• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Ubwanditsi 16 Jan 2019 Mu Mahanga

Abofosiye bakuru mu gipolisi cya Uganda 10 bazwiho kutavuga rumwe na Gen. Kale Kayihura ubwo yayoboraga uru rwego bahawe amasezerano mashya.

Gen Kayihura ubwo yari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda yari yarasabye ko benshi muri aba bapolisi batahabwa andi masezerano kuko ari bo bari ba nyirabayazana b’akaduruvayo n’ibibazo byari muri polisi muri icyo gihe.

Muri aba bofisiye harimo AIGP Asan Kasingye, AIGP Fred Yiga, AIGP Edward Ochom, AIGP Andrew Sorowen, AIGP Twinomujuni, AIGP Isabirye, AIGP Stephen Kasiima, AIGP Mugyenyi, AIGP Abasi Byakagaba, AIGP Grace Turyagumanawe.

Ikinyamakuru Spyreports dukesha iyi nkuru kivuga ko umuntu wacyo wa hafi yahishuye ko amasezerano y’aba bapolisi yarangiye muri Kamena 2018 ariko kugeza ubu bakaba bari bakiri mu kazi.

Gen Kayihura by’umwihariko yari yarasabye ko AIGP Edward Ochom yasezererwa kuko ngo ntacyo yari ashoboye.

Iki kinyamakuru gitangaza ko icyemezo cya Gen Kayihura cyanyuze mu matwi y’Uyobora Polisi ya Uganda muri iki gihe, IGP Martin Okoth Ochola uzwi nka OMO ariko ko yihanangirije bagenzi be abasaba kugira icyo bakora ngo berekane ko bari bakwiye andi masezerano.

Ibi ni nabyo aba bombi bemereye imbere ya Minisitiri w’Umutekano, Jeje Odong bituma asaba Perezida Museveni kuba yaha aba bofisiye andi masezerano.

N’ubwo aba abatacanaga uwaka na Gen Kayihura bahawe andi masezerano, Perezida Museveni yategetse IGP Ochola kubahindurira imirimo bose.

Biravugwa ko Perezida Museveni azakomeza gutanga amategeko mu guhindura aba bayobozi bakuru mu gipolisi mu rwego rw’imikorere myiza.

Benshi muri aba bahawe amasezerano mashya barimo SSP Apollo Kateba, SSP Edgar Nyabongo na SP Alex Mugizi bose bagiye bashinjwa kwijandika mu bikorwa byo kunyanganya ubutaka nk’uko Komisiyo Ishinzwe kurwanya iki kibazo iyobowe na Catherine  Bamugemereire yabishyize ahagaragara.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Ubwanditsi 11 Jan 2022
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016
CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside
Mu Rwanda

CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo
Amakuru

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru