• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Ubwanditsi 02 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Abinyujije mu butumwa bwa Twitter, uyu mukambwe uyobora Umuryango w’Abibumbye kuva muri Mutarama 2017 aramagana ibihugu n’imiryango byiyumvamo ubuhangange bwo gutegeka abandi uko bagomba kubaho, kabone n’ubwo byaba bishyira ubuzima n’uburenganzira bwabo mu kaga. Abandi Antonio Guterres asabira kurwanywa ni bamwe mu bibone b’abazungu biyumvamo ko barusha abandi bantu ubumanzi n’ubushongore, aba  n’ibo yise”Neo-Nazis”, ni ukuvuga abafite ingengabitekerezo ya Jenoside, barazwe n’Abanazi ba Hitler. Umunyamabanga Mukuru wa Loni aragaragaza impunge z’uko iyi myumvire ari mibi cyane, kandi ikwiye gufatwa nk’icyorezo cyugarije isi.

Bwana Guterres aratabaza  mu gihe hari n’abandi basesenguzi basanga ibintu bigenda birushaho gufata indi ntera, ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi bigashinjwa gutanga amasomo y’imyitwarire, bititaye ku guhonyora demokarasi n’uburenganzira bibera iwabyo. Uburayi na Amerika binengwa kuba byarihaye inshingano yo guhoza abandi ku nkeke , ukaba wakwibwira ko kwica abantu, kubashimuta, kuvogera ibihugu by’abandi n’andi mahano, iyo bikozwe n’Abanyaburayi cyangwa Abanyamerika  bitaba bikiswe icyaha.

Abo basesenguzi bavuga ko icyo gice cy’isi gitanga inyigisho kibinyujije mu miryango yitwa ko irengera uburenganzira bwa muntu, kandi ari igikangisho n’igitiyo cyo gusahura ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere. Iyo miryango ishyirwa mu majwi ni Human Right Watch, Crisis Group, Amnesty International, abashinjabinyoma babereyeho guhungeta ibihugu bitaratera imbere mu bukungu, babinyujije mu byegeranyo –bipapirano, n’ibitangazamakuru nka BBC na VOA, n’ibindi bihora bihirimbanira inkuru mbi ku Rwanda

Ibi rero ntibitunguranye ku muntu wese  ukurikirana ibimaze iminsi  bivugwa ku Rwanda, ahanini bigamije kwangiza isura yarwo, ariko hakabamo n’ababikoreshwa n’ipfunwe n’ikimwaro, kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abasohora ibyegeranyo bishinja u Rwanda kutubahiriza demukarasi, usanga bisohokera mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho Perezida atorwa, abatabyishimiye bakagaba ibitero by’urugomo  mu nteko ishinga amategeko! Abasohora ibyo byegeranyo bidashingira ku bunyamwuga na bucye mu gutara no gutangaza amakuru, nibo uzasanga bavugwa mu bucuruzi bw’intwaro ziyogoza uduce tunyuranye tw’isi.

Nibo bahishira ubugome bukorerwa  abimukira bajya gushakira imibereho za Burayi, bakajugunywa mu Nyanja ku manywa y’ihangu, ariko za  Human Rights Watch na za Amnesty International zikabifata nk’ibisanzwe kuko byakorewe ba “nyagupfa” b’Abanyafrika.  Kuba iyo miryango itarigeze yamagana Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo yamagane ibihugu byabo byayigizemo uruhare, ndetse bikaba bigicumbikiye abagaragu babyo bashyize mu bikorwa iyo Jenoside, ahubwo igahora irengera abakurikiranywe n’ubutabera bw’uRwanda,  ni ikimenyetso cy’ikimwaro n’ubugome.

Nguko uko uzasanga biyambaza ba Filipp Reyntjens, ba Judi Rever, ba  Herman J. Cohen,  n’abandi  bazobereye mu kugoreka amateka, ariko wareba neza ugasanga aba nabo bafite aho bahurira n’amateka mabi y’u Rwanda. Nguko uko bashyigikira ba Idamange Yvonne, ba Ingabire Victoire, ba Aimable Karasira, abagize Jambo Asbl(rya shyirahamwe ry’abana n’abuzukuru b’abajenosideri), n’abandi bahagurukiye gutesha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, bakabita intwari zidakwiriye kubazwa iyo myitwarire ikomeretsa benshi.

Bamaze imyaka bagerageza kwerekana ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi aribo ba nyirabayazana, naho Interahamwe-Mpuzamugambi bakaba ari “Abatagatifu”. Iyi myitwarire ni nk’iy’Abanazi ba Hitler n’ubu bacyumva Jenoside yakorewe Abayahudi yari ikwiye, ndetse bakanagaragaza ko n’ubu ubahaye agahenge bayisubukura.

Kuva aho Paul Rusesabagina agerejwe mu maboko y’ubutabera, induru zabaye nyinshi. Igitangaza buri wese ariko, ni ukuntu abo ba mpatsibihugu, batinda gusa ku buryo uwo mwicanyi yageze aho yakoreye ibyaha, ariko ntibavuge ku bikorwa bye  by’iterabwoba na nyir’ubwite adashobora guhakana. Bati yarashimuswe. Basobanuriwe inshuro utabara uburyo umutego mutindi washibukanye nyirawo, Rusesabagina akibona aho agomba kubarizwa ibyaha yakoze, ariko banze kubyuma. Atari uko bitumvikana, ari uko gusa amatwi yabo ashaka kumva ibyo bo n’abo bahuje umugambi bihimbira.

Ese ko bamuburanira ngo ni Umubiligi, Ububiligi bwiteguye gutanga indishyi ku baturage  FLN ya Rusesabagina yiciwe ababo,ikabasahura abandi ikabafata bugwate? Ariko reka tunavuge ko haba harabaye imbaraga zimuzana mu Rwanda. Ese byagenze bite mu mwaka w’1994, ubwo Ubufaransa bwahaga ruswa Sudan, ngo Umunya Venezuwela   Ilich Ramirez Sanchez“ Carlos” afatirwe mu bitaro  I Khartoum anahite yoherezwa mu Bufaransa? Hari induru byateje se?Oya, kuko uwo mugizi wa nabi  yari akurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba, araburanishwa, ndetse ubu akaba ari mu gifungo cya burundu aho mu Bufaransa.

Mu mwaka w’1999, ba mukerarugendo 8 biciwe muri Pariki ya Bwindi, muri Uganda. Icyo gihe kubera ko mu bishwe harimo Abanyamerika 2, ubutegetsi bwa Amerika bwasabye ko abicanyi (bakomoka mu Rwanda)boherezwa kuburanira muri Amerika, kandi byarakozwe. Kuki ba mpatsibihugu n’abambari babo bumva ari ari igitangaza gukora iyo bwabaga  Rusesabagina akazanwa mu Rwanda, akaburanishirizwa imbere y’abo yahekuye abandi akabagira imfubyi n’abapfakazi? Ibi ni bwa bwibone n’irondaruhu byamunze ubwonko bwabo, kugeza aho bumva umugizi wa nabi yitwa atyo gusa iyo yangirije abazungu.

Impuruza ya Muzeye Antonio Guterres rero yubahwe! Twese twamagane ubukoloni bushya, kandi twemeranywe ko amaraso y’abiyita ibihangange atarusha ay’abandi agaciro.Twamagane twivuye inyuma abadushinja ibinyoma kimwe n’abadutobera amateka, kandi wa muco wacu nk’Abanyarwanda wo kwigira ku mateka,kwanga gusubira ahabi no gukorera hamwe,  ni intwaro izatsinda inyangabirama!!

 

2021-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal

Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal

Ubwanditsi 05 Nov 2024
Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru