• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 27 Apr 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu tariki 28 mata 2021 ni umunsi ntarengwa watanzwe n’ ubutegetsi bwa Malawi ngo impunzi zose z’abanyamahanga ziri muri icyo gihugu zibe zasubiye mu nkambi, kuko ziteza umutekano muke aho zinyanyagiye mu mijyi nka Lilongwe, Mzuzu na Blantyre, bitaba ibyo zigasubira mu bihugu byazo. Ibi izo mpunzi ntizibikozwa, kuko ngo ubuzima bwo mu nkambi bugoye cyane.

Uyu ni Siwema Irambona, Afite imyaka 21 y’amavuko werekana impano ya Microsoft Nokia Lumia 540 mu mushinga wayo wo kuzamura itumanaho mu mpunzi

Urugero ngo ni inkambi ya Dzaleka ifite ubucucike burenze urugero, kuko ubu irimo umubare w’impunzi ukubye kane uwo yagombye gucumbikira.
Nubwo ariko izo mpunzi zitwaza ubuzima bubi mu nkambi, ababikurikiranira hafi bemeza ko abenshi ari abatinya gutaha kubera ibyaha basize bakoze iwabo. Dore nk’ubu mu barebwa n’icyemezo cya Leta ya Malawi, harimo Abanyarwanda babarirwa hagati y’ ibihumbi icumi(10.000) n’ibihumbi umunani(8.000), hafi ya bose bakaba ari abajenosideri cyangwa abandi bashakishwa n’ubutabera, kubera amahano basize bakoze mu Rwanda.

By’umwihariko iri tegeko ryo gusubiza impunzi mu nkambi ku bubi na bwiza, ryakuruye ikidodo mu mpunzi z’Abanyarwanda, ndetse zimwe zitangira gutega amatwi abazishishikariza kwerekeza mu mitwe y’iterabwoba nka RNC, FDLR na FLN, n’indi iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Amakuru yizewe aratumenyesha ko intumwa za Kayumba Nyamwasa arizo zabanje kongoshyoshya izo mpunzi, dore ko atari n’ubwa mbere zishuka impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino, cyane cyane muri Afrika y’amajyepfo, izo mpunzi zikisanga mu bizima burutwa n’urupfu. Magingo aya rero abagaragu ba Nyamwasa ngo barahihibikana, bashishikariza impunzi ziri muri Malawi kwanga kujya mu nkambi, ahubwo zikaboneza muri RNC, aho zizezwa ibitangaza nyamara bizabaviramo kwicuza gukomeye, nk’uko byagendekeye abazibanjirije.

Ayo makuru akomeza avuga kandi ko muri Malawi ubu hari n’abandi bantu basanzwe bazwi ko bakorana na FLN,FDLR, CNRD n’ utundi dutsiko tw’ abicanyi ruharwa. Abo bagome rero ngo bitwikira ijoro bakaremesha utunama tugamije gushukashuka izo mpunzi.

Nta gihe Leta y’u Rwanda idahamagarira buri Munyarwanda w’impunzi gutaha, kandi ibihumbi by’abumvise impanuro bataha buri munsi, ubu baratekanye mu gihugu cyabo. Abafite icyo bikeka nabo bakomeje kwerekwa ko nta cyiza cy’ubuhunzi, bagirwa inama yo gutaha bakaburanishwa mu mucyo, cyane ko ukuboko k’ubutabera ntaho kutagera.

Rushyashya nayo ntiyahwemye kuburira abemera gushukwa n’imitwe yiterabwoba, kuko ari ukwicukurira imva. Abinangiye nibo badasiba kwicwa nk’udushwiriri mu bitero ingabo za Kongo zibagabaho buri munsi, abadapfuye bakamugara cyangwa bagafatwa mpiri. Twongeye rero kubwira izi mpunzi ziri muri Malawi kwima amatwi Kayumba Nyamwasa n’abandi ba rusufero bashaka kubamarisha, kuko nta kindi bazasanga muri iyo mitwe y’iterabwoba arutse urupfu n’ubundi bujyahabi, batazatinda kwicuza.

Amatwi arimo urupfu ngo ntiyumva, ariko amateka ntazaduhore ko twari tuzi akaga gategereje abo dusangiye Igihugu ntitubaburire.

2021-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Editorial 24 Jul 2016
Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Editorial 12 Jul 2016
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Editorial 16 Jan 2019
Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Editorial 24 Jul 2016
Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Editorial 12 Jul 2016
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Editorial 16 Jan 2019
Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Editorial 24 Jul 2016
Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Editorial 12 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru