• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020 IMIKINO

Ibitego bya Usengimana Danny byafashije APR FC gutsinda Bugesera FC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 17 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru.

APR FC yakiriye uyu mukino idafite abakinnyi batanu kubera ibibazo bitandukanye birimo amakarita y’umuhondo kuri Manzi Thierry na Niyomugabo Claude ndetse n’imvune kuri Mugunga Yves na Ntwari Fiacre.

Ikipe y’ingabo yihariye umupira mu minota ibanza y’umukino ariko Manishimwe Djabel na Usengimana Danny babanirwa kubyaza umusaruro uburyo babonye imbere y’ubwugarizi bwa Bugesera FC bwuhazagurikaga.

Ku bwumvikane buke mu bwugarizi bwa APR FC, Shabani Hussein Tchabalala yateye umupira mu izamu, umunyezamu Rwabugiri atabara izamu rye.

APR FC yafunguye amazamu ku munota wa 15 ku gitego cyatsinzwe na Danny Usengimana waherejwe umupira na Bukuru Christophe, aroba umunyezamu Kwizera Janvier nyuma yo gusiga abakinnyi b’inyuma ba Bugesera FC.

Imanishimwe Emmanuel yananiwe gutsindira APR FC ku mupira yateye ku ruhande mu gihe Nshuti Innocent yahawe na Usengimana umupira, ashatse kuwurenza Kwizera Janvier, uyu munyezamu wa Bugesera FC abyitwaramo neza.

Habura iminota itanu ngo igice cya kabiri kirangire, APR FC yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Usengimana Danny na bwo yongeye kuroba umunyezamu wa Bugesera FC.

Bugesera FC yasatiriye APR FC inabona igitego cy’impozamarira cyatsinzwe na Shabani Hussein ku munota wa 55 ndetse uyu rutahizamu ukomoka mu Burundi yuzuza ibitego 11.

Rwabugiri yarokoye APR FC ku mupira ukomeye yakuyemo nyuma yo gutereshwa umutwe na Mugisha François Master mu gihe Byiringiro Lague yateye hanze umupira washoboraga kuvamo igitego cya gatatu mu minota ya nyuma.

Gutsinda uyu mukino byafashije APR FC kuyobora Shampiyona n’amanota 41, irusha amanota atandatu Rayon Sports ya kabiri mu gihe Bugesera FC ifite amanota 23 ku mwanya wa gatandatu.

Mu yindi mikino yabaye uyu munsi, Kiyovu Sports yatsinzwe na Espoir FC igitego 1-0, Mukura Victory Sports inyagira Sunrise FC ibitego 4-1 mu gihe Etincelles FC yatsinzwe na Heroes FC igitego 1-0.

2020-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Ubwanditsi 19 Aug 2023
FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens  niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Tour du Rwanda:Ndayisenga Valens niwe wegukanye agace ka Kigali –Karongi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye
Amakuru

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Ubwanditsi 22 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru