• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera
Urubyiruko rwafatiwe mu bikorwa by'iterabwoba mu mashyamba ya Kongo

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Niba intambara ku rwego rw’isi ari uguharanira ko abaterabwoba n’ababashyigikiye batagomba kugira ubuyobozi  ku rwego rw’igihugu, none se ni kuki Uganda yo  yatekereza ko RNC yaba umwihariko?

Ibaze nawe umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba ku rwego rw’isi Al Qaida kubwira Ikinyamakuru ngo, “ Turifuza kwibutsa rubanda ko turi umuryango wubakiwe ku mahame ya demokarasi, ubutabera n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.”ninde wakumva ko ibyo avuze abikuye ku mutima?

Na Al Qaida ubwayo ntiyibona nk’umutwe w’iterabwoba, nubwo hari ibikorwa by’ubwicanyi  ikora ku musubirizo ku isi yose igahitana inzirakarengane , harimo n’ibitero yakoze ku nyubako ebyiri zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigahitana abagera ku 3000.

Ikinyamakuru gikwirakwiza propaganda ya Al Qauida kugeza naho cyamamaza ko uwo mutwe wubakiwe ku mahame ya demokarasi ,” nta shiti, Abanyamerika babifata nk’ubushotoranyi no kubakina ku mubyimba, bityo noneho bikabongerera imbaraga mu kurwanya iterabwoba

Ibi nibyo bimaze iminsi biranga imyandikire ya Daily Monitor mu nkuru z’icyo kinyamakuru zimaze iminsi zicicikana zerekeranye na Rwanda National Congress (RNC). Mu nkuru y’icyo Kinyamakuru iheruka yanditswe ku wa 2 Kanama 2019,yari ifite umutwe ugira uti, “ Abanyarwanda bari mu buhungiro barashaka gutaha, nubwo  babagerekaho iterabwoba” bakaba barashakaga kugaragaza uyu mutwe nkuwemewe n’amategeko, kandi unaharanira ubutegetsu mu Rwanda.

Niba urugamba ku iterabwoba ku rwego rw’isi ari uguharanira ko abaterabwoba n’ababashyigikiye batagira ubutaka bategeka, bityo imbaraga zabo zose zifashishwa ku girango bigerweho zigomba kurwanywa ku buryo bwose bushoboka, none ni kuki hari umuntu ugomba gutekereza ko RNC  yaba umwihariko ?

RNC ikaba yarahisemo ibara ry’umuhondo, nk’ikimenyetso cy’ubufatanye n’abaterankunga bayo , ari nabo barimo kuyifasha mu rwego rwo kuyitagatifuza binyuze mu itangazamakuru.

Ikimara gushingwa muri 2010, Patrick Karegeya umwe mu bayishinze na Kayumba Nyamwasa, bakoze ikiganiro kirambuye cyahaye uwo mutwe inshingano y’iterabwoba. Karegeya akaba yaravuze ko uburyo bw’imvururu, aho kuba uburyo bushingiye kuri demokarasi aribwo bwavana Perezida Kagame ku buyobozi, “abanyagitugu ntibajya barekura ubuyobozi, bararwanywa bakabuvanwaho,” akaba aribyo yavuze.

Iki cyerecyezo RNC yubakiweho cyahise gishyirwa mu bikorwa.  Nkuko nubundi iterabwoba rikora, ikigendererwa kikaba cyari ugukwirakwiza ubwoba mu gihugu hose, kugirango abaturage batakarize icyizere ubuyobozi, nyuma bakifashisha ingufu za gisirikare mu gufata igihugu ku nkunga y’ abaterankunga babo.

Abasangirangendo ba RNC batangiye gucengera igihugu kubera izo mpamvu. Hagati ya 2010 na 2014, ibitero bitandukanye byahitanye abantu 17 binakomeretsa 460 mu Rwanda.

Nkuko umutangabuhamya abivuga, Kaporari Joseph Nshimiyimana , wari mu nama ya RNC, yabareye mu kabari kitwa Mamba Point Bar, iyo nama kandi ikaba yari yatumiyemo n’impuruza za Kayumba Nyamwasa zari zaturutse muri Afurika Yepfo, bivugwa ko RNC yari ifite gahunda yo kuburizamo amatora y’intumwa za rubanda yari ateganijwe muri Nzeri y’uwo mwaka.

Iyo gahunda yaje kubahira, kuko ibitero bya za gerenade byatewe mu isoko rya Kicukiro , bihitana ubuzima bwa Yadufashije na Habiyambere binakomeretsa abandi 46.

Ni gute ikigo cy’itangazamakuru cyamira bunguri ibyo gihawe, ari nako kimokoza, ibivugwa n’umutwe ubeshya ko w’ubakiye ku mahame ya demokarasi, ariko kadi kikongera kigacaruhinganyuma gishaka kuburizamo amatora, kifashisha ibikorwa by’iterabwoba, ibi birenze amahame agenga ubunyamwuga.

Ba kizigenza ba FDLR , ubu bari imbere y’ubutabera bafatiwe muri Kongo Kinshasa ubwo bavaga Kampala, nabo bemeje ko Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubutwererane mu Karere Philemon Mateke yari yahamagaje FDLR na RNC mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku buryo bashyira mu bikorwa amabwiriza yari yatanzwe na Uganda, ajyanye n’ukuntu bakwangiza ibikorwa remezo  by’uRwanda.

Nyamara kandi imvururu zishingiye ku gisirikare zagombaga kwifashishwa mu gushyira mu bikorwa uyu mugambi mubisha w’iterabwoba  zaje gukomwa mu nkokora, kuko amagana n’amagana y’abasore bari barayobejwe na Kayumba bahuye n’uruvagusenya mu mashyamba ya DRC, aho abasaga 300 bahasize ubuzima, abandi bafatwampiri ari bazima.

Kugeza ubwo Kayumba Nyamwasa yavaga Uganda akisubirira muri Afurika Yepfo, aho arimo kwirira za sosiso, ari nako ayobora abo bayoboke be, yifashisha uburyo bwa terekomande, uwavuga ko uku gukubitwa inshuro bishoje RNC yumvise ntiyaba akabije.

Bisobanura ko ari nayo mpamvu aka gatsiko k’iterabwoba n’abaterankunga bako bahinduye amayeri, bakaba barimo kwifashisha itangazamakuru, za Tract bitwaje abacitseku icumu n’ibindi bitindagasani nk’ibyo….mu rwego rwo guhanyanyaza kugirango habeho ibiganiro n’imishyikirano.

Nyuma yo gusekurirwa muri DRC, bahise bahindura intero, batangira kuvuga ko bashaka imishyikirano .” Ubwo abo baterabwoba bakunda amahoro bakaba bari biteguye kugirana ibiganiro n’buyobozi bw’uRwanda.

Twagiramungu ati :Abanyarwanda bari mu buhungiro barashaka gutaha, ariko Twagiramungu yirengagiza ko abo avugira  bari mu banyarwanda bigeze kwijandika mu iterabwoba. None ho ni ukuvuga ko n’imiryango yabuze ababo kubera ibi bikorwa by’iterabwoba igomba kwibagirwa ibyo bikorwa. Ese yo irasaba iki ?

Ni ayahe mahame ya demokarasi barimo kwigisha  atagomba  gushingirwaho ngo abakoze ibikorwa by’iterabwoba babibazwe?

RNC yahisemo ibara ry’umuhondo, vuba aha ntagushidikanya bazaba banambaye ingofero zabo z’umuhondo.

Niba ibi aricyo bisaba kugirango RNC ihabwe indi  sura, nk’umuryango wubakiwe ku mahame ya demokarasi, na Al Qaida byazayishimisha!

2019-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye  Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri

Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri

Ubwanditsi 08 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba
Mu Mahanga

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019
EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye
Mu Mahanga

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1
Amakuru

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Ubwanditsi 15 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru