• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 mu gikombe cya Afurika iratangira kuri uyu wa Gatanu, ahateganyijwe imikino ibiri irimo uza guhuza Uganda na Sénégal kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo guhera saa 21:00.

Ikipe ya Uganda ‘The Cranes’ yari yahagaritse imyitozo guhera ku wa Kabiri, ivuga ko itazakina imikino ya 1/8 itishyuwe uduhimbazamusyi yemerewe, irakina na Sénégal mu mukino witezwe kuri uyu mugoroba.

Kuri uyu wa Kane nibwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, FUFA, ryatangaje ko ryamaze kwishyura buri mukinnyi ibyo ryamugombaga, birimo agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi $6, yo kuva tariki ya 13 Gicurasi kugeza ku ya 30 Kamena harimo n’imikino ibiri bahuyemo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Zimbabwe.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Sebastien Desabre, yatangaje ko uza kuba ari umukino ukomeye bitewe n’urwego Sénégal iriho.

Ati” Ni umukino ukomeye kuko Sénégal ni ikipe nziza. Ikipe yacu yiteguye kwitanga uko ishoboye kose muri uyu mukino. Ni umukino kandi wo gukuranamo biraza kudusaba gukora cyane bitandukanye n’uko twakinnye kuri Misiri. “

Kapiteni wa Uganda, umunyezamu Denis Onyango, yavuze ko ibibazo bari bafite babikemuye, bagasubukura imyitozo, aho kuri ubu biteguye umukino neza.

Umutoza wa Sénégal, Aliou Cissé, yavuze ko ikipe ye yiteguye neza uyu mukino ndetse intego ifite ari ugukomeza muri ¼ .

Ati”Ubu turi muri 1/8 kandi twizeye kandi tunyotewe no kugera muri ¼ kuko tumaze imyaka ibiri twitegura iri rushanwa. Uganda ni ikipe ikomeye, ifite ubushobozi bwose bushoboka. Bahinduye abatoza ariko ntabwo imikinire yahindutse.”

Uyu mukino utangira saa 21:00, uraza kuba wabanjirijwe n’uhuza Maroc na Bénin guhera saa 18:00 kuri Al Salam Stadium.

Uko amakipe azahura muri 1/8:

  • 05 Nyakanga : Maroc vs Bénin (Al Salam)
  • 05 Nyakanga: Uganda vs Sénégal (Cairo)
  • 06Nyakanga: Nigeria vs Cameroun (Alexandria)
  • 06 Nyakanga: Misiri vs Afurika y’Epfo (Cairo)
  • 07 Nyakanga: Madagascar vs Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Alexandria)
  • 07 Nyakanga: Algérie vs Guinée (Stade du 30 Juin)
  • 08 Nyakanga: Mali vs Côte d’Ivoire (Suez)
  • 08 Nyakanga: Ghana vs Tunisie (Ismailia)

Aliou Cisse utoza Senegal yizeye kugera muri 1/4

Sebastien Desabre utoza Uganda yavuze ko ari umukino utaza korohera ikipe ye

Senegal ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe menshi muri CA
Src : IGIHE

2019-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League

APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League

Ubwanditsi 10 Feb 2025
Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 05 Apr 2021
Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Hasojwe amahugurwa k’umukino mushya wa Teqball, Biha intego yo kuba icyitegererezo muri Afurika

Ubwanditsi 19 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda
ITOHOZA

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru