• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ibitangazamakuru bikoreshwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda(CMI), bikomeje kubeshya abantu ko Perezida Museveni atazajya I Goma mu nama y’abakuru b’ Ibihugu byo mu karere, yatumijwe na Perezida Etienne Tshisekedi Chilombo wa RDC, ngo kuko atizeye umutekano we aho mu mujyi wa Goma.

Nyamara abasesenguzi barimo n’impuguke mu byo gucunga umutekano w’ibikomerezwa, bagaragaje ko urwo ari urwitwazo, kuko ntacyo RDC itakoze ngo yizeze abatumiwe umutekano, cyane ko n’ amahanga yari yavuze ko azashyiraho akayo, iyo nama ikaba mu mutekano usesuye. Ahubwo amakuru nyayo aravuga ko Perezida Museveni yatinye kujya mu nama y’I Goma kubera impamvu ebyiri nyamukuru.
1.Iyi nama y’ iGoma yari kuzahurirwamo n’abakuru b’Ibihugu bashyize umukono ku masezerano y’I Luanda, yari agamije kurangiza umubano mubi urangwa hagati ya Uganda n’uRwanda. Abari batumiwe muri iyo nama ni Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri K. Museveni wa Uganda, Etienne Tshisekedi wa RDC na Joåo Lourenço wa Angola, hiyongereyemo Ndayishimiye w’uBurundi, nawe uvugwa cyane mu batera umutekano muke muri aka karere.

Amasezerano y’i Luanda yasabaga Museveni kureka iyicarubozo akorera Abanyarwanda bari muri Uganda, ndetse agahita anafungura abo yabeshyeraga ngo ni intasi z’uRwanda. Kuva yashyirwaho umukono, abarekuwe ni mbarwa, ahubwo hafashwe n’abandi, ubu bafungiye ahantu hatazwi. Perezida Museveni kandi yari yihanangirijwe na bagenzi be, bamubuza gukomeza gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Aho kubireka ahubwo yakajije umurego, akomeza gutera inkunga Kayumba Nyamwasa n’abandi baba mu mitwe y’iterabwoba itandukanye, ihora yigamba guhemukira Abanyarwanda. Birumvikana ko mu nama y’i Goma, nta kuntu Museveni atari kubazwa impamvu atubahirije ibyo yasinyiye, ahubwo agasuzugura inama yagiriwe na bagenzi be.
2. Impuguke za Loni ziherutse gusohora icyegerano gishinja Uganda guhungabanya umutekano wa Kongo, ndetse Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICJ) rutegeka ko Uganda yishyura RDC impozamarira ingana na miliyari 10 z’amadolari ya Amerika. Mu birego byashinjwe bikanahama Uganda, harimo kuba imijyi ya Kampala, Arua na Entebbe yaragiye ikoreshwa kenshi mu gutambutsa intwaro zijya mu mitwe ihungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Kongo, imitwe nayo ikoherereza abategetsi ba Uganda amabuye y’agaciro n’imbaho.Uganda yajuririye iki cyemezo iragitsindirwa, ariko n’ubu yanze kugishyira mu bikorwa. Birumvikana ko mu nama y’i Goma Museveni atari kubura kubazwa iby’iri deni, akaba yaashoboraga no gukubitana n’imyigaragambyo ikaze y’abamuryoza ibikubiye mu cyegeranyo cya Loni.

Mu gukomeza kujijisha ibinyamakuru bya CMI, biratandukira, bikavuga ko ahubwo Perezida w’uRwanda ari we utajya I Goma. Bikirengagiza ko nta gihe Perezida Kagame atagiye muri RDC, hagamijwe kunoza umubano w’ibihugu byombi, ubu unifashe neza.Mu mwaka w’2009, Perezida Kagame yahuriye I Goma na Joseph Kabila, wari perezida wa RDC, kandi icyo gihe umwuka ntiwari na mwiza nk’uko bimeze ubu. Muw’2019 nabwo Perezida Kagame yakoreye uruzinduko i Kinshasa, anakiranwa ubwuzu n’Abanyekongo bishimiye imibanire y’ibihugu byombi.
CMI n’ibinyamakuru byayo rero nibireke ikinyoma, ahubwo bishishikarize Museveni ubunyangamugayo yishyure ideni rya RDC, kandi ahagarike ibikorwa by’ubushotoranyi mu karere no ku Rwanda by’umwihariko.
Inama y’iGoma izabanza kuba hakoreshejwe “iyakure”, ariko amaherezo y’inzira ni mu nzu, am Museveni azashyira ahura na bagenzi be imbonankubone.

2020-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera : Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru
ITOHOZA

Amerika yizeye ubufasha bw’u Burusiya n’u Bushinwa mu kurangiza ikibazo cya Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be
Amakuru

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon  hakurikiyeho  uwari Manager
IMIKINO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon hakurikiyeho uwari Manager

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru