• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubwanditsi 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubucuruzi bwa Uganda bukomeje guhura n’akaga kuko bumaze kugabanukaho miliyari 3.4 z’amashilingi biturutse ku buhahirane n’ibihugu by’ibuturanyi bwasubiye inyuma.

Raporo y’ubucuruzi bwo hanze y’umwaka wa 2018/2019, igaragaza ko icyuho mu bucuruzi bwa Uganda n’ibihugu bituranye, bwavuye kuri miliyoni 932 z’amadorali ni ukuvuga miliyari ibihumbi 3.4 z’amashilingi mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018 bugera kuri miliyoni 11 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 340 z’amashilingi mu mpera za Kamena ubwo warangiraga.

Iyi raporo kandi yagaragaje ko mu 2018/2019, Uganda yohereje mu mahanga ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 1.6 by’amadorali, ugereranyije na miliyari 1.5 by’amadorali zoherejwe mu 2017/2018 bisobanuye ko ibyo iki gihugu cyohereza mu mahanga byagabanutse.

Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija, yavuze ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo ari ibijyanye n’imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro biri mu bihugu bituranye na Uganda birimo Tanzania n’u Rwanda.

Raporo ivuga ko “Ubucuruzi muri EAC bwagabanutse mu mwaka wa 2018/2019 ugereranyije n’umwaka wa 2017/2018 kubera ibibazo by’imisoro mu bihugu bimwe harimo Tanzania, imipaka yabaye ihagaritswe y’u Rwanda na Uganda ndetse n’igabanuka ry’ibikomoka ku buhinzi bwoherezwa mu mahanga, birimo ibishyimbo n’ibigori mu karere.”

Uganda yikomye Kenya kuko iki gihugu cyafashe icyemezo cyo guteza imbere ibihakorerwa, kigahagarika bimwe mu bicuruzwa bisa nk’ibi byavaga muri Uganda.

Raporo igaragaza ko ubucuruzi hagati ya Uganda na Kenya bwagabanutseho miliyoni 207 z’amadorali, kuko Uganda yoherejeyo ibifite agaciro ka miliyoni 694 z’amadorali, ugereranyije n’ibyo yoherejeyo bifite agaciro ka miliyoni 487 z’amadorali mu mwaka wari wabanje.

Uganda yakundaga kohereza muri Kenya ibinyampeke n’isukari, nyamara ibi byose bihingwa no muri Kenya.

Uganda kandi yavanye muri Tanzania ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 433 z’amadorali, ugereranyije n’ibifite agaciro ka miliyoni 77 z’amadorali yoherejeyo. Ibi bisobanuye ko harimo icyuho cy’amadorali miliyoni 356 z’amadorali.

Uganda yahuye n’akaga ku byo yoherezaga mu Rwanda

Iyi raporo ivuga ko ibyo Uganda yoherezaga mu Rwanda byagabanutse bivuye kuri miliyoni 253 z’amadorali, ni ukuvuga miliyari 926 z’amashilingi byariho mu 2017/2018, bigera kuri miliyoni 167 z’amadorali ni ukuvuga miliyari 611 z’amashilingi mu 2018/2019.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro muri Uganda, Abel Bizimana, yatabaje inzego zitandukanye avuga ko ihungabana ry’umubano w’u Rwanda na Uganda rikomeje kugira ingaruka ku baturage be.

Ati “ Ubu Kisoro ubucuruzi bwarahagaze.”

Muri Werurwe uyu mwaka u Rwanda rwatangaje ko mu gihe urujya n’uruza hagati y’ibihugu byombi rudahagaze neza, rwiteguye ko ibicuruzwa byavaga muri Uganda bishobora gushakirwa ahandi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagize ati “Ibyo twavanaga muri Uganda bikubye inshuro nyinshi ibyo twoherezayo. Ibyo twakuragayo byari bifite agaciro ka miliyoni $242 twe twoherezayo gusa miliyoni $27.”

“Urumva rero haramutse hagize igituma ubwo bucuruzi bugabanuka, igihombo cyinshi kiba kuri wa wundi wacuruzaga hanze, kiva k’utakaje isoko. Igihombo cyaba kuri Uganda kurusha u Rwanda. Kubera ko kuri twe, Uganda ni isoko rito twoherezagaho ibintu bike, bo batugurishaho byinshi inshuro nyinshi.”

Imibare igaragaza ko mu myaka ishize ubucuruzi bw’ibyatumizwaga mu mahanga n’u Rwanda, Uganda yari ifitemo uruhare runini ariko rwagiye rugabanuka mu mezi ashize.

Uyu mubano mubi wagize ingaruka ku bicuruzwa byavaga muri Uganda birimo amavuta yo guteka ya Mukwano, Uganda Waragi, amazi ya Rwenzori na Sima ya Hima.

Ibibazo by’ubukungu Uganda irimo muri iki gihe biherutse gutuma yiyambaza banki zo mu bihugu birimo na Afurika y’Epfo ishaka kuguza miliyoni 660$ yo kuziba icyuho kiri mu ngengo y’imari.

Mu mpamvu zatumye hitabazwa amabanki mu kuziba iki cyuho harimo ko leta yabuze amashilingi menshi yari yiteze mu misoro.

2019-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022
Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Agnes Uwimana mu butekamutwe no gushaka indonke asebya inzego za Leta, ni inshuro ya kabiri asuye Cyuma akanga kumwiyereka kuko aziko amushakiraho amaramuko

Ubwanditsi 16 May 2022
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023

Igitekerezo kimwe

  1. C.H
    December 27, 201910:28 am -

    Ukwanga atiretse arakubwira ngo ngwino murwane

    Subiza

Leave a Reply to C.H Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwarimu yatewe inda  n’Umwana  yigisha
ITOHOZA

Umwarimu yatewe inda n’Umwana yigisha

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)
HIRYA NO HINO

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019
U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi
ITOHOZA

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru