• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Amakuru dukesha ikinyamakuru TAARIFA-Rwanda aravuga ko umusizi, Innocent Bahati, atigeze ashimutwa nk’uko byavugwaga n’abagambiriye guharabika inzego z’umutekano z’u Rwanda, ko ahubwo yamaze kuva mu gihugu rwihishwa yerekeza iya Uganda.

Imiryango ivuga ko iharanira « uburenganzira bwa muntu », ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abanditsi ndetse n’ikinyamakuru « The Guardian », bimaze iminsi bisakuza, ngo Innocent Bahati yaburiwe irengero, byahe ko umuhungu yamaze gusanga abo mu mitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu kiganiro kirambuye Dr. Thierry Murangira, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, yagiranye na Taarifa-Rwanda kuri uyu wa gatatu, yashimangiye ko hari amakuru avuga ko Innocent Bahati yambutse rwihishwa umupaka w’u Rwanda na Uganda, nubwo bitazwi niba akibarizwa muri icyo gihugu.

Dr Murangira yavuze ko hari ibimenyetso byerekana ko Innocent Bahati yari asanzwe ahabwa amafaranga n’abo mu mitwe y’abagizi ba nabi, cyane cyane abo mu Bubiligi n’Amerika,  kugirango abafashe gusiga isura mbi u Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo.

Muri icyo kiganiro, Umuvugizi wa RIB yatanze izindi ngero z’abantu bagiye batabarizwa ngo bararigishijwe, bikaza kugaragara ko ahubwo bagiye mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi mu mahanga. Muri abo yavuze :

Shyaka Gilbert : Uyu byavuzwe ko yashimuswe muri Kanama 2021, nyamara aza kwigarura mu Rwanda muri Mutarama 2022, avuye muri Uganda. Shyaka Gilbert ubwe yivugiye uburyo yakoreshejwe mu bikorwa byo kugirira nabi u Rwanda.

Eric Uwihoreye : Uyu ava inda imwe na Shyaka Gilbert. Mu Kwakira 2021 byavuzwe ko yaburiwe irengero, nyamara aza kuboneka muri Uganda, avugira amagambo asebya u Rwanda kuri televiziyo ikorera kuri murandasi, yitwa « Twibohore TV »

Ngendahimana David: Byatangiye kuvugwa ko Ngendahimana David yarigishijwe mu mwaka wa 2021, nyuma nawe aza kuboneka muri Uganda, atukanira kuri televiziyo zo kuri murandasi,”David TV” na “Ukuri Ganza”.

Mutarambirwa Théobald : Ibinyoma ko uyu Mutarambirwa Théobald yarigishijwe byakwirakwijwe mu mwaka wa 2010, nyuma y’imyaka 9 aza gufatirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, mu barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FLN.  Ni umwe mu bareganwa na Paul Rusesabagina.

Nsengimana Herman: Uyu nawe muri Mata 2014 ibihuha byarakwijwe ngo yarashimuswe, nyamara aza gufatirwa mu mashyamba ya Kongo ari umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba wa FLN.

Izi ni zimwe mu ngero Umuvugizi wa RIB yahaye ikinyamakuru « Taarifa-Rwanda », z’abavuzwe ko barigishijwe,  nyamara barijyanye mu mahanga, mu bikorwa bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Ikigaragarira buri wese, abasakuza ngo umuntu runaka yarashimuswe si uko baba batazi aho aherereye n’ibyo arimo, ahubwo ni wa mugambi wabo wo kwangiza isura y’u Rwanda.

Niba abantu nka ba  Paul Rusesabagina, Sankara Callixte Nsabimana, ba Mudathiru n’abandi bagizi ba nabi, bafatirwa mu bikorwa by’iterabwoba bagashyikirizwa inkiko,  Innocent Bahati ni iki ku buryo yarigiswa aho gushyikirizwa ubutabera ? Ese iyo abatabarizwa  bigaragaye ko ntawabashimuse, kuki iyo miryango « iharanira uburenganzira bwa muntu », n’ibyo binyamakuru  bitavuga ko byari byibeshye ngo binabisabire imbabazi, ahubwo bikajya guhimba ibinyoma bishya. Ibi ni ibyerekana ko gahunda yabo ari gusenya, kandi intambara bashoye ku Rwanda, dore imyaka ibaye myinshi, ntibazigera bayitsinda.

2022-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ubwanditsi 26 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda
Mu Mahanga

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2017 asaba abanyarwanda gukomeza gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka
Amakuru

Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka

Ubwanditsi 12 Sep 2016
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye
Amakuru

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru