• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!
Kabuga akimara gufatwa n'ifoto yakera yamanikwaga igaragaza ko ashakishwa

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Ubwanditsi 27 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Aho mu Buholandi kimwe no mu bindi bihugu byo ku mugabane w’uBurayi, Kabuga yahanyuraga yubashywe cyane, nk’ukushoramari ukomeye, yibwira ko abo yishe ari “ibimonyo” bitagira kirengera.

Ntiyumvaga ko umunsi umwe, nyuma y’imyaka 26, azaharara noneho ari imfungwa, igomba kubazwa uruhare rwayo mu guhekura urwamubyaye. Ni bya bindi Umunyarwanda yavuze ngo: “ Aho wambariye inkindi ntuzahambarire ubucocero”!

Amakuru dukesha abamubonye yinjizwa muri gereza kuri uyu wa mbere tariki 26 Ukwakira 2020, aravuga ko yazanywe mu kagare ubundi gatwara abafite ubumuga(batiteye), ahinda umushyitsi ngo agaragaze ko ari umusaza cyane, umurwayi udakwiriye gufungwa, kandi ari ubwoba bwo kubazwa urupfu rw’abantu basaga miliyoni bari ku gahanga ke.

Amakuru dukesha RFI, aravuga ko Félicien Kabuga yinjijwe muri gereza ya Sheveningen, agahita ashyirwa mu kato mu cyumba cya wenyine, amategeko akavuga ko azategereza iminsi 10 kugirango agezwe imbere y’abacamanza ngo yemere cyangwa akomeze kurushya iminsi ahakana ibyaha aregwa. Nyuma y’iyo minsi 10 ni nabwo azaba ashobora kubonana n’abaturanyi be bashya(abandi bahafungiye) barimo aba serbes bo muri Bosiniya, Radovan Karadzic na Ratko Mladic, nabo baregwa ubwicanyi ndengakamere nka mugenzi wabo Félicien Kabuga.

Twibutse ko Kabuga yatawe muri yombi mu mpera za Nzeri uyu mwaka, avumbuwe mu muheno mu nkengero za Paris mu Bufaransa. Uwo muherwe akurikiranyweho ibyaha 7 bikomeye cyane,birimo gucura umugambi wa jenoside no kuwushyira mu bikorwa, hakaba no gushishikariza abandi umugambi wa jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyoko-muntu. Bimwe mu bimenyetso bimuhamya ibi byaha, ni ukuba ari mu bashinze RTLM, radio rutswitsi yakoze ubukangurambaga ngo Jenoside ihitane benshi bashoboka, no kuba yaratanze amafaranga menshi n’ibikoresho Interahamwe n’Impuzamugambi zifashishije mu gutsemba Abatutsi n’Abahutu batari muri uwo mugambi.

Kabuga yagombye kuba yaroherejwe I Arusha muri Tanzaniya, muri gereza y’urwego rwashinzwe kurangiza imanza z’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, ariko kubera uburwayi, biza kwemezwa ko ajyanwa I La Haye “by’agateganyo”, kugirango abanze ahabwe ubuvuzi butapfa kuboneka muri Tanzaniya, hanarebwa aho iki cyorezo cya COVID-19 cyerekeza. Ntibyatangajwe igihe ako “gateganyo” kazamara, kimwe n’igihe urubanza rwe ruzatangirira. Icyakora abasesenguzi bahamya ko bizatwara igihe kinini, kugirango Umushinjacyaha Mukuru, Serge Brammertz , abone umwanya wo kongera gusesengura iyi dosiye yari imaze imyaka hafi 10 isa n’iyasinziriye, dore ko no gufata Kabuga, ari muzima, hari ubwo byageze aho bifatwa nk’ibitagishobotse.

Iyo Félicien Kabuga ajyanwa muri gereza Arusha,wari umwanya mwiza wo kongera kubonana n’umukwe we Augustin Ngirabatware, wahoze ari minisitiri muri Leta y’abatabyi biyise abatabazi, Umunyarwanda rukumbi ukiri muri iyo gereza kubera uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

2020-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021
Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Ubwanditsi 27 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame
Amakuru

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021

Ikipe ya Rayon Sports irateganya kugura abakinnyi 10 ikongerera abandi amasezerano abandi 7,aba bose bafite agaciro ka miliyoni 185

Ubwanditsi 02 May 2022
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye
HIRYA NO HINO

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru