 10 Werurwe 2019.

Ikigamijwe ni uguhuza ingufu, y’iyo mitwe  yose yitwaje intwaro  irimo Imbonerakure  n’interahamwe zituruka muri Komini ya Rugombo na Buganda n’abandi boherejwe muri Komini Mabayi na Bukinanyana. Bayobowe n’uwitwa Manirakiza Safiri bakunze kwita Maître.

Uwo kandi avuga rikijyana, azwi n’abaturage bo muri Cibitoki, kuko yagiye ayobora amahugurwa y’imitwe yitwaje intwaro y’Imbonerakure, agamije icyo gikorwa. Ayo mahugurwa yakorwaga mu byumweru byinshi mu gihe cy’amanywa y’ihangu, bigakorerwa muri Sitade ya Rugombo, ku mugaragaro ku karubanda abantu bose babihera ijisho.

Tubamenyeshe ko iyo mitwe yitwaje intwaro  irimo Imbonerakure, n’interahamwe boherejwe Mabayi, bigaragara ko muri iyo komini gusa, hari abagera ku mubare w’abantu 80.

Muri abo, abantu 50 ni bo bagannye mu ishyamba rya Kibira naho 30 basigara mu rugo rw’umujenerali witwa Adolphe. Amakuru dufitiye gihamya ni uko igikorwa cyo kohereza bamwe muri bo cyatangiye boherezwa iy’ishyamba rya Nyungwe, bafatanyije n’umutwe w’iterabwoba FDLR na RNC, kuko bashyigikiwe n’Ingabo z’Uburundi.

Inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda zirasaba abaturage b’Abanyarwanda begereye umupaka n’Uburundi kwirinda icyatuma bakora ingendo bajya muri Gihugu cy’u Burundi.

Mu gihe bimeze gutyo ,Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburasirazuba, Gen. Maj. Mubarak Muganga, yihanangirije abaturiye ikigo cya gisirikare cya Gako giherereye mu Karere ka Bugesera, bajyagamo batabyemerewe bakiha no guhangana n’ingabo z’igihugu.

Gen. Maj. Mubarak yanavuze ko hari abakoresha iryo shyamba bazana ibiyobyabwenge bakuye i Burundi, abandi baza guhungabanya umutekano , asaba abaturage kubicikaho. “Mugabanye akarenge kajya i Burundi kugeza bavuye ibuzimu bakajya i buntu” .

Ni mu kiganiro cyahuje ku wa gatatu umukuru w’ingabo mu ntara y’uburasirazuba ndetse n’umuyi wa Kigali, Jeneral Mubarak Muganga, ari kumwe na guverineri w’iyo ntara n’abaturage abo bayobozi basobanuye ko nta mpamvu ihari y’abanyarwanda kujya mu Burundi mu gihe umubano n’icyo gihugu utifashe neza.

“ Ntampamvu yo kujya hariya hiriya hakurya rwose.” Jeneral Mubarak Muganga akomeza agira ati; “ Gushakana turabyemera ,arikokuberako bariya bavandimwe muri iyi minsi ari kuriya bimeze abajyaga gushakayo abageni ni muhindukire natwe dufite abageni wenda duhere mu ntara yacu mu turere 7 harimo abageni igitero.” Jenerali Muganga akomeza avuga ko ataje gutandukanya imiryango ariko ko hari impamvu abasaba kwigegesera.

“ Batubereye abaturanyi babi namwe murabahobera cyane aho kumva mwarasanira Igihugu cyanyu  kitwa u Rwanda mwumva mwarasanira ba sobukwe na ba nyokobukwe, ubu rero mwaba mugabanyije akarenga kajya hariya kugeza ubwo bava ibuzima bakajya ibuntu mukagabanye nabo mwakiraga hano kuko baza bazanywe na byinshi.”

Jenerali Muganga yasabye abaturage kureka kwigabiza ishyamba rya Gako maze asobanura ko iri shyamba rishobora kwifashishwa n’abagizi ba nabi ko kuri ubwo; uwari we wese uzarifatirwamo atazihanganirwa.

Ku ruhande rw’abaturage begereye umupaka w’Uburundi, benshi bemeza ko batakwerekeza muri icyo gihugu,ko ahubwo usanga Abarundi aribo bambuka.

Kuva aho umubano w’u Rwanda n’Uburundi uziyemo agatotsi,ni bwo bwa mbere inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda zigira inama abaturage kutajya mu Burundi.

Iki cyemezo kije gikurikira igiherutse gufatwa na Leta y’u Rwanda kibuza Abanyarwanda gukora ingendo mu gihugu cya Uganda. Leta y’u Rwanda isobanura ko Abanyarwanda bagiye Uganda bahura n’ihohoterwa.

2019-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Editorial 24 Nov 2016
Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Editorial 23 Oct 2021
BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 15 Jan 2021
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Editorial 24 Nov 2016
Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Editorial 23 Oct 2021
BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 15 Jan 2021
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Editorial 24 Nov 2016
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    March 22, 20195:04 pm -

    Abari namatwi yo kumva nibumve kandi nyamwanga kubwirwa ntiyanze kubona .reka twicungire umutekano abamenyereye kumena amaraso bamenye KO Igihugu cyacu kirinzwe nabana bacyo n’Imana iri muruhande rwacu.nkuko yarinze abanyesirayeli soma 2Abami 6:8-23.umugambi mubi Imana ntiwuha umugisha.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru