• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Editorial 14 Jun 2019 Mu Mahanga

Mu gihe cy’amezi atatu umupaka wa Gatuna ufunze, abacuruzi b’Abagande ngo bahombye abarirwa muri miliyari 178.6 z’amashilingi nk’uko byatangajwe n’Urwego rw’Abikorera muri Uganda (PSF-U).

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi nshingwabikorwa wa PSF-U, Gideon Badagawa, ngo Uganda yasaruraga byibuze miliyoni zisaga 200 z’Amadolari buri mwaka avuye mu bucuruzi yakoranaga n’u Rwanda binyuze ku Mupaka wa Gatuna. Iki gihugu ngo byibuze buri kwezi kikaba kinjizaga miliyoni 16 z’amadolari zivuye muri ubu bucuruzi.

“Turi guhomba business. Nubwo politiki zaba zitari guhomba, abaturage bari guhomba imirimo yabo kandi ibi bigiye kurushaho kuba bibi niba iki kibazo kititaweho,” uyu ni Badagawa.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’ifungwa ry’uyu mupaka kuwa 28 Gashyantare, abikorera muri Uganda bari basigaye binjiza abarirwa muri miliyoni 2 z’amadolari gusa ku kwezi.

Kuwa 28 Gashyantare nibwo u Rwanda rwafunze Umupaka wa Gatuna ruvuga ko hari imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho na Uganda (One border Post)igiye kuhakorerwa. Ibi byagize ingaruka ku makamyo menshi yendaga kwinjira mu Rwanda bituma bayasaba gukoresha umupaka wa Kagitumba, urugendo rwiyongereyeho ibirometero 100.

Kuwa Mbere w’iki Cyumweru, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko uyu Mupaka wa Gatuna wafunguwe by’agateganyo mu gihe cy’ibyumweru bibiri hasuzumwa ko imirimo y’ubwubatsi yakorwaga yagenze neza ku ruhande rw’u Rwanda.

Uyu muyobozi w’urwego rw’abikorera muri Uganda we arashinja ibihugu byombi gukina politiki ingaruka zayo zikora cyane ku bikorera.

Umuyobozi w’Akanama gashinzwe ibya Business ka EAC, Stuart Mwesigwa avuga ko ifungwa ry’umupaka ryateye Uganda igihombo gikabije kuko u Rwanda rwo rwari rusanzwe ari isoko ryiza kandi ribegereye.

Uyu ati: “Gufungura andi masoko byahenda, ni ugutangira bushya kandi bitahita bikorwa ubu. Twamaze gushora menshi mu kurema isoko rishya n’u Rwanda. Kujya gutangira bushya n’andi masoko ntabwo ari igisubizo kiza kuri ubu,”

Igihugu cya Uganda kandi cyakoreshaga u Rwanda nk’irembo rigana mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bisobanuye ko abacuruzi bagomba gushaka izindi nzira ndende kandi zihenze zo kugera kuri ayo masoko.

Ibigo bitandukanye nka Roofings, Hima Cement na Uganda Brewries Ltd n’ibindi bivuga ko byagize igihombo gikomeye kubera iki kibazo. Roofings ivuga ko ihomba miliyoni 4 z’amadolari buri kwezi, Hima Cement ihomba miliyoni 3,5$, mu gihe UBL ihomba miliyari 7 z’Amashilingi buri kwezi kwezi.

2019-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Editorial 01 Mar 2024
RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

Editorial 26 Jul 2016
Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Editorial 29 Jan 2017
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Editorial 13 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Editorial 25 May 2018
The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru
Mu Rwanda

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Editorial 09 Jul 2017
Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18
SHOWBIZ

Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18

Editorial 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru