• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Ubwanditsi 22 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyi nsigamigani yakomotse ku witwa  Himbara  Murunganywa David , akaba mwene Byabangamba, wari umutoza w’intore, ariko Himbara aza kumubana intozo. Himbara yamenyekanye cyane ahagana mu myaka ya za 70, mu mihanda ya za Naïrobi muri Kenya, akaba insoresore y’amanyama n’amahane. Aho agereye mu Rwanda, yaranzwe n’ubwibone, ariko igihe cye  akagita   cyane mu bitamuha agaciro.

Aha niho abamuzi batangiye kubona ko ahirimbana mu bizamuroha. Byageze n’aho atera Urwamubyaye umugongo, maze si ukuruhata ibicumuro yiva inyuma. Icyakora ibyo byose ntacyo byatanze, ubu arangara nk’utagira iyo agana.   Uru rugero rw’ubugwari rero rwaje kuba kimenyabose, maze wabona  umuntu uta umwanya mu bitazagira aho bimugeza , ukamubwira uti:”Urahihibikana mu bitazaguhira nka Himbara wa Byabagamba”. Icyo gihe uba umukebuye, umubwira ko adakwiye kwangiza umwanya mu bitamwungura, ndetse bishobora no kumukoraho, kutazamuhira nyine. Iyo azi kumva arabireka, ngo ejo atazaba iciro ry’imigani nka Himbara.

Tugarutse kuri Himbara David iyi nsigamigani ikomokaho, ni umusaza wigeze kuba  mu myanya ikomeye mu buyobozi. Amaze” kwanduza ” I Bukuru, muw’ 2010 yafashe inzira arahunga , inzara ye ayishyira aho batamuzi. Kugeza aho yari akiri uwo kwihanganirwa, kuko abavandimwe bari bakibwira ko inda isumbye indagu, ko azashyira agasaba imbabazi, akagaruka mu muryango. Byari ukwibeshya , kuko ibitutsi yabihinduye ibisabisho, si ugusiga icyasha abamukamiye arahimbara, si uhimba ibirego agorora umugoho, aragenda aba umugambanyi wabigize umwuga. Aho abera ikigwiranda kitazi iyo kiva  kandi, arahimbarwa iyo inkuru mbi ivuzwe kuri Kanyarwanda nyamara basangiye isano, agasuherwa iyo impundu zivuze mu Rwagasabo.

Koranavirusi iraca ibintu mu isi yose, uRwanda rwakaza ingamba zo kuyitsinsura ati uburenganzira bw’abaturage burahutajwe!Ariko se koko, uburenganzira ni ukureka abo uyobora bagashirira ku icumu, kubera guha icyago icyuho?Ngibyo ibyo himbara yifuriza Abanyarwanda. Uburenganzira bwo kwiga ni ndakumirwa ku Muturarwanda wese kandi biraharanirwa, ariko se kumushumiriza indwara aho yiga, akandura akanduza n’abandi, ibyo ni bwo bwisanzure Himbara ashaka? Himbara ati ndaharanira demukarasi mu Rwanda, akarema imitwe imena amaraso mu rwamubyaye. Ubu birasaba iki ngo uboine ko za RNC zanyu ari ibiryabarezi, bizabamarisha gusa? Ngu’ubu ubugome buherekejwe n’ ubugorame.

Amahanga ati “Rwanda urakataje mu  kwiyubaka, Himbara ati intambwe yatewe naratorongeye nzayirwanya”. Nyamara ukuri kurivugira, urahihibikana mu bitazaguhira! Kwivumbura ugasiga rurese, ntibizarwambura ijabo n’ijambo ab’umutima urukunda baharanira buri munsi. Harya ngo umutwe wuzuye ubuhanga mu by’ubukungu?Ukabivanga ute n’ibiyayuramutwe nka kokayine n’urumogi wiyahuza?Ariko rubanda muri n’inkunguzi, urwo nirwo rugero uzasigira abo ubyaye? Ngaho komeza uhimbare mu bitazaguhira, ubwo niyo nsigamigani igukwiye.

 

2021-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Ubwanditsi 16 Oct 2016
Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Rwanda Premier League igiye gutangira guhemba amakipe hakurikijwe imyanya yasorejeho muri Shampiyona

Ubwanditsi 26 May 2024
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Ubwanditsi 05 Feb 2021
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Ubwanditsi 12 May 2018
U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

Ubwanditsi 28 May 2018
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1
Mu Rwanda

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru