• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Editorial 14 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda y’abangavu yabonye intsinzi ya mbere mu mikino y’akarere gatanu igamije gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera i Kigali muri Kanama, ni nyuma yo gutsinda Tanzania amanota 61-54 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino yatangiye ku wa Mbere, ntirwahiriwe n’intangiriro z’iri rushanwa kuko rwatsinzwe na Tanzania ku wa Mbere ndetse na Uganda ku wa Gatatu.

Bitewe n’uko amakipe yitabiriye iri rushanwa mu bangavu ari atatu gusa, buri kipe izahura n’iyindi inshuro ebyiri harebwe ikipe yarushije indi amanota hagati ya Tanzania na Uganda zihataniye guhagararira akarere ka gatanu muri iyi mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika izakirwa n’u Rwanda.

Imikinire y’abangavu b’u Rwanda ikomeje kuzamukira muri iri rushanwa, aho kuri buri mukino hari ibigaragara ko byakosowe. Iyi kipe yatsinze agace ka mbere k’umukino wayihuje na Tanzania kuri uyu wa Kane ku manota 19-18, ariko igorwa n’aka kabiri, igatsindwa ku kinyuranyo cy’amanota atandatu (16-10).

Sailepu Anna na Mollel Catherine bafashije Tanzania gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 ubwo haburaga iminota ine n’amasegonda 32 ngo agace ka gatatu karangire, Umuhamya Ange Promesse atsinda amwe mu manota yafashije u Rwanda gusigara rurushwa abiri gusa.

Nyiramugisha Hope yatsindiye u Rwanda amanota atandatu arimo atatu yatsinze nyuma yo gusimbuka, runganya ndetse runasiga Tanzania amanota atatu (48-51) mu gihe haburaga iminota irindwi n’amasegonda 21 ngo umukino urangire.

Dusingizumuremyi Stella Matutina na Munezero Lamla bafatanyije mu gushimangira intsinzi y’u Rwanda, hajyamo inyuranyo cy’amanota arindwi ndetse u Rwanda rutsinda umukino wa mbere ku manota 61-54 rwihimuye kuri Tanzania yari yarutsinze ku mukino ubanza.

Catherine Mollel wa Tanzania ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, 20, mu gihe Munezero Lamla w’u Rwanda yatsinzemo 16.

Kuri uyu wa Gatanu, Uganda irakina undi mukino na Tanzania guhera saa 18:00 mu gihe ikipe y’u Rwanda izakina n’iya Uganda mu mukino usoza iri rushanwa mu bangavu uzaba saa 17:00 ejo ku wa Gatandatu.

Mu cyiciro cy’ingimbi, ikipe y’u Rwanda yatsinze iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wa mbere wabaye ku wa Gatatu, zizongera zihure mu mukino wa kabiri kuri uyu wa Gatandatu saa 19:00 kugira ngo hamenyekane ikipe izakina Afrobasket U-16 izabera i Praia muri Cap-Vert.

Nyiramugisha Hope ashaka uko anyuza umupira kuri Nelious Edson wa Tanzania

Catherine Mollel yatsinze amanota menshi muri buri mukino muri iri rushanwa
Src : IGIHE

2019-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Editorial 04 Jan 2018
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Editorial 17 Feb 2016
Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 13 Mar 2021
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Editorial 30 Jun 2016
Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Editorial 04 Jan 2018
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Editorial 17 Feb 2016
Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 13 Mar 2021
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Editorial 30 Jun 2016
Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Editorial 04 Jan 2018
AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

AS Muhanga ya nyuma ibujije Rayon Sports gusatira AS Kigali

Editorial 17 Feb 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru