• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri
Mandatory Credit: Photo by Blake Ezra Photography/REX/Shutterstock (9206160ai) Lord Stuart Polak. ORT UK Annual Dinner at Jumeirah Carlton Tower, London, UK - 31 Oct 2017

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umudepite Stuart Polak aranenga bikomeye uburyo mu Bwongereza hakiri abantu bidegembya kandi bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu nteko rusange y’Abashingamategeko yabaye kuwa mbere w’iki cumweuru, Stuart Polak yasabye bagenzi be gushyira igitutu kuri Guverinoma y’Ubwongereza, maze ikareka gukomeza kwica amatwi, ahubwo igata muri yombi abo Banyarwanda,kugirango baburanishwe ku byaha bikomeye bakekwaho.Yagize ati:” Commonwealth ifite inshingano zirimo guharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira cyane cyane mu bihugu bikoresha ururimi rw’icyondereza bigize uyu Muryango. Byaba rero bibabaje mu gihe inama ya Commonwealth iteganyijwe mu Rwanda umwaka utaha wa 2021, yazaba aba bajenosideri batarashyikirizwa ubutabera.

Ubwongereza nibukore nk’ibyo ibindi bihugu byakoze mu guca umuco wo kudahana inkozi z’ibibi”. Iki cyifuzo cya Lord Stuart cyakiriwe neza n’ abadepite bagenzi be, banagikomeye amashyi menshi, hakaba hasigaye kumenya niba guverinoma ya Borris Johnson izagiha agaciro.

Abo Banyarwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakaba bituriye mu Bwongereza, ni Nteziryayo Emmanuel wayoboraga iyahoze ari Komini Mudasomwa mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, Charles Munyaneza wategekaga iyari Komini Kinyamakara nayo yo muri Gikongoro,Céléstin Ugirashebuja wari Burugumestiri wa Komini Kigoma muri Gitarama, Céléstin Mutabaruka wavugaga rikijyana mu itorero rya ADEPR na Vincent Bajinya waje guhindura amazina akiyita “Vincent Brown”, mu rwego rwo kwiyoberanya. Uyu we bivugwa ko yari mwenewabo wa Perezida Habyarimana Yuvenali, ari naho akomora kuba Interahamwe karundura.

Guverinoma y’uRwanda imaze imyaka myinshi yarashyize hanze impapuro zikubiyemo ibyo aba bagabo baregwa, inasaba Leta y’Ubwongereza kubashyikiriza ubutabera, ariko iki cyifuzo ntikigeze gishyirwa mu bikorwa. Imyaka irakabakaba 3 uhagarariye uBwongereza mu Rwanda abwiye itangazamakuru ko igihugu cye cyatangiye iperereza kuri abo bantu 5, ariko nyuma y’igihe kingana gutyo abo bajenosideri bariturije mu gihugu cy’Umwamikazi Elizabeti.

Si ubwa mbere umudepite mu Bwongereza asaba ko aba bantu baburanishwa bagahanwa cyangwa bakaba abere, kuko n’uwitwa Andrew Mitchell yabisabye kenshi ntibyumvwa, ariko ubanza noneho agahuru k’imbwa kagiye gushya!

2020-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Ubwanditsi 04 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports
Amakuru

Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ubwanditsi 15 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru