• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umwanzi agucira akobo, Imana ikagucira akanzu. Hashize imyaka igera kuri ibiri Perezida Museveni wa Uganda yiyemeje gusimbuza ubuyobozi bwitorewe n’Abanyarwanda, abandi yita ko ari inshuti ze bamufata nka Sebuja. Bityo Uganda iba indiri y’imyitozo y’Abarwanya u Rwanda no gushakisha abajya mu mitwe ikorera muri Kongo ndetse no guhuza imitwe itandukanye.

Ntibikiri ibanga, abayobozi bakuru ba RNC bafite inzandiko z’inzira za Uganda, ariko Museveni yataye umutwe igihe abashyitsi be bakomeye aribo Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye Fils (amazina y’ukuri ni Ignace Nkaka) ndetse n’ushinzwe iperereza Lt Col Abega (amazina y’ukuri Jean Pierre Nsekanabo) yari yabatumiye kugirango bahuzwe n’indi mitwe bashyire ingufu hamwe batere u Rwanda bafatwaga n’ingabo za Kongo. Uwari ushinzwe icyo gikorwa ni Minisitiri Philemon Mateke ushinzwe ubutwerane mu karere akaba na Sebukwe wa Jean Baptiste Mberabahizi, umuhutu w’intagondwa wabaye igihe kirekire Umunyamabanga Mukuru wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire.

Nyuma yuko abayobozi bakuru ba FDLR baherewe umurongo ngenderwaho wo kwihuza na RNC basubijwe muri Kongo baherekejwe na CMI nuko bageze ku mupaka bafatwa n’ingabo za Kongo bajyanwa I Goma. Mu gihe bajyanywe I Goma, Perezida Museveni yashatse gukoresha  miliyoni ebyiri z’amadorali, ni ukuvuga miliyari zirenga eshatu z’amashilingi ya Uganda ngo ayahe abayobozi ba Kongo babarekure. Bahise boherezwa I Kinshasa mu guhatwa ibibazo nyuma boherezwa mu Rwanda.

Maj Habibu Madathiru na Kayumba Nyamwasa

Ibyo Museveni yari yateguye byashyizwe mu bikorwa: Mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, ingabo za Kayumba Nyamwasa zari ziyobowe na Maj Habibu Madathiru ndetse na Capt Sibomana Charles baguwe gitumo na FARDC,  Habibu arafatwa naho Sibo aricwa, bari munzira berekeza muri FDLR muri zone ya Rutshuru, bamwe bakwiriye imishwaro abandi barafatwa batanga amakuru yaho bari bagiye. Habib niwe wari uyoboye ingabo bivuga ko we na bagenzi be bakuru bari bazi neza aho bajya. Nibo batanze amakuru yaho Mudacumura abarizwa. Ingabo za Kayumba zigera kuri 27 zabashije gucika igitero bagabweho babasha kugera  muri FDLR.

Ingabo za Kongo FARDC zafashe amakuru yatanzwe n’ingabo za Kayumba zari zigiye kwihuza niza FDLR,  n’ayatanzwe n’umukuru w’iperereza Abega ndetse na Bazeyi,  baba bafite amakuru meza yizewe yaho Lt Gen Mudacumura aherereye nyuma y’imyaka 25 ntawe umenya ibye.

Mudacumura yavuganye gake gashoboka n’itangazamakuru mu myaka 25 ishize nabwo kuri telephone, kandi  abasirikari benshi ba FDLR ntabwo bari bazi ibirindiro bye. Gake gashoboka yabonanaga nabo niwe wabasangaga, igihe yumvaga bacitse intege akababwira ko ibibazo biri hafi gusobanuka. Mudacumura wize ibijyanye n’itumanaho rya gisirikari mu Budage hagati ya 1985-1987,  yari azi ingaruka zo gukoresha itumanaho, niyo mpamvu yabyirinze. Akiva mu Budage nibwo yahise agirwa umukuru w’umutwe warindaga Habyarimana. Nk’umuntu wizewe, Mudacumura niwe watangije ibikorwa byo gutoza interahamwe mu Mutara akiva mu ngabo zarindaga Habyarimana muri 1992.

Kuba Mudacumura, wakuze mu bwana bwe yitwa Muhutu yari yavuganye n’ingabo za Kayumba, ni ikimenyetsi ko bahujwe n’umuntu ukomeye nka Perezida Museveni. Museveni wari uziko ahuje imbaraga mu gutera u Rwanda, ntabwo yari aziko atanze igisubizo cyo guca umutwe  FDLR, ubwo Lt Gen Mudacumura yapfanye n’abayobozi be ba hafi aribo Col Serge, Col Soso Sixbert, Maj Gaspard ndetse na 15 bamubaga hafi bakaba barafashwe matekwa.

2019-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Ubwanditsi 16 Feb 2020
Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru