• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugabo witwa Sam Buchana wafatiwe mu gihugu cya Uganda n’inzego zishinzwe iperereza muri Uganda ashinjwa gucuruza zahabu y’ibicupuri ntabwo akorera u Rwanda nkuko byatangajwe n’inzego zivugira Leta ya Uganda.

Amakuru atugeraho avuga ko Buchan ari umutekamutwe umaze igihe kirekire abeshya abacuruzi bo muri Uganda nabo hanze kubera ubucuti bwihariye n’Umuryango wa Perezida Museveni. Buchana yashakanye na Patrice Magara, umukobwa wa Sam Magara, wafatanyije urugamba mu bambere na Perezida Museveni mu kurwanya Milton Obote.

Magara yapfuye mu minsi ya ,mbere y’urugamba noneho Museveni yita ku mukobwa we Patricia Magara amwishyurira amashuri kugeza igihe abaye mukuru. Amufata nk’umukobwa we. Patricia yize amategeko aho yakoze muri Perezidansi ya Uganda mbere yuko ashinga Cabinet yiwe akuriye.

Umwe waduhaye amakuru yagize ati  “Umubano wa Buchana n’umuryango wa Perezida Museveni niwo watumye aba umutekamutwe mpuzamahanga udakurikiranwa, ibyo akora bikaba byaviramo undi muntu wa bikora ibihano bikomeye”

Buchana akaba kandi arindwa n’ingabo zidasanzwe za Uganda zinarinda Perezida Museveni. Bimwe mu bikorwa bya Buchana ni ubucuruzi yagiranye n’umucuruzi wo muri Libiya aho yamuhaye amadorali Ibihumbi Magana atatu by’amadorali amubwira ko afite zahabu ariko uwo mucuruzi yenze kwiyahura asanze ari zahabu y’ibicupuri. Yaregeye Polisi ya Uganda ariko yaje gusanga uwo arega ariwe aregera.

Undi watuburiwe na Buchana ni uwo mu gihugu cyo muri Koreya y’amajyepfo, aho yabahaye zahabu y’ibicupuri bakamuha imbangukiragutaba umunani. Mu mwaka umwe bivugwa ko Buchana yibye abacuruzi batandukanye arenga Miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atatu by’amadorali.

Igihe Kandiho ukuriye CMI yafataga Buchana ntabwi aruko yamufatiye ibyaha, impamvu nyamukuru nuko atigeze atanga icyacumi ku mafaranga yari amaze iminsi atuburiye abacuruzi batandukanye. Abakurikirana Politiki ya Uganda, bavuga ko Kandiho atari gufata Buchana, umukwe wa Museveni nta ruhushya rwa Salim Saleh kuko niwe ukuriye ubucuruzi bwa Zahabu y’ibicupuri, gucura amafaranga ndetse n’ubucuruzi bw’abantu.

Umwe watanze amakuru adashaka ko amazina ye ajya hanze, yagize ati

“Iyo tuvuga mafia muri Uganda, ntanumwe utazi ko Salim Saleh ariwe uyikuriye, Buchana ikosa yakoze ni ukwiyumva akumva ko ari Muramu wa Museveni bityo ntiyumvire Salim Saleh atazi imbaraga afite. Muri Uganda iyo Salim Saleh agusabye icya cumi ku mafaranga wakuye mu bucuruzi butemewe, byaba byiza wemeye kuko utabikoze wisanga I Mbuya”

Gusa byaje gutungurana ubwo ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko Buchana akorera u Rwanda ubwo amakuru yuko afunzwe yajyaga hanze tariki ya 16 Kanama. Umwe ukorera CMI na ISO niwe wakwirakwije ayo makuru ko Buchana akorera u Rwanda bihita bikwirakwizwa n’ibinyamakuru bikorera Leta ya Uganda. Bongeyeho ko Buchana anekera u Rwanda ndetse ashinjwa ubwicanyi bavuga ko yakoze atumwe na Leta y’u Rwanda.

Uwatanze ayo makuru kandi yagize ati “Ninde utazi uko mafia yo muri Uganda ikora? Ninde utazi ko Buchana yacuruzaga zahabu y’ibicupuri ndetse no gucura amafaranga Salim Saleh abizi kandi abimuhereye uburenganzira? Bamufunze kuko hari ibyo batumvikanyeho nuko bagashaka kubeshya abagande bati ni u Rwanda? Yewe u Rwanda rwaragowe”

Buchana yafashwe n’abakorera CMI bazwiho gukora iyicwarubozo ariko ntabwo bigeze bamufata nabi, akaba yaragejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikari rwa Makyinde kuri uyu wambere w’iki cyumweru; bakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko ari Salim Saleh na Kandiho bashaka kumuha isomo.

Uburyo afashwemo butandukanye n’uburyo Abanyarwanda bafatwa bagafungwa bagakorerwa iyicwarubozo, Buchana yagaragaye mu rukiko ameze neza, icyo yafatiwe ntaho gihuriye nibyo bavuga mu itangazamakuru ko akorera u Rwanda.  Arazira kudatanga icya cumi kukuriye mafia muri Uganda ariwe Salim Saleh, murumuna wa Perezida Museveni.

2019-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024
polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Ubwanditsi 22 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe
Amakuru

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina
HIRYA NO HINO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 
INKURU NYAMUKURU

Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru