• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019 UBUKUNGU

Imbuto Foundation yasinyanye na Ambassade y’u Bushinwa mu Rwanda, amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka $29 105 (agera kuri miliyoni 26.2Frw), azakoreshwa mu burezi bw’abana basaga 100, binyuze muri gahunda y’uyu muryango, Edified Generation.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa kabiri, 9 Nyakanga, n’Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Nyakubahwa Rao Hongwei, ku cyicaro cy’iyi Ambasade mu Mujyi wa Kigali.

Ni inkunga yatanzwe muri gahunda ya Guverinoma y’u Bushinwa, igamije guteza imbere ubuhahirane n’ubutwererane hagati y’imiryango itari iya leta, abagore n’urubyiruko, hagati y’u Bushinwa na Afurika.

Binyuze muri iyo gahunda, guhera mu 2013 Ambasade y’u Bushinwa na Imbuto Foundation bagiye bavugurura amasezerano agamije gufasha abanyeshuri basaga 100 buri mwaka.

Amasezerano yashyizweho umukono kuri iyi nshuro areba abanyeshuri basanzwe bafashwa na Ambasade y’u Bushinwa binyuze muri Imbuto Foundation, ku masezerano yasinywe hagati y’impande zombi ku wa 18 Nzeri 2018, uvanyemo abamaze kurangiza amashuri yisumbuye.

Imyanya y’abasoje amasomo izashyirwamo abashya, hakurikijwe ibigenderwaho mu gutoranya abanyeshuri bafashwa muri gahunda ya Edified Generation, birimo amanota y’umunyeshuri no kuba akomoka mu muryango utishoboye.

Umuyobozi wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni, yavuze ko iyi nkunga ari ingenzi kuko izongerera imbaraga ibikorwa bigamije guteza imbere uburezi kuri bose, nta we uzitiwe n’amikoro y’umuryango akomokamo.

Ambasaderi Hongwei we yavuze ko ibi bikorwa ari umusaruro w’umubano mwiza urangwa hagati y’ibihugu byombi, wongerewe imbaraga n’ingendo ziheruka z’abakuru b’ibihugu byombi, aho Perezida Kagame yari i Beijing muri Werurwe 2017 na Perezida Xi Jinping agasura u Rwanda muri Nyakanga 2018.

Biteganywa ko muri iyi gahunda, nibura buri munyeshuri azatangwaho amafaranga agera ku $300 ku mwaka, ku biga bacumbikirwa. Imbuto Foundation izabishyurira amashuri, ibikoresho nkenerwa mu masomo yabo n’ubwisungane mu kwivuza muri icyo gihe cy’umwaka.

Edified Generation yatangijwe mu 2003, ifite intego yo gushyigikira uburezi bw’abanyeshuri b’abahanga ariko bakomoka mu miryango itishoboye. Uretse kwishyurirwa amafaranga y’ishuri no guhabwa ibindi bikoresho nkenerwa, abari muri iyi gahunda, mu gihe cy’ibiruhuko bahurizwa hamwe bagahabwa ubundi bumenyi burimo kwihangira imirimo, kuvugira mu ruhame, imiyoborere n’ubundi bumenyi bujyana n’imibereho ya buri munsi.

Mu gihe cy’imyaka 17 ishize, hamaze gufashwa abasaga 8000 barimo abahungu n’abakobwa bafashijwe kwiga amashuri yisumbuye.

Inkuru ya IGIHE

2019-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Perezida Kagame yitabiriye inama ya mbere igiye guhuza Afurika n’u Burusiya

Ubwanditsi 23 Oct 2019
Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Ubwanditsi 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune
Amakuru

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Ubwanditsi 10 Dec 2021
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa
Amakuru

Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

RUSHYASHYA 06 May 2026
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro
Mu Rwanda

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru