• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Ibumoso : Ndahimana JP,umuyobozi w'ikigo nderabuzima cya karongi, Dorcella Mukashema V/M ushinzwe imibereho myiza y'Abaturage na Bahati Innocent [ ABASIRWA ]

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019 Mu Rwanda, POLITIKI

Ubwo urugaga rw’Abanyamakuru bandika kuri Sida, n’iterambere ry’ubuzima mu Rwanda (ABASIRWA), rwasuraga akarere ka Karongi tariki ya 26-27/03/2019, ku bitaro bikuru bya Kibuye ndetse n’ikigo nderabuzima cya Karongi.

Mu cyumba cy’inama ku kigo nderabuzima cya Kibuye, tariki ya 27/03/2019, baganiriye n’ababana n’ubwandu bwa Sida bakora umwuga w’uburaya, bagaragariza abanyamakuru ibibazo bitandukanye bahura nabyo mu buzima busanzwe, byaje gusubizwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwari buhagarariwe na Visi Meya Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage Dorosera Mukashema.

Umwe mu bakora umwuga w’uburaya, bibaye ngombwa ko tudatangaza amazina ye ubarizwa muri koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere “”, yavuze ko ari mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe, bimukomerera cyane kwishyurira umwana we wiga mu mashuri yisumbuye amafaranga yo kurya saa sita.

Akomeza avuga ko biba bitanamworoheye kwishyura inzu nkaswe ibiryo by’umunyeshuri ku ishuri, ngo kuko niyo yiboneye umukiriya wiyambariye neza nyir’inzu amumerera nabi amwishyuza, nyamara ngo uwo musirimu aba yamuhonze 1,500 Frw cyangw 2,000 Frw ijoro ryose. We akaba asanga kuba mu cyiciro cya gatatu bimwicira amahirwe menshi.

Undi yavuze ko iyo agiye k’umuhanda akabona igishoro akagura ibase y’amapera, agira ngo yikure mu buraya DASSO iza ikabimena, bityo nimugoroba akitunganya akisubirira mu buraya.

Undi yagize ati” ujya mu muhanda gutega abagabo bakagufata bakakujyana kugufungira Tongati, ko tuba dusize abana mu rugo n’ibintu byacu ubwo se ntibabyiba. Bakatujyana i Mwenda n’imodoka, hanyuma bazaturekura tukagaruka n’amaguru aho dukora urugendo rw’iminsi itatu.

Bamwe siko babibona ahubwo bavuga ko iyo koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere” hari  akamaro yabamariye, aho bagurizwa amafaranga mu matsinda bagakora ubucuruzi buciriritse mu isoko rya Kibuye, bakabona ibyo barya n’ibyo bambara ndetse ngo bakanishyura n’inzu.

Madamu Uwimana Cecile, uhagarariye koperative “Twihangirumurimo Tumusezerere”,

Utakibarizwa mu mwuga w’uburaya, uri mu buzima busanzwe, yavuze ko batangiye kugira

Igitekerezo cyo gushinga ishyirahamwe ry’ababana n’ubwandu bakora umwuga w’uburaya mu

2013, bise” Tumusezerere Karongi”, batangiye ari abanyamuryango 41, nyuma umwe aza gupfa

Basigara ari 40. Madamu Uwimana Cecile, yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda bubinyujije mu kigo nderabuzima

Cya Kibuye, ngo iyo bapimye umuntu bagasanga yaranduye bahita bamutangiza imiti. Yavuze

Ko abibaruje bakora umwuga w’uburaya mu karere ka Karongi ahagarariye ari 325 Bwishyura, Gitesi 50, Rubengera 180, Mubuga 120, no muri Gashari 80, bose hamwe ni 755.

Visi Meya Ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Karongi Dorosera Mukashema, yashimiye ABASIRWA, agira ati” Tubashimiye ko muri abafatanyabikorwa b’imiberehomyiza mu cyorezo cya Sida. Twabagaragarije uko dufasha uwo bapimye bagasanga yaranduye, aho ahita ahabwa imiti, kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Sida, no gukumira ko habaho ubwandu bushya”.

Ati” Ikibazo cy’icyiciro cya gatatu cy’ubudehe bamwe mu baba mu buraya babarizwamo, yavuze ko biva ku kutumva neza imikorere ya mutuelle de santé, yibukije ko abo bakora umwuga w’uburaya ari abanyarwanda bari mu muryango nyarwanda.

Ati”Iyo rero ananiye umuryango avukamo akajya muri uyu mwuga w’uburaya, twe tuba twaramubaruye mu muryango akomokamo, akava aho avuka akaza hano mu mujyi wa Kibuye, gukora uburaya ariko akomeza kubarurwa mu cyiciro cy’iwabo. Urumva rero uwo mwana agomba kwishyura ibyo kurya, kuko icyiciro abaruyemo ariko bigomba kugenda. Ahubwo twe nk’ubuyobozi twumva bava mu buraya bagasubira mu buzima busanzwe nk’abandi banyarwanda”.

Kuba Dasso ibamenera ibyo bacuruza, nyuma bakazajya no gufungwa baba bafatiwe mu buraya cyangwa muri ubwo bucuruzi.

Aha yasubije ko ubuyobozi bw’Akarere bwubatse isoko rinini, ubucuruzi bwo kubungana ibicuruzwa ku mutwe, mu mujyi ugendwamo n’abakerarugendo batandukanye bitagaragara neza, mu gihe mu isoko hari n’imyanya yabuze abayicururizamo. Aboneraho kugira inama abagitekereza kubungana ibicuruzwa k’umutwe, kwishyarahamwe bakabaha umwanya mu isoko kuko ngo n’ubundi isanzwe ihari ari ukubereka gusa aho batereka ibicuruzwa byabo.

Naho gufungwa yavuze ko ari ikigo ngororamuco kiri i Mwendo,  aho bajya kubagororera babona bamaze guhindura imyumvire bakabarekura, ariko ngo ntibabatware mu modoka bagasubira iwabo nk’igihano kugira ngo ikosa bafatiwe baricikeho. Naho kuba bagaruka bahagenze iminsi itatu, yavuze ko ari ukubeshya ari urugendo rutangeje amasaha abiri n’igice, aho ngo bagaruka basubiza ubwenge ku gihe birinda kugwa mu ikosa baguyemo.

Visi Meya Dorosera Mukashema, yagize ati” Icyo twifuza nuko uriya ukora uburaya yava muri buriya buzima bwo gutegereza ibimwizaniye, agashirika ubute agahanga umushinga, noneho ubuyobozi bugatera inkunga uwo mushinga”

Yashoje avuga ko ingamba nshya zihari ari ugukumira ubwandu bushya bwa Sida, no gukumira ku bagore batwite babana n’ubwandu bwa sida bakabyara abana bazima, aho yemeje ko bigeze ku rwego rushimishije.

Burasa Jean Gualbert

2019-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Ubwanditsi 05 May 2016
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Ubwanditsi 04 Dec 2018
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017
RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa
Mu Mahanga

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Ubwanditsi 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru