• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Editorial 16 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amakuru ava Uganda agera ku kinyamakuru Rushyashya, aravuga ko abagize komite y’Ururembo PCIU/ADEPR (Pentecote Church International Uganda) bandikiye ubuyobozi bukuru bwa ADEPR mu Rwanda ko bwafashe icyemezo cyo gukora bigenga. Bavuga ko byakuruwe n’ibibazo byari bihari ubuyobozi bw’iri torero mu Rwanda bwagiye bwirengagiza nkana. Abandi bakavuga ko byakuruwe n’igitutu cya RNC ya Kayumba Nyamwasa na CMI k’ubufatanye na Brig. Abel Kandiho uyobora ururwego rw’iperereza rya Gisilikare muri Uganda.

Ni ibaruwa yo ku wa 13 Gicurasi 2019, ivuga ko bafashe icyemezo cyo kwigenga nyuma y’umwiherero wabaye ku wa 26 Mata 2019, wahuje abayobozi b’amatorero y’uturere, ngo ubuyobozi bukuru bwa ADEPR/Rwanda bwerekwa ibibazo bibugarije birimo n’iby’umutekano muke muri Uganda ariko ntibagira icyo babikoraho nkuko irenga.com kibivuga.

Bagize bati “Twebwe nk’abashumba b’uturere byabaye ngombwa ko duhura tugashakira hamwe icyagarura amahoro n’umutekano mu itorero, dukurikije inama z’ubuyobozi bw’igihugu cya Uganda”.

Dore ingingo eshatu bavuga ko bashingiyeho biyomora kuri ADEPR/Rwanda. Bagize bati “Dusanze mu nyandiko y’umwiherero w’abashumba b’uturere wabaye ku itariki yavuzwe haruguru ntacyo mwabikozeho, None inama ihisemo gutora umuyobozi w’inama nkuru nk’uko amabwiriza y’itorero abivuga”. Iyindi ni “Inama yemeje ko umuyobozi w’inama abaye Rev.Muhawe Théogene”.

Ingingo ya Gatatu bavuga, ngo ni ibiganiro bitandukanye byagiye biba hashakishwa ibyagarura amahoro, umutekano n’ituze mu itorero rya Uganda.

Nyuma y’iyi baruwa, ADEPR/Rwanda yamenyeshejwe ko ubu bagiye kwishakira ibyangombwa, bahindura izina bahita bitwa PCIU, kurenganura abarenganijwe n’ubuyobozi bwariho, gukurikirana imitungo y’itorero,….

Uku kwigumura kubaye mu gihe hari hashize iminsi havugwa amakuru y’ifatwa rya bamwe mu bayobozi ba ADEPR/Uganda bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda muri Uganda, mu gihe ibi bihugu byombi bitabanye neza.

Hashize iminsi ibiri, Umuvugizi wungirije wa ADEPR/ Rwanda, Pasiteri John Karangwa yemeje amakuru ya Hakizimana Bright na Nsabimana Moses, basanzwe ari abayobozi mu itorero rya ADEPR muri Uganda, bivugwa ko bashimuswe ku Cyumweru tariki ya 12 Gicurasi 2019, n’abakozi b’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI).

INKURU BIFITANYE ISANO:

CMI Na RNC Bibasiye Abayoboke B’Itorero ADEPR Muri Uganda, Banze Kuyoboka Umugambi Wa Kayumba Nyamwasa

Iri shimutwa ryabaye kandi mu gihe mu kwezi kwa Gatatu Pasiteri Ntakirutimana Theoneste na we yatawe muri yombi mu buryo nk’ubwakoreshejwe kuri Hakizimana ajyanwa ari kumwe n’undi witwa Cyusa Jean Paul. Pasiteri Ntakirutimana yaje gufungurwa ngo amaze amezi abiri akorerwa iyicarubozo ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda.

Ku wa 15 Mutarama 2016, nibwo Abajyanama b’inteko rusange isanzwe ya ADEPR bateraniye i Kigali ku nyubako zayo ziri ku Gisozi barebera hamwe uko umwaka wa 2015 wagenze mu Ivugabutumwa, Imibereho myiza, Ubukungu n’iterambere n’Imibanire myiza n’izindi nzego bafatiramo imyanzuro itandukanye irimo no kongera indembo.

Inteko rusange yemeje ko ADEPR-PCIU (Pentecostal Church International of Uganda) ari Ururembo rwa gatandatu mu ndembo zigize Itorero ADEPR, icyo gihe rwahawe kuyoborwa na Rev. Karangwa John wari wungirijwe Rev. Nyirimpeta Anastase.

Hari hemejwe ko umukristo wa ADEPR uzajya ajya muri Uganda, kwiga cyangwa gukorerayo, azajya ahabwa urwandiko rw’Itorero rutuma yakirwa muri ADEPR ishami rya Uganda.

Aganira n’ikinyamakuru Irenga.com, Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Ephraïm yemeje aya makuru ariko ashimangira ko ari bamwe mu bakirisito bashatse kugenda. Ati “Bariya bigumuye bashinga iryabo bava mu ryacu, twe turacyafite amatorero yacu i Bugande, nta kibazo dufite”.

Amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko igice kini cya ADEPR -Uganda cyamaze kwigarurirwa na RNC ya Kayumba Nyamwasa, bityo bamwe mu bakristo akaba aribo bagambanira bagenzi babo mu rwego rw’ubutasi bwa gisilikare CMI, isanzwe ikorana na RNC bityo bagafatwa bakagajyanwa i Mbuya kukicaro gikuru cya CMI gukorerwa iyica rubozo.

2019-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Editorial 12 Mar 2018
Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Editorial 24 Sep 2017
Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Editorial 11 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018
Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Editorial 12 Mar 2018
Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Editorial 24 Sep 2017
Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Inama y’umushyikirano 2017  ngo ni Amateka akomeye kuri Rutayisire Boniface utuye mu Bubiligi 

Editorial 11 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018
Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Editorial 12 Mar 2018
Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Editorial 24 Sep 2017
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. janvierbraver
    May 17, 20199:02 am -

    ibyobirikuvugwa mu itorero ni ibiki

    Subiza
  2. janvierbraver
    May 17, 20199:05 am -

    nonec adpr/Rwanda irabivugaho iki? eee ndumva bitoroshye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru