• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye uko ibihugu biri mu nzira y’amajyambere bikomeje kumva ko ari byo bizishakamo ibisubizo ku bibazo bifite, avuga ko kugira ngo iyi ntego izagerweho neza bisaba ko abaturage baba umusingi w’ibibakorerwa byose.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri mu Bubiligi, aho yitabiriye inama yateguwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku iterambere izwi nka ‘Journée Européenne du développement’.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yatangiye gushyira hamwe igaharanira inyungu zayo mu ijwi rimwe, aho kimwe mu biherutse kugerwaho ari isoko rusange rya Afurika, rizatangizwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe izabera muri Niger.

Yavuze ko hakiri akazi kenshi kugira ngo hizerwe ko umusaruro muri aya masezerano wo kongera uburumbuke ku baturage ugerwaho, ariko hari icyizere kuko umukoro wo gukemura ikibazo cy’ubusumbane ari wo nshingano y’ibanze ya buri gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko imiterere y’Isi ya none, ari ingenzi cyane kuruta uko byigeze kubaho ko ibihugu biri mu nzira y’amajyambere byiha umurongo uboneye muri gahunda rusange zabyo z’iterambere ndetse bikanizamurira urwego rw’uburumbuke.

Ati “Ntabwo ari ibintu bishobora gukorwa n’abandi bo hanze gusa. Aho guhera ni muri politiki idaheza ishyira umuturage mu musingi wa byose. Kuba abaturage bumva iterambere ari iryabo, bibaha imbaraga zo kubaza guverinoma ibyo zikora”.

Yakomeje avuga ko ibi byubaka icyizere mu baturage bigatuma guverinoma ibona imbogamizi zibangamiye iterambere ikazishakira ibisubizo bikwiye ikabishyira mu bikorwa.

Umukuru w’Igihugu yatanze urugero ku Rwanda, avuga ko rwabonye umusaruro mwiza ujyanye no gukoresha ubushobozi buke rufite mu by’ingenzi nk’ubuzima, kugeza uburezi kuri bose no kurengera ibidukikije.

Ati “Ibi birerekana ibishoboka no mu zindi nzego no mu buryo bwagutse by’umwihariko mu gushora imari mu kubaka ubushobozi bw’abantu n’ikoranabuhanga”.

Yongeyeho kandi ko harimo guhangwa amahirwe mashya y’imirimo ku bagore, urubyiruko n’abanyantege nkeya kugira ngo babashe kubyaza umusaruro impano n’udushya bifitemo twose bityo bagire imibereho myiza

Perezida Kagame kandi yashimiye Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean Claude Juncker, usoje manda ye amushimira imiyoborere ye n’ubufatanye bw’ingirakamaro yubatse hagati y’uyu muryango, u Rwanda na Afurika.

Iyi nama itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yatangijwe mu 2006 na Louis Michel aho ari urubuga rugari rw’u Burayi mu kwigira hamwe uko uyu muryango watera inkunga ibikorwa by’iterambere mpuzamahanga aho ikusanyirizwamo 0.7% by’inkunga y’Ikigega cy’Iterambere, ODA.

Ni inama itangirwamo ibitekerezo n’ubunararibonye bwagira uruhare mu bufatanye bushya bugamije guhanga udushya mu guhangana n’ibibazo Isi ifite. Iy’uyu mwaka iraza kuba irebera hamwe uko ihame ry’uburinganire ryakwimakazwa.

2019-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018
Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Ubwanditsi 27 May 2018
Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Kurazikubone Jean
    June 18, 20194:11 pm -

    Hari abaperezida bakunda kwifotoza niyo bavuga amateshwa. Afurika ifite ibibazo bikomeye bidakeneye amadisikuru ariko bikeneye ibikorwa. Tekereza uvuga uburinganire bw’abaturage uzi umushahara wa mwalimu ukawugereranya na za miliyari zigendera ku bategetsi bo hejuru!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)
POLITIKI

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017
APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru