• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu cyumweru gishize, Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro na Lord Lebedev, umunyamigabane ukomeye wa The Independent wari i Kigali ahanini asaba ko Perezida yakwinjira mu itsinda ryabo Giants Club. Ni umuryango wigenga uhuza abakuru b’ibihugu, abacuruzi n’abaterankunga mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije aho Perezida Kagame abaye umukuru w’igihugu wa gatandatu winjiye muri iyo kipe.

Muri icyo kiganiro, Perezida Kagame yavuze kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ndetse n’ibitekerezo bitari byiza byakozwe kandi binakorwa n’ibihugu bimwe na bimwe byo mu burengerazuba bw’isi. Bamwe mu bagendana ingengabitekerezo ya Jenoside bafashe ikiganiro barakigoreka kugira ngo bakomeze kubiba amacakubiri y’uburozi mu bantu. Abantu nka Victoire Ingabire na Bernard Ntaganda bazwiho gukwirakwiza inyigisho za Jenoside ebyiri banditse itangazo rivuga ko kubera ko Perezida “yavuze ko Abahutu bapfuye” mu gihe cy’intambara, bityo hagomba kubaho umunsi wo kubibuka kugira ngo ubwiyunge nyabwo mbese buganze.

Perezida Kagame yerekanye ko imvugo ikwiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ari iyo yemejwe na UN nta mpamvu yo kuyigoreka no kuyishakira indi nyito, Yagaragaje ko icyangombwa ari ukumenya ko Jenoside yabaye no kumenya intego nyamukuru y’uwayikoze n’icyo yari agamije.

Perezida yagize ati; Ati: “Ok, hari Abahutu benshi bapfuye. Ariko byumvikane neza, ntabwo bapfuye biturutse ku kwibasirwa bazira abo ari bo. ” Abahisemo kwibanira n’igengabitekerezo ya Jenoside bahisemo kugoreka aya magambo kandi badakurikije ubusobanuro bwa nyabwo aho bo basobanura ko byari ukwemera ko habaye itsembabwoko ryakorewe Abahutu kandi ko ari ukuri.

Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda nk’uko yemejwe na Loni mu buryo bukurikije amategeko ni yo yateguwe mu myaka, abayiteguye bayishyira mu bikorwa. Aba bahisemo kweza no gukwiza ibinyoma bagomba kwibutswa ko hari ibimenyetso bigaragara biganisha ku mwanzuro w’uko Jenoside yabaye. Nta Jenoside ebyiri zigeze zibaho cyangwa zishobora kubera icya rimwe ahantu hose ku isi! Abacuruza poropaganda ya Jenoside ebyiri barashaka gusa gukomeza gucamo ibice umuryango w’u Rwanda badasize no kuwusubiza mu bihe byashize bamaze gusiga inyuma.

Kugerageza kubyaza umusaruro ibyo Perezida yavuze mu kiganiro cye ko abahutu bamwe na bamwe bapfuye ntabwo bivuze ko habaye Jenoside ebyiri. Kugoreka no gupfobya amateka ni igikorwa kibi kiba cyubakiye ku ipfunwe ry’abakoze amahano. Muri make, abamamaza poropaganda mbi ya “Jenoside ebyiri”, bagomba kurebwa kubo aribo barazwi ni abagizi ba nabi bagomba gukurikiranwa bagahanirwa gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma ashobora kuganisha abaturage ahantu habi, ndetse no gushaka gusoza umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda batasoje.

Kugerageza guhakana, kugabanya urugero n’uburemere bwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo ari ikibazo gishya ku Rwanda; umuntu agomba kumva ko kimwe no gushaka gusenya ibimenyetso by’ubwicanyi bwibasiye imbaga byabereye mu Rwanda, guhakana Jenoside ni kimwe mu bigize gahunda y’imitegurire ya Jenoside. Abantu bishora mu kugoreka amateka babiterwa no kwizera ko uko basunika izo nkuru y’uburozi wenda bazarushaho kwemerwa no kwizerwa mu ruhando rw’ababakurikira

Muri rusange, ibikorwa byo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bikomeje kugira uruhare rukomeye mu bikorwa bigamije kuyipfobya ariko byanze bikunze bazamaganwa kugeza ku ndunduro y’ibikorwa byabo binaniwe, bagerageza gukoresha ibi kugirango bavugurure ibyifuzo byabo bya politiki bipfuye. Abandi bahakana Jenoside barimo abahunze igihugu bamwe bihishe inyuma yo guhaaranira uburenganzira bwa muntu.

Abanyarwanda bahisemo gukomeza ubumwe nubwo intama nke zishwiragirira mu gihugu ndetse no hanze yacyo zishyigikiwe n’abanyamahanga bamwe bavuga nabi u Rwanda bahora bifuza ko u Rwanda rwaba igihugu kinaniwe kubaho (failed state) twababwira ko bitazagerwaho kuko buri wese yambariye urugamba rwo guteza imbere igihugu.

2021-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana
UBUKUNGU

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya  Perezida Kagame na Alassane Ouattara
INKURU NYAMUKURU

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Ubwanditsi 27 Apr 2018
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America
ITOHOZA

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru