• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza i Kampala, bafungirwa mu kigo cya gisirikare ku mpamvu zitaratangazwa.

Aba banyeshuri bane bigaga muri Kampala International University (KIU) barimo n’uwari Umuyobozi w’Umuryango w’abanyeshuri b’Abanyarwanda muri iyo kaminuza, Joram Rwamojo. Gusa amakuru avuga ko akomoka muri icyo gihugu nubwo ari mu bwoko bw’Abanyarwanda.

Abandi batatu batawe muri yombi ni abitwa Mugisha, Emmanuel n’uwitwa Kagara. Abandi bafunganywe n’aba banyeshuri harimo Abanyarwanda batatu bamaze igihe bafite ibikorwa bitandukanye muri Uganda.

Nk’uko amakuru yagiye hanze abivuga, bakuwe mu macumbi yabo mu ijoro ryo ku wa Gatatu, bafungirwa muri gereza imaze kumenyerwa ko ifungirwamo abanyabyaha bakomeye, iherereye mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye mu Murwa Mukuru Kampala.

Umuyobozi muri iyo kaminuza utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko abo banyeshuri “basibye ikizamini kubera ko bafunzwe. Twahamagaye Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kalaga atubwira ko twabaza muri CMI ko ari bo babafite.”

Iri fatwa rikurikiye ibindi bikorwa bitandukanye byagiye byibasira Abanyarwanda muri Uganda, biyobowe na CMI.

Ubuyobozi bwa Uganda bwagiye buvuga ko bufata aba Banyarwanda kubera ko ari intasi zoherejwe n’u Rwanda. Gusa ntibagiye bagezwa mu rukiko ahubwo bagiye bakorerwa iyicarubozo, mu gihe cyo kubarekura ababafunze bakitwikira ijoro bakabajugunya ku mupaka w’u Rwanda.

Muri iri totezwa rikorerwa Abanyarwanda, CMI yagiye ikorana n’abantu bahunze ubutabera bw’u Rwanda bahawe icyuho muri Uganda, ari naho bakomeje gucurira imigambi yabo y’ubugizi bwa nabi.

Bamwe mu bagiye babasha guhonoka ibikorwa bya CMI bagiye batanga ubuhamya bw’uburyo batotejwe bagahatirwa kwinjira mu Mutwe w’Iterabwoba wa RNC uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ubyanze agahura n’akaga gakomeye.

Ibyo bikorwa byose byatumye mu ntangiriro z’uyu mwaka u Rwanda rusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda, kugeza igihe iki kibazo kizabonerwa umuti.

Gusa mu biganiro bikomeje kugeragezwa hashakishwa igisubizo kuri ibi bibazo, Uganda ishinjwa kwima amatwi imyanzuro yose yagiye ifatwa irimo guhagarika gushyigikira ibikorwa bigamije kugirira nabi umuturanyi, ariko magingo aya nta gisubizo kiraboneka.

Ni mu gihe muri Kanama hasinywe amasezerano agaragaza inzira zizakoreshwa mu kuzahura umubano, ariko ntabwo zikurikizwa kugeza ubu.

2019-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023
Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa
Mu Mahanga

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
POLITIKI

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru