• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Umusizi Innocent Bahati ntiyarigishijwe, yagiye mu mitwe iharanira guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Amakuru dukesha ikinyamakuru TAARIFA-Rwanda aravuga ko umusizi, Innocent Bahati, atigeze ashimutwa nk’uko byavugwaga n’abagambiriye guharabika inzego z’umutekano z’u Rwanda, ko ahubwo yamaze kuva mu gihugu rwihishwa yerekeza iya Uganda.

Imiryango ivuga ko iharanira « uburenganzira bwa muntu », ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abanditsi ndetse n’ikinyamakuru « The Guardian », bimaze iminsi bisakuza, ngo Innocent Bahati yaburiwe irengero, byahe ko umuhungu yamaze gusanga abo mu mitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu kiganiro kirambuye Dr. Thierry Murangira, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, yagiranye na Taarifa-Rwanda kuri uyu wa gatatu, yashimangiye ko hari amakuru avuga ko Innocent Bahati yambutse rwihishwa umupaka w’u Rwanda na Uganda, nubwo bitazwi niba akibarizwa muri icyo gihugu.

Dr Murangira yavuze ko hari ibimenyetso byerekana ko Innocent Bahati yari asanzwe ahabwa amafaranga n’abo mu mitwe y’abagizi ba nabi, cyane cyane abo mu Bubiligi n’Amerika,  kugirango abafashe gusiga isura mbi u Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo.

Muri icyo kiganiro, Umuvugizi wa RIB yatanze izindi ngero z’abantu bagiye batabarizwa ngo bararigishijwe, bikaza kugaragara ko ahubwo bagiye mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi mu mahanga. Muri abo yavuze :

Shyaka Gilbert : Uyu byavuzwe ko yashimuswe muri Kanama 2021, nyamara aza kwigarura mu Rwanda muri Mutarama 2022, avuye muri Uganda. Shyaka Gilbert ubwe yivugiye uburyo yakoreshejwe mu bikorwa byo kugirira nabi u Rwanda.

Eric Uwihoreye : Uyu ava inda imwe na Shyaka Gilbert. Mu Kwakira 2021 byavuzwe ko yaburiwe irengero, nyamara aza kuboneka muri Uganda, avugira amagambo asebya u Rwanda kuri televiziyo ikorera kuri murandasi, yitwa « Twibohore TV »

Ngendahimana David: Byatangiye kuvugwa ko Ngendahimana David yarigishijwe mu mwaka wa 2021, nyuma nawe aza kuboneka muri Uganda, atukanira kuri televiziyo zo kuri murandasi,”David TV” na “Ukuri Ganza”.

Mutarambirwa Théobald : Ibinyoma ko uyu Mutarambirwa Théobald yarigishijwe byakwirakwijwe mu mwaka wa 2010, nyuma y’imyaka 9 aza gufatirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, mu barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FLN.  Ni umwe mu bareganwa na Paul Rusesabagina.

Nsengimana Herman: Uyu nawe muri Mata 2014 ibihuha byarakwijwe ngo yarashimuswe, nyamara aza gufatirwa mu mashyamba ya Kongo ari umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba wa FLN.

Izi ni zimwe mu ngero Umuvugizi wa RIB yahaye ikinyamakuru « Taarifa-Rwanda », z’abavuzwe ko barigishijwe,  nyamara barijyanye mu mahanga, mu bikorwa bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Ikigaragarira buri wese, abasakuza ngo umuntu runaka yarashimuswe si uko baba batazi aho aherereye n’ibyo arimo, ahubwo ni wa mugambi wabo wo kwangiza isura y’u Rwanda.

Niba abantu nka ba  Paul Rusesabagina, Sankara Callixte Nsabimana, ba Mudathiru n’abandi bagizi ba nabi, bafatirwa mu bikorwa by’iterabwoba bagashyikirizwa inkiko,  Innocent Bahati ni iki ku buryo yarigiswa aho gushyikirizwa ubutabera ? Ese iyo abatabarizwa  bigaragaye ko ntawabashimuse, kuki iyo miryango « iharanira uburenganzira bwa muntu », n’ibyo binyamakuru  bitavuga ko byari byibeshye ngo binabisabire imbabazi, ahubwo bikajya guhimba ibinyoma bishya. Ibi ni ibyerekana ko gahunda yabo ari gusenya, kandi intambara bashoye ku Rwanda, dore imyaka ibaye myinshi, ntibazigera bayitsinda.

2022-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Ubwanditsi 14 Jul 2024
APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi  wasuye  u Rwanda
Mu Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri
ITOHOZA

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018
The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu
IMIKINO

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru