• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Ubwanditsi 18 Dec 2019 IMIKINO

Patriots BBC ihagarariye u Rwanda mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike yo gukina irushanwa rya BAL 2020, yatangiye neza mu mukino wo mu itsinda A itsinda JKT yo muri Tanzania amanota 113-61 kuri uyu wa Kabiri.

Iri rushanwa rihuje amakipe umunani yo mu gace k’Uburasirazuba bwa Afurika, riri kubera muri Kigali Arena guhera kuri uyu wa Kabiri, aho rizasozwa ku Cyumweru.

Patriots BBC yahuye na JKT n’ubundi zari kumwe mu ijonjora rya mbere ryabereye muri Tanzania, aho iyi kipe ihagarariye u Rwanda yabaye iya mbere nyuma yo gutsinda imikino yayo yose.

Muri uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, Patriots BBC irimo amasura mashya nka Kaje Elie umenyerewe muri REG BBC, yatsinze agace ka mbere ku manota 34-17 mu gihe aka kabiri karangiye hamaze kujyamo ikinyuranyo cy’amanota 30 (58-28).

Mu gace ka gatatu, JKT yagerageje kugarira itsindwa ku kinyuranyo cy’amanota umunani (24-16) mu gihe mu gace ka nyuma yatsinzwe ku kinyuranyo cy’amanota 14 (31-17), umukino urangira harimo ikinyuranyo cy’amanota 52 (113-61).

Baraka Sadick Atumani wa JKT yatsinze amanota 29 muri uyu mukino mu gihe Keneth Gasana wa Patriots BBC yatsinzemo 21, anasama imipira itandatu iva ku nkangara.

Umutoza wa Patriots BBC, Caley Odhiambo yavuze ko yishimiye uko abakinnyi be bitwaye kuko bakoze ibyo abatoza bari bapanze mbere y’umukino.

Ati ‘’Twashyize mu bikorwa ibyo twari twapanze gukora byose kandi mu gace ka gatatu twabonye ko bafunguye umukino noneho biduha imbaraga zo gutsinda umukino. Hari imipira myinshi twatakaje, ibyo nibyo tugiye gukoraho mu myitozo y’ejo mu gitondo.’’

Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Kabiri, mu itsinda A, Gendarmerie Nationale Basketball Club ’GNBC’ yo muri Madagascar yatsinze University of Zambia Pacers ’UNZA’ yo muri Zambia amanota 78-75 mu gihe mu itsinda B, Ferroviario Maputo yo muri Mozambique yatsinze Cobra Sports yo muri Sudani y’Amajyepfo amanota 74-59

Imikino irakomeza kuri uyu wa Gatatu, aho saa 12:30 City Oilers yo muri Uganda ihura na Ferroviario Maputo, saa 15:00 J.K.T ihure na G.N.B.C, saa 17:30 Cobra Sports irakina na KPA igera i Kigali uyu munsi mu gihe saa 20:00 Patriots BBC ikina na UNZA Pacers.

Amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda, ni yo azakomeza muri ½, aho atatu ya mbere azabona itike yo gukomeza mu Kindi cyiciro kizakinwa guhera muri Werurwe 2020.

Src: IGIHE

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Ubwanditsi 30 Aug 2025
Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Ubwanditsi 22 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu
POLITIKI

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri
ITOHOZA

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica  Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru