• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Ubwanditsi 02 Jul 2020 Mu Rwanda

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 kamena 2020, umuyobozi ushinzwe abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera Madame Murebwayire Marie Grace yabwiye abanyamakuru ko uburyo bwo kwakira ababagana bwahindutse kubera uburyo bwo kwirinda COVID 19

Agira ati “Uburyo twakira abatugana muri ibi bihe ntibyoroshye, kuko bidusaba kugenzura ko umuntu wese winjiye abanza gukaraba intoki hanyuma agapimwa umuriro kugira ngo turebe uko ahagaze”

Marie Grace akomeza avuga ko iyo basanze afite umuriro ukabije bakamujyana ahabugenewe akabazwa amakuru yose y’ibirebana na covid-19

Nubwo nta muntu n’umwe barasanga afite iyi virusi, ariko muri ibi bitaro bya Nyamata hari ahabugenewe bashyira abakekwaho ubwandu bw’iyi virusi hazwi nko mu kato

Ati “tumaze kwakira abantu bagera ku 8 tubashyira mu kato aho bamara iminsi bakurikiranwa n’abaganga gusa, ariko nta murwayi n’umwe wagaragaweho Covid 19 muri abo bose”

Buhirike Jean Bosco ushinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo muri ibi bitaro, avuga ko abantu benshi bamaze kumva neza ibijyanye no kwirinda iyi ndwara.

Ati “tumaze gukora ubukangurambaga tukabona abantu bagera kuri 4 batambaye agapfukamunwa ariko nabo ukabona bafite isoni ariko nabo twarabasobanuriye babyumva neza”

Akomeza avuga ko mu rwego rwo gukomeza kwirinda Coronavirus bafashe ingamba zikomeye hamwe n’inzego z’umutekano, barinda abaturage bagenda batambaye udupfukamunwa, abaca mu nzira zitemewe bava i Burundi n’ahandi, kugira ngo bazatsinde Virusi yugarije isi, ibi binashimangirwa na Dr Ntahompagaze Cyrille Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Nyamata

Aho yavuze ko mu bipimo 2050 bimaze bufatwa mu karere ka Bugesera nta murwayi n’umwe urahaboneka, dore ko na Meya w’aka Karere Bwana Mutabazi Richard yabwiye abanyamakuru ko, nta barwayi baturuka muri aka karere bagaragaweho na Corona virus, uretse bamwe bapimiwe muri ako karere ariko babaga bavuye ahandi

Families face hunger over drought and poor harvest - Rwanda Today

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Bwana Mutabazi Richard (Photo: N. Cyrille)

Nyirayezu Annonciata ni umuturage utuye mu murenge wa Rweru mu kagari ka Ndemba mu mudugudu wa Rutete yabwiye abanyamakuru ko yacengewe n’inyigisho zo kwirinda ikwirakwizwa rya Corona virusi. Ati ” Nubwo twugarijwe n’iki cyago cya covid-19 hakenewe ubufatanye hagati y’ababyeyi n’ubuyobozi mu kwigisha abana babo kwirinda covid 19 bambara udupfukamunwa, guhana intera hagati y’umuntu n’undi no gukaraba intoki kenshi gashoboka

Meya Mutabazi, avuga ko biteguye guhangana na Corona virusi, kandi ko ku bufatanye n’inzego zose bazayitsinda.

2020-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 14 May 2019
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir
ITOHOZA

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru