• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kwibuka ubuzima bwazimye benebwo bazize gusa uko bavutse, ni umwanya wo gufatana mu mugongo. Ni ugukomeza intwaza zavuye mu nzara z’abababisha, no gushima ineza y’abatakaje ubuto bwabo batabara izo mponoke.

Jenoside ni ikimwaro ku muryango nyarwanda n’umuryango mugari w’abatuye isi, ariko si imperuka nk’iyo Bagosora yifurizaga ingorwa. u Rwanda  rwakozwe mu nda kubera ibigwiranda, ariko rwahakuye impamvu yo kurwanya ikibi, kabone n’iyo ababi baba bakiruhigira. Barikoza ubusa ariko, dore baduhize bukware none twe turabahiga ubutwari. Ishyari n’ipfunwe bibatera gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibitutsi n’ubutindi byabagize imbata, twe biduha imbaraga zo kubarwanya. Kubatsinda si intego gusa, ahubwo ni ihame ridakuka. Nta gukura mu rujye kandi,imbaraga zabatsinze na mbere, zarushijeho kujya mbere kuko zikubye inshuro nyishi.

Abatuvuyemo ntituzabibagirwa. Aho twashyinguye imibiri yanyu hameze indabo z’urwibutso. Ziratoshye cyane, abato bazisaruraho urukundo.u Rwanda rwibarutse urubyiruko rugera ikirenge mu cyanyu. Nitubasanga mu ijabiro kwa Jambo, muzadushima ko twasigaye neza mu cyimbo.

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri intwari.Nimukomeze mutwaze rero, dore mufite ubuyobozi buzima, bubatwaje intwaro zo gutsinda agahinda.Kwibuka twiyubaka niwo mugambi, nta kugamuruzwa n’ imbogamizi rero. Ndahari, urahari, arahari ngo duharanire ahazaza hazima. Nta mpamvu y’amaganya, inyangabirama zaranyazwe, ubu zisigaye ku magambo, ni imbohe z’urwango, ingoma yazo isigaranye abakaraza babusanya.

Abagize uruhare mu guhekura u Rwanda namwe, kwicuza kwanyu nibyo bizabacungura, naho gucura indi migambi mibi, bizabaheza mu icuraburindi. Abinangira ntimuzangira n’amategeko, amaherezo muzabiryozwa, kandi ni ikibazo cy’iminsi.

Abanyamahanga badufata mu mugongo turabashima cyane. Inyiturano ni kubaka u Rwanda rudasa n’urwasizwe na ba gapanga. Abigize abahanga badutega iminsi n’adushinga ibikwasi nawe, ukuri kwacu kuzashyira gutsinde, amateshwa yanyu azashyirwaho iherezo. Kubaho si impano, niyo mpamvu twibohoye.

Twibuke abacu nyabyo, ni uguterwa ishema n’aheza tugeze, duharanira no kuharenga, maze ingabo za sekibi zikomeze zikorwe n’ikimwaro.

Rushyashya, yifatanyije n’Abanyarwanda bose mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

2021-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Ubwanditsi 29 Apr 2019
APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro
Mu Mahanga

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼
IMIKINO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru