• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda
Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe isi yose yugarijwe  n’icyorezo cya Virusi ya Corona giteye inkeke kikaba cyarahungabanyije ibihugu byose, Umubare w’abanduye icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus mu Rwanda wagumye ku 105, mu gihe abandi bantu batatu basezerewe mu bitaro, bituma umubare w’abamaze gukira ugera kuri barindwi.

Ku wa 5 Mata 2020 nibwo abantu bane ba mbere barimo Abanyarwanda batatu n’Umurundi umwe basezerewe aho bari barwariye mu Kigo Nderabuzima cya Kanyinya, nyuma yo gusuzumwa ibipimo bikerekana ko nta bwandu bagifite.

Abasezerewe mu bitaro ku Cyumweru basohotse bagaragara ko bameze neza ku maso, bipfutse udupfukamunwa nka bumwe mu buryo bwo kwirinda.

Ariko abanzi b’igihugu ndetse n’abandi bafite imitekereze mibi ya politiki  barimo David Himbara na Patrick Habamenshi wigeze kuba Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, uyu akaba ari umuhungu wa Habamenshi wari Ambasaderi muri Leta ya Habyarimana n’abandi nkabo babarizwa mu mashyaka atandukanye yitwa ko ari muri Opposition, arwanya leta y’u Rwanda bakomeje guhonda agatoki ku kandi kuva Minisitireri y’ubuzima itangaje ku mugaragaro ko abantu batatu basezerewe mu bitaro.

Aba ni nako  barimo gukoresha abanyamahanga bahabwa amafaranga na Rujugiro biciye muri David Himbara  guharabika  u Rwanda, muri abo harimo Umunyamakuru Anjan Sundaram ukomoka mu buhinde uyu akaba yarinjiye muri RNC nyuma yo kuva mu Rwanda  yubikiwe imbehe, akaba yarabaye mu Rwanda, akorera Internews I Kigali, uyu mushinga ukaza gufungwa,  Sundaram na Nathalie Blaquiere, bakoranaga muri uyu mushinga babana mu nzu imwe nk’ umugore  n’umugabo kuko  Sundaram yari yarinjiye uyu mugore w’umukecuru w’imyaka isaga 60 wari umuyobozi wa Internews/EU bombi bakoreraga, yaje guhagarikirwa inkunga n’imiryango yabafashaga kubera kudakoresha neza amafaranga bahabwaga no kubera gutangaza amakuru yibinyoma ku Rwanda, uyu  Anjan Sundaram nyuma y’uko ava mu Rwanda yahise yandika  igitabo giharabika u Rwanda yise: Bad News: Last Journalists in a Dictatorship (mu cyongereza), Bad News – Derniers journalistes sous une dictature (mu gifaransa), yafatanyije kwandika n’uwahoze ari Umunyamakuru w’umuseso witwa Nsabimana Alphonse uba mu gihugu cy’Ubufaransa.

Amakuru azwi neza ni uko akorana n’abarwanya Leta y’Urwanda cyane cyane Paul Rusesabagina ndetse na RNC.Niwe ukora ubuhuza hagati y’abarwanya Leta y’U Rwanda ndetse kubufatanye na Anjan Sundaram  akabahuza n’itangazamakuru rinyuranye. Ahora mu ngendo mu bihugu by’uburayi ndetse n’Afurika aho aba agiye guhura n’abo bose batifuriza igihugu cyacu icyiza.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Mata 2020, Anjan Sundaram yongeye gukora u Rwanda mu jisho, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa twitter yatangaje ko muri iki cyumweru inshuti ye y’umunyarwanda yitabye Imana iri mu Rwanda izize COVID-19.  Ariko ngo abayobozi b’u Rwanda bavuga ko yazize indwara y’umutima, nyamara ngo umuntu wageze ku murambo mbere yashyizwe mu kato k’iminsi 14. Anjan Sundaram agira ati: “Uku niko abategetsi b’igitugu bacunga imibare y’abahitanwa na Coronavirus”

Niba koko iyi nshuti ya Anjan Sundaram yarahitanywe na COVID-19 bikagirwa ibanga, ese ntigira imyirondoro ye ndetse n’umuryango ikomokamo ngo babe baravuze ukuri kuri ibi byabaye n’igihe uwo muntu yaba yarashyinguriwe. Nyamara uriya Sundaram avuga ni umu DJ uherutse kwicwa n’Umutima. Iyi Propaganda ye turayimenyereye.

Abazi neza uyu muhinde babwiye Rushyashya ko kuva yava mu Rwanda yubikiwe imbehe aho yari yungirije umugore bakoranaga muri Internews, witwa Nathalie Blaquiere akaba yari n’umwinjira murugo Nathalie Blaquiere, bombi  bamye ari abantu bashishikajwe no kumva inkuru mbi ku Rwanda.

Anjan Sundaram na Nathalie Blaquiere

“Bad News: Last Journalists in a Dictatorship ”  Sam Gody Nshimiyimana, umunyamakuru umaze igihe kirekire mu itangazamakuru ryo mu Rwanda ni we wibanzweho cyane muri iki gitabo yanahawemo akabyiniriro ka Moses. Avuga ko ibyanditswe na Sundaram ari ibinyoma bisa, akurikije uko amuzi nk’umuntu bakoranye igihe kigera ku myaka itatu.

Anjan Sundam yakoranye bya bugufi cyane na Sam Gody Nshimiyimana mu mushinga wahoze ukorera mu Rwanda witwa Internews/EU waterwaga inkunga na DFID ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wibandaga mu bikorwa byo guhugura abanyamakuru.

Mu gitekerezo Sam Gody yanyujije mu kinyamakuru Rwanda Focus [ kitarafunga ] avuga ko Sundaram n’umugore we Nathalie Blaquiere bakoraga iyo bwabaga kugira bagaragaze isura itari nziza y’u Rwanda, dore ko ngo Anjan Sundam  yajyaga akora inkuru akazohereza ku binyamakuru bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka The New York Times na Associated Press, Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika. Aha hose ngo zaragurwaga.

Iteka ngo Sam Gody mu gihe yamaranye na Sundaram yamusobanuriraga ibivugwa ku itangazamakuru ryo mu Rwanda, ahanini ku binyoma by’uko hari abanyamakuru baterwa ubwoba bigatuma badakora umwuga wabo neza.

Nyamara uyu mwanditsi ukomoka mu Buhinde mu gitabo cye cyakirijwe yombi n’ibitangazamakuru byo mu mahanga, cyane ibikunze kurangwa n’umurongo udacira akari urutega u Rwanda, avuga ko ngo guverinoma y’u Rwanda itajya yemera abantu bayinenga ariyo mpamvu ababigerageje b’abanyamakuru bakumirirwa kure.

Kuri ibi, Sam Gody avuga ko atari ukuri, kuko Sundaram nk’umuntu wamaze igihe kinini mu Rwanda azi ukuri kw’ibintu byose kuko bajyaga babiganiraho bombi ndetse bakanabiganiriza abanyeshuri bigishaga kugira ngo batagenda buhumyi.

Ibimenyetso bigaragaza urwango rukomeye ku Rwanda

Muri uyu mushinga Internews/EU, ubusumbane mu mikorere ahanini bigendeye ku itangwa ry’imishahara nabyo ni kimwe mu bibazo byagaragaye bikanashimangira urwango Anjan Sundaram n’umugore we bari bafitiye u Rwanda.

Sam Gody wabaye muri ubwo buribwe yabisobanuye agira ati “Yatangaga [umugore wa Sundaram] umushahara agendeye ku bwenegihugu. Yavugaga ko azi muri twe Umuhutu cyangwa Umututsi, n’ubwo Abanyarwanda batakigira imyumvire ishingiye ku moko. Yagendaga kenshi mu mujyi wa Kigali kuri Moto, agakunda kuvuga ko iki gihugu cyuzuyemo abagome.”

Anjan Sundaram, ngo nk’umuntu wamaze imyaka irenga itatu mu Rwanda kandi abana n’itangazamakuru, azi neza ko ikibazo cy’abanyamakuru atari uguterwa ubwoba, n’ababufite ko ari bo babwiteramo.

Ahubwo ngo ikibazo gishingiye ku mikoro kuko ariyo atuma abantu bava mu itangazamakuru bagahitamo kujya kuba abavugizi b’ibigo, aho bazasanga umushahara uzabatunga.

Sundaram wavutse mu 1985 yavuye mu Rwanda mu Ukuboza 2013 ahamaze imyaka igera kuri itanu.

Sam Gody avuga ko Anjan Sundaram yanditse igitabo giharabika u Rwanda abizi neza kubera kwishakira amaronko kuko ngo ashaka kwereka bene wabo b’Abahinde ko ubukire butava mu bucuruzi gusa.

Umunyamakuru Anjan Sundaram wanditse igitabo Bad News: Last Journalists in a Dictatorship

2020-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Alex
    April 8, 202011:12 am -

    Iki kigiryi cy’umuhinde se cyasubiye guca inshuro mu buhinde uko u Rwanda ari urw’abanyarwanda n’inshuti zarwo arahunahuna iki ku Rwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBISOBANURO KU IRASWA RY’UMUPOLISI RYABEREYE I BUSOGO
Amakuru

IBISOBANURO KU IRASWA RY’UMUPOLISI RYABEREYE I BUSOGO

Ubwanditsi 05 May 2016
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Ubwanditsi 12 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru