• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Editorial 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubucuruzi bwa Uganda bukomeje guhura n’akaga kuko bumaze kugabanukaho miliyari 3.4 z’amashilingi biturutse ku buhahirane n’ibihugu by’ibuturanyi bwasubiye inyuma.

Raporo y’ubucuruzi bwo hanze y’umwaka wa 2018/2019, igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bwa Uganda n’ibihugu bituranye, bwavuye kuri miliyoni 932 z’amadorali ni ukuvuga miliyari ibihumbi 3.4 z’amashilingi mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018 bugera kuri miliyoni 11 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 340 z’amashilingi mu mpera za Kamena ubwo warangiraga.

Iyi raporo kandi yagaragaje ko mu 2018/2019, Uganda yohereje mu mahanga ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 1.6 by’amadorali, ugereranyije na miliyari 1.5 by’amadorali zoherejwe mu 2017/2018 bisobanuye ko ibyo iki gihugu cyohereza mu mahanga byagabanutse.

Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija, yavuze ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo ari ibijyanye n’imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro biri mu bihugu bituranye na Uganda birimo Tanzania n’u Rwanda.

Raporo ivuga ko “Ubucuruzi muri EAC bwagabanutse mu mwaka wa 2018/2019 ugereranyije n’umwaka wa 2017/2018 kubera ibibazo by’imisoro mu bihugu bimwe harimo Tanzania, imipaka yabaye ihagaritswe y’u Rwanda na Uganda ndetse n’igabanuka ry’ibikomoka ku buhinzi bwoherezwa mu mahanga, birimo ibishyimbo n’ibigori mu karere.”

Uganda yikomye Kenya kuko iki gihugu cyafashe icyemezo cyo guteza imbere ibihakorerwa, kigahagarika bimwe mu bicuruzwa bisa nk’ibi byavaga muri Uganda.

Raporo igaragaza ko ubucuruzi hagati ya Uganda na Kenya bwagabanutseho miliyoni 207 z’amadorali, kuko Uganda yoherejeyo ibifite agaciro ka miliyoni 694 z’amadorali, ugereranyije n’ibyo yoherejeyo bifite agaciro ka miliyoni 487 z’amadorali mu mwaka wari wabanje.

Uganda yakundaga kohereza muri Kenya ibinyampeke n’isukari, nyamara ibi byose bihingwa no muri Kenya.

Uganda kandi yavanye muri Tanzania ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 433 z’amadorali, ugereranyije n’ibifite agaciro ka miliyoni 77 z’amadorali yoherejeyo. Ibi bisobanuye ko harimo icyuho cy’amadorali miliyoni 356 z’amadorali.

Uganda yahuye n’akaga ku byo yoherezaga mu Rwanda

Iyi raporo ivuga ko ibyo Uganda yoherezaga mu Rwanda byagabanutse bivuye kuri miliyoni 253 z’amadorali, ni ukuvuga miliyari 926 z’amashilingi byariho mu 2017/2018, bigera kuri miliyoni 167 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 611 z’amashilingi mu 2018/2019.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro muri Uganda, Abel Bizimana, yatabaje inzego zitandukanye avuga ko ihungabana ry’umubano w’u Rwanda na Uganda rikomeje kugira ingaruka ku baturage be.

Ati “ Ubu Kisoro ubucuruzi bwarahagaze.”

Muri Werurwe uyu mwaka u Rwanda rwatangaje ko mu gihe urujya n’uruza hagati y’ibihugu byombi rudahagaze neza, rwiteguye ko ibicuruzwa byavaga muri Uganda bishobora gushakirwa ahandi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagize ati “Ibyo twavanaga muri Uganda bikubye inshuro nyinshi ibyo twoherezayo. Ibyo twakuragayo byari bifite agaciro ka miliyoni $242 twe twoherezayo gusa miliyoni $27.”

“Urumva rero haramutse hagize igituma ubwo bucuruzi bugabanuka, igihombo cyinshi kiba kuri wa wundi wacuruzaga hanze, kiva k’utakaje isoko. Igihombo cyaba kuri Uganda kurusha u Rwanda. Kubera ko kuri twe, Uganda ni isoko rito twoherezagaho ibintu bike, bo batugurishaho byinshi inshuro nyinshi.”

Imibare igaragaza ko mu myaka ishize ubucuruzi bw’ibyatumizwaga mu mahanga n’u Rwanda, Uganda yari ifitemo uruhare runini ariko rwagiye rugabanuka mu mezi ashize.

Uyu mubano mubi wagize ingaruka ku bicuruzwa byavaga muri Uganda birimo amavuta yo guteka ya Mukwano, Uganda Waragi, amazi ya Rwenzori na Sima ya Hima.

Ibibazo by’ubukungu Uganda irimo muri iki gihe biherutse gutuma yiyambaza banki zo mu bihugu birimo na Afurika y’Epfo ishaka kuguza miliyoni 660$ yo kuziba icyuho kiri mu ngengo y’imari.

Mu mpamvu zatumye hitabazwa amabanki mu kuziba iki cyuho harimo ko leta yabuze amashilingi menshi yari yiteze mu misoro.

2019-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Editorial 06 Nov 2024
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Editorial 16 May 2019
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Editorial 06 Nov 2024
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Editorial 16 May 2019
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. C.H
    December 27, 201910:28 am -

    Ukwanga atiretse arakubwira ngo ngwino murwane

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru