• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Ubwanditsi 02 Jul 2020 Mu Rwanda

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 kamena 2020, umuyobozi ushinzwe abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera Madame Murebwayire Marie Grace yabwiye abanyamakuru ko uburyo bwo kwakira ababagana bwahindutse kubera uburyo bwo kwirinda COVID 19

Agira ati “Uburyo twakira abatugana muri ibi bihe ntibyoroshye, kuko bidusaba kugenzura ko umuntu wese winjiye abanza gukaraba intoki hanyuma agapimwa umuriro kugira ngo turebe uko ahagaze”

Marie Grace akomeza avuga ko iyo basanze afite umuriro ukabije bakamujyana ahabugenewe akabazwa amakuru yose y’ibirebana na covid-19

Nubwo nta muntu n’umwe barasanga afite iyi virusi, ariko muri ibi bitaro bya Nyamata hari ahabugenewe bashyira abakekwaho ubwandu bw’iyi virusi hazwi nko mu kato

Ati “tumaze kwakira abantu bagera ku 8 tubashyira mu kato aho bamara iminsi bakurikiranwa n’abaganga gusa, ariko nta murwayi n’umwe wagaragaweho Covid 19 muri abo bose”

Buhirike Jean Bosco ushinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo muri ibi bitaro, avuga ko abantu benshi bamaze kumva neza ibijyanye no kwirinda iyi ndwara.

Ati “tumaze gukora ubukangurambaga tukabona abantu bagera kuri 4 batambaye agapfukamunwa ariko nabo ukabona bafite isoni ariko nabo twarabasobanuriye babyumva neza”

Akomeza avuga ko mu rwego rwo gukomeza kwirinda Coronavirus bafashe ingamba zikomeye hamwe n’inzego z’umutekano, barinda abaturage bagenda batambaye udupfukamunwa, abaca mu nzira zitemewe bava i Burundi n’ahandi, kugira ngo bazatsinde Virusi yugarije isi, ibi binashimangirwa na Dr Ntahompagaze Cyrille Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Nyamata

Aho yavuze ko mu bipimo 2050 bimaze bufatwa mu karere ka Bugesera nta murwayi n’umwe urahaboneka, dore ko na Meya w’aka Karere Bwana Mutabazi Richard yabwiye abanyamakuru ko, nta barwayi baturuka muri aka karere bagaragaweho na Corona virus, uretse bamwe bapimiwe muri ako karere ariko babaga bavuye ahandi

Families face hunger over drought and poor harvest - Rwanda Today

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Bwana Mutabazi Richard (Photo: N. Cyrille)

Nyirayezu Annonciata ni umuturage utuye mu murenge wa Rweru mu kagari ka Ndemba mu mudugudu wa Rutete yabwiye abanyamakuru ko yacengewe n’inyigisho zo kwirinda ikwirakwizwa rya Corona virusi. Ati ” Nubwo twugarijwe n’iki cyago cya covid-19 hakenewe ubufatanye hagati y’ababyeyi n’ubuyobozi mu kwigisha abana babo kwirinda covid 19 bambara udupfukamunwa, guhana intera hagati y’umuntu n’undi no gukaraba intoki kenshi gashoboka

Meya Mutabazi, avuga ko biteguye guhangana na Corona virusi, kandi ko ku bufatanye n’inzego zose bazayitsinda.

2020-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Ubwanditsi 28 Aug 2016
RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Bernard Makuza aremeza ko Paul Kagame ari we soko y’ibikorwa byose mu Rwanda [ VIDEO ]

Ubwanditsi 30 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi
Uncategorized

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Rwanda : trois fantômes et un mystère
ITOHOZA

Rwanda : trois fantômes et un mystère

Ubwanditsi 16 Oct 2016
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru