• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’u Burundi batangaje ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Covid 19 aho inzu z’urubyiniro ndetse n’izindi ziberamo ibikorwa byo kwishimisha zahagaritswe, ndetse n’imipaka ihuza iki gihugu n’ibindi bituranye nacyo yafunzwe. Ibi bibaye nyuma yuko muri icyo gihugu hagaragaye abantu benshi banduye, ndetse no mu mugi wa Bujumbura abaturage bakaba baragaragaye ari benshi bambaye udupfukamunwa, Utubari two twahawe amasaha yo gukora.

Abaturage baburiwe ko umuntu wese utazubahiriza aya mabwiriza azacibwa amafaraga cyangwa agashyikirizwa inteko. Ibi bibaye mu gihe abantu benshi banduye mu mugi wa Bujumbura. Nubwo u Burundi bwatangaje ko umurwayi wa mbere yagaragaye muri Werurwe 2020, ntabwo imibare igaragaza abarwayi ntabwo yigeze itangwa ku gihe na Minisitiri y’ubuzima. Imibare itangwa na Minisiteri y’ubuzima igaragazako abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ari babiri naho abanduye bagera kuri 996.

Kuba u Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid19, ni intambwe ishimishije cyane ko icyo gihugu cyari cyaremeje ko Imana itakwemera ko kigera mu gihugu cyabo. Guhera muri Werurwe 2020 uwari Perezida yanzeko abaturage Bambara udupfukamunwa, naho muri Gicurasi 2020, Perezida Nkurunziza nuwamusimbuye Evariste Ndayishimiye basuzuguye cyane iki cyorezo. Mu ijambo rye tariki ya 5 Mata 2020, Ndayishimiye yagize ati “Hari abaturanyi bifungiye mu mazu, ariko twebwe Imana yemeye ko duterana…..Imana ikunda u Burundi”

Nkurunziza yaje kwitaba Imana tariki ya 8 Kamena 2020, ariko bigirwa ibanga hafi iminsi itatu. Nubwo inzego za Leta zavuzeko ari umutima wahagaze, abenshi bemeje ko Nkurunziza yazize Covid 19, nyuma yahoo umugore we bimenyekanye ko yagiye kuyivuza muri Kenya igihe undi yapfaga.

Mu gihe isi yose yari yafashe ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Nkurunziza we yakomeje kuzenguruka igihugu mu rwego rwo kwamamaza Ndayishimiye ndetse yitabira n’imikino. Yageze naho yirukana abahanga

Abahanga mu by’Ubuzima bishimiye ingamba nshya zafashwe na Ndayishimiye nubwo batinze aho bamwe batahwemye kugaragaza ko abayobozi b’u Burundi bazabazwa abaturage babo bahitanwe n’iki cyorezo kuko baba aribo nyirabayazana w’urupfu rwabo. Abahanga bakomeje kugaragaza ko nta gihugu cyarwanya icyorezo cya Covid 19 cyonyine mu gihe ibindi bijenjetse

Kuri uyu wa kane w’icyumweru gishize, mu ishuri rya Mwaro habonetse abanyeshuri bane banduye Covid 19, ariko kuwa gatanu baba 32 aho abanyeshuri benshi biga baba mu kigo. Yaba abarimu cyangwa abanyeshuri muri iki kigo baratinya ko bandura mu minsi ya vuba. Uru ni urugero rumwe mu mashuri menshi ari muri iki gihugu.

2021-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe

Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Ubwanditsi 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirambo ine y’abasirikare b’u Burundi yarohowe mu ruzi rwa Rusizi
ITOHOZA

Imirambo ine y’abasirikare b’u Burundi yarohowe mu ruzi rwa Rusizi

Ubwanditsi 02 Feb 2019
Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame
POLITIKI

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere
IKORANABUHANGA

Twitter yashyizeho uburyo bukumira amagambo abiba urwango rushingiye ku myemerere

Ubwanditsi 12 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru