• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze
Kayumba Nyamwasa na Leah Karegeya

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Ubwanditsi 22 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Byari tariki ya 29 Gashyantare 2019, ubwo I Washington DC habaga umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya ariko  Kayumba Nyamwasa akabuza uwariwe wese muri RNC kubyitabira ndetse nawe ntiyagira ijambo avuga akoresheje Skype nkuko asanzwe abikora. Ibi byababaje cyane Leah Karegeya kuburyo mu ijambo rye atabashije guhisha umujinya afitiye Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke muri rusange.

Kuri iyo tariki ubwo bibukaga Karegeya, Gervais Condo niwe wenyine wabashije kujyayo ariko nawe ajyayo ku giti cye. Mu bucukumbuzi Rushyashya yakoze,  yaje kumenya ikibyihishe inyuma;  Kayumba Nyamwasa yumvaga uyu muhango uri bube umwanya mwiza kuri Leah Karegeya wamwiyomoyeho wo kugaragaza ibinyoma n’amakosa ye  muri RNC akoresheje cyane amarangamutima. Ariko ntibyamubujije kugira ubutumwa agenera Kayumba Nyamwasa.

Mu gusoza ijambo rye, Leah Karegeya yavuzeko afite ubutumwa ububiri, bumwe bugenewe abana be ubundi bugenewe RNC ariko yavugaga umuntu ariwe Kayumba Nyamwasa, ndetse ashaka no kugaragariza abana be uwo Kayumba Nyamwasa uwariwe aho yagize ati

 “Muzafate umuntu mu mugongo niba namwe mushaka ko babafata mu mugongo mu minsi iri imbere; Kuba ubuyobozi bwa RNC muri Amerika butitabiriye uyu muhango, biragaraza umurongo RNC igenderaho mu gihe kwibuka Karegeya byaduhuzaga. Umuntu ntiyaba ari inshuti yawe, mu gihe adashobora kuvuga neza izina ryawe mu ruhame igihe udahari. Imbaraga z’umugabo uzibona uburyo yitwara mu byago. Njyewe ibyago wanteje nabinyuzemo ndabizi, ndagirango nkumenyeshe ku mugaragaro ko watsinzwe. Abantu benshi bamaze kukuvaho ntibanakikwizera kuzana impinduka wemeye…….”

Leah yashakaga kwereka abana be isura nyayo ya Kayumba Nyamwasa abenshi bibeshya ko ari inshuti y’umuryango. Rushyashya yaje kumenya ko bitarangiriye aho,  ahubwo Leah Karegeya yafashe Telephone ahamagara Kayumba Nyamwasa aramutuka aramwandagaza, Kayumba Nyamwasa akabiburira ubusobanuro, aho yavuzeko azamusobanurira impamvu yashize umujinya, nkuko tubikesha abaduha amakuru muri RNC.

Ikigaragara, ibyo Kayumba Nyamwasa yabashije kugeraho ni ukuburizamo ibitangazamkuru by’ibigarasha kuvuga kuri uwo muhango. Kuri uwo munsi, Kayumba Nyamwasa yavuye mu mwobo yihishamo avugana na Serge Ndayizeye kuri Radio rutswitsi Itahuka. Kayumba Nyamwasa yivugiye kuri Kizito Mihigo si ukumutaka amugira umutagatifu ndetse na Mandela w’Afurika. Ibi byari bifite ubutumwa bukomeye. Kayumba Nyamwasa yashakaga kwerekana ko Leah Karegeya ntacyo avuze muri RNC dore ko yirirwa avuga ko umuvuyeho wese azima burundu. Mu nama yakoresheje avuga ibi yatanze urugero rwa Rudasingwa Theogene n’abandi.

Kuba Kayumba Nyamwasa yaragiye gutaka Kizito Mihigo atazi, ku munsi umwe no kwibuka Karegeya Patrick babanye bagakorana igisirikari, kugeza bombi bafashe umugambi umwe wo gukorera igihugu cya Uganda bakiri mu girisikari cy’u Rwanda, bakarinda bahunga bose bagashingira hamwe RNC muri Afurika y’Epfo, byerekana urwango rurenze ruri hagati ya Leah Karegeya na Kayumba Nyamwasa. Kuva Karegeya yakwicwa hari amakuru yavuzwe ko yaba yaragambaniwe na Kayumba Nyamwasa.

Leah Karegeya wafatwaga nk’umujyanama w’ikirenga muri RNC nawe yayisezeyemo ajyana na Jean Paul Turayishimye ndetse na komite ya Canada, bashinja Kayumba Nyamwasa kugambanira Benjamin Rutabana. Muri iyo Komite ya Canada yirukanwe, harimo mushiki wa Rutabana Tabita Gwiza na mukuru we Ndwaniye Simeon nuwahoze ari umubitsi wa RNC/Canada witwa Jean Paul Ntagara.

2020-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko  umuhango wo kwibuka  Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko umuhango wo kwibuka Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge  za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro
POLITIKI

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo
ITOHOZA

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye
Amakuru

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Ubwanditsi 02 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru