• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubwanditsi 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubucuruzi bwa Uganda bukomeje guhura n’akaga kuko bumaze kugabanukaho miliyari 3.4 z’amashilingi biturutse ku buhahirane n’ibihugu by’ibuturanyi bwasubiye inyuma.

Raporo y’ubucuruzi bwo hanze y’umwaka wa 2018/2019, igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bwa Uganda n’ibihugu bituranye, bwavuye kuri miliyoni 932 z’amadorali ni ukuvuga miliyari ibihumbi 3.4 z’amashilingi mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018 bugera kuri miliyoni 11 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 340 z’amashilingi mu mpera za Kamena ubwo warangiraga.

Iyi raporo kandi yagaragaje ko mu 2018/2019, Uganda yohereje mu mahanga ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 1.6 by’amadorali, ugereranyije na miliyari 1.5 by’amadorali zoherejwe mu 2017/2018 bisobanuye ko ibyo iki gihugu cyohereza mu mahanga byagabanutse.

Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija, yavuze ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo ari ibijyanye n’imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro biri mu bihugu bituranye na Uganda birimo Tanzania n’u Rwanda.

Raporo ivuga ko “Ubucuruzi muri EAC bwagabanutse mu mwaka wa 2018/2019 ugereranyije n’umwaka wa 2017/2018 kubera ibibazo by’imisoro mu bihugu bimwe harimo Tanzania, imipaka yabaye ihagaritswe y’u Rwanda na Uganda ndetse n’igabanuka ry’ibikomoka ku buhinzi bwoherezwa mu mahanga, birimo ibishyimbo n’ibigori mu karere.”

Uganda yikomye Kenya kuko iki gihugu cyafashe icyemezo cyo guteza imbere ibihakorerwa, kigahagarika bimwe mu bicuruzwa bisa nk’ibi byavaga muri Uganda.

Raporo igaragaza ko ubucuruzi hagati ya Uganda na Kenya bwagabanutseho miliyoni 207 z’amadorali, kuko Uganda yoherejeyo ibifite agaciro ka miliyoni 694 z’amadorali, ugereranyije n’ibyo yoherejeyo bifite agaciro ka miliyoni 487 z’amadorali mu mwaka wari wabanje.

Uganda yakundaga kohereza muri Kenya ibinyampeke n’isukari, nyamara ibi byose bihingwa no muri Kenya.

Uganda kandi yavanye muri Tanzania ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 433 z’amadorali, ugereranyije n’ibifite agaciro ka miliyoni 77 z’amadorali yoherejeyo. Ibi bisobanuye ko harimo icyuho cy’amadorali miliyoni 356 z’amadorali.

Uganda yahuye n’akaga ku byo yoherezaga mu Rwanda

Iyi raporo ivuga ko ibyo Uganda yoherezaga mu Rwanda byagabanutse bivuye kuri miliyoni 253 z’amadorali, ni ukuvuga miliyari 926 z’amashilingi byariho mu 2017/2018, bigera kuri miliyoni 167 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 611 z’amashilingi mu 2018/2019.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro muri Uganda, Abel Bizimana, yatabaje inzego zitandukanye avuga ko ihungabana ry’umubano w’u Rwanda na Uganda rikomeje kugira ingaruka ku baturage be.

Ati “ Ubu Kisoro ubucuruzi bwarahagaze.”

Muri Werurwe uyu mwaka u Rwanda rwatangaje ko mu gihe urujya n’uruza hagati y’ibihugu byombi rudahagaze neza, rwiteguye ko ibicuruzwa byavaga muri Uganda bishobora gushakirwa ahandi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagize ati “Ibyo twavanaga muri Uganda bikubye inshuro nyinshi ibyo twoherezayo. Ibyo twakuragayo byari bifite agaciro ka miliyoni $242 twe twoherezayo gusa miliyoni $27.”

“Urumva rero haramutse hagize igituma ubwo bucuruzi bugabanuka, igihombo cyinshi kiba kuri wa wundi wacuruzaga hanze, kiva k’utakaje isoko. Igihombo cyaba kuri Uganda kurusha u Rwanda. Kubera ko kuri twe, Uganda ni isoko rito twoherezagaho ibintu bike, bo batugurishaho byinshi inshuro nyinshi.”

Imibare igaragaza ko mu myaka ishize ubucuruzi bw’ibyatumizwaga mu mahanga n’u Rwanda, Uganda yari ifitemo uruhare runini ariko rwagiye rugabanuka mu mezi ashize.

Uyu mubano mubi wagize ingaruka ku bicuruzwa byavaga muri Uganda birimo amavuta yo guteka ya Mukwano, Uganda Waragi, amazi ya Rwenzori na Sima ya Hima.

Ibibazo by’ubukungu Uganda irimo muri iki gihe biherutse gutuma yiyambaza banki zo mu bihugu birimo na Afurika y’Epfo ishaka kuguza miliyoni 660$ yo kuziba icyuho kiri mu ngengo y’imari.

Mu mpamvu zatumye hitabazwa amabanki mu kuziba iki cyuho harimo ko leta yabuze amashilingi menshi yari yiteze mu misoro.

2019-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Ubwanditsi 11 Jan 2021
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. C.H
    December 27, 201910:28 am -

    Ukwanga atiretse arakubwira ngo ngwino murwane

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo
Amakuru

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?
Mu Rwanda

Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Ubwanditsi 15 Jul 2016
NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo
Mu Rwanda

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Ubwanditsi 02 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru