• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Command One Post ni kimwe mu binyamakuru byashyizweho n’urwego rw’iperereza rya gisirikari rya Uganda (CMI) gihabwa inshingano yo guhindanya isura y’u Rwanda, aho bahimbira igihugu cyacu ndetse n’abayobozi ibinyoma no gukwirakwiza inkuru zitarizo.

Inkuru iheruka dore ko nta munsi w’ubusa ni inkuru ivuga ko uhagarariye u Rwanda washoje manda ye muri icyo gihugu Amb Frank Mugambage ngo yifuza kuguma muri Uganda mu gace kitwa Jinja. Mu kiganiro cyasohotse muri icyo kinyamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru kuri urwo rubuga, umwanditsi mukuru wacyo Bob Atwine usanzwe ahabwa amabwiriza y’imikorere n’ubuyobozi bwa CMI, avuga ko “impamvu Mugambage ashaka kuguma mu kiruhuko cy’izabukuru muri Uganda”, ari ukubera ko bivugwa ko afitanye ibibazo n’abakoresha be I Kigali. Ishusho y’impimbano bahimbye ni uko ngo ambasaderi Mugambagye afite ibibazo kubera ko ngo yananiwe gushimuta Abagande, n’Abanyarwanda baba muri Uganda.

Urebye mu bundi buryo, uyu niwo mukino usanzwe w’ubutegetsi bwa Uganda bwo kwerekana no gusebya u Rwanda bahimba ibinyoma bihabanye n’ukuri. Umubare w’abenegihugu b’u Rwanda, cyangwa Abagande bakomoka mu Rwanda inzego z’umutekano za Uganda kuva mu 2017 zahohotewe harimo n’abagiye bashimutwa bakaburirwa irengero, gufungwa mu buryo butemewe n’iyicarubozo babarirwa mu magana . Abakurikiranye amakuru y’ibitangazamakuru babonye inkuru aho Abanyarwanda baba muri icyo gihugu mu gushaka imibereho, cyangwa gusura imiryango migari yabo, abandi bajya ku ishuri ahp ababyeyi babaga bagiye gubasura bagashimutwa bakuwe mu modoka zibatwaye, mu mazu, mu maduka, amabanki n’ahandi hose.

Igihe cyose abashinzwe iperereza muri Uganda, bazwi cyane muri CMI bavuga ko babafata bazira “ubutasi”, cyangwa “gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko,” n’ibindi byaha bahimbano raporo zinyuranye zasobanuye uburyo nta n’umwe muri abo bantu uhabwa amahirwe yo kwiregura mu rukiko. Abanyamahirwe basohotse ari bazima. Abatari bake bazize iyicarubozo; bamwe nka nyakwigendera Mageza – urubanza rwe ndetse n’ibitangazamakuru byo muri Uganda byatangaje uburyo yakorewe iyicarubozo kugeza aho yataye umutwe maze bamujyana mu bitaro byita ku bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe bya Butabika ari naho yapfiriye, Benshi babikurikiranye bagize bati: “CMI ni uruganda rw’abagizi ba nabi rwiyita ‘urwego rw’ubutasi.”

Amwe mu makuru yatanzwe na CMI ni ugukora ubukangurambaga bwo kurwanya u Rwanda, n’uburyo barimo gusebya u Rwanda, bavuga ko ambasaderi Mugambagye yari yarishoye mu byaha, nubwo nta Mugande n’umwe wigeze ugaragaza ibibazo afitanye na Mugambage, cyangwa na Guverinoma y’u Rwanda.

Mubyukuri mu myaka itatu ishize Mugambagye yabaye ku isonga mu rugamba rwo gufunguza Abanyarwanda bashimuswe kandi bakorerwa iyicarubozo n’ubutasi bwa Uganda. Ibiro bye byakiriye inzirakarengane amagana imiryango y’Abanyarwanda ishakisha cyane ababo babaga barashimuswe na CMI, Ambasaderi Mugambagye yanditse inyandiko z’ububanyi n’amahanga zitabarika mu rwego rwo gushaka umutekano w’abenegihugu b’u Rwanda bagendaga bafatwa cyangwa bagashimutwa bagashyirwa mu buroko bw’iyicarubozo bw’ubutegetsi bwa Uganda. Ambasade y’u Rwanda yaharaniye cyane kurekura abaturage b’Abanyarwanda b’inzirakarengane, kandi Mugambagye yiboneye n’amaso ye abagize amahirwe yo kurekurwa. Bamwe barekuwe bafite ihungabana ku mubiri no mu mutwe. Ikindi Mugambagye yakoze cyatumye bamwe mu bategetsi ba Uganda batangira kumugirira urwango ni uko atacogoraga mu gutanga raporo, no gukomeza kwamagana ibikorwa bibi byakorerwaga Abanyarwanda mu nzira za diplomasi yamagana ibikorwa bya Uganda byo kugambirira kugirira nabi u Rwanda no kuruhungabanyiriza umutekano.

Igihe Uganda yatangiraga gufasha no koroshya ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC ya Kayumba Nyamwasa mu buryo butandukanye muri Uganda: gushaka, gukusanya inkunga, ndetse no gufasha abanyemari bakuru ba RNC gufungura imishinga minini muri Uganda, Mugambage yamenyesheje u Rwanda kumenya ibyo bikorwa. Yagaragaje uburyo bunyuranye n’ibikorwa by’imibanire myiza yo guhungabanya umuturanyi. Igihe agatsiko k’abasirikare ba RNC kafatiwe i Kikagati ku mupaka na Tanzaniya, yinjira mu nkambi zitoza iterabwoba mu burasirazuba bwa DRC, Ambasaderi Mugambagye, yamenyesheje leta ya Kampala ko u Rwanda rutishimiye ibyo bikorwa.

Igihe CMI yicaga urubozo Abanyarwanda mu rwego rwo gushaka abo bajyana mu mitwe y’iterabwoba, byari inshingano za Mugambagye nk’uwari ahagarariye u Rwanda kubyamagana, Kubera ibikorwa byose by’umuturanyi mubi byakozwe na leta ya Kampala, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kugira inama abenegihugu be kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda. Impamvu ni uko hamwe na Uganda yafataga ku mugaragaro Abanyarwanda,mu kwizera umutekano wabo n’umutekano rusange w’igihugu ntibishobora kongera kwizerwa mu gihe igikomeje guha urwango abarwanya u Rwanda bafite uburinzi n’ubufasha bwa leta ya Uganda.

Uganda yahise itangira kuvuga ngo “u Rwanda rwafunze umupaka”, bibyara inkuru nyinshi cyane nyamara ibisobanuro byagiye bitangwa ndetse n’ibimenyetso biratangazwa: ariko binyuze mu binyamakuru byabo birirwa bavuga amakuru y’ibinyoma asebya abayobozi b’u Rwanda no kugerageza guhindanya isura y’igihugu nubwo abazi ukuri bari kugenda babibona ndetse bakamenya uhumgabanya umutekano wundi.

2020-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020
Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Ubwanditsi 01 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi
Mu Rwanda

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ubwanditsi 20 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru