• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Guhera ku munsi w’ejo Perezida Kagame ari mu gihugu cy’Ubufaransa aho yitabiriye inama zitandukanye harimo iyiga ku bibazo bya Sudan ndetse n’indi yiga uburyo ubukungu bw’Afurika bwashyigikirwa.

Usibye Perezida w’Ubufaransa bazagirana ibiganiro Perezida Kagame azabonana n’abandi bayobozi bakuru, ubwo twandika iyi nkuru akaba amaze kubonana na Perezida wa Etiyopiya Sahle-Work Zewde ndetse n’Umukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (FMI) ariwe Kristalina Georgieva.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame rubaye nyuma yuko hagaragaye impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi Ubufaransa n’u Rwanda aho bishishikajwe no kuzahura umubano nyuma yuko uzahaye bitewe n’amateka yabaye mu Rwanda. Ubu bushake bukaba bugaragazwa na Perezida Emmanuel Macron utandukanye na bagenzi be bamubanjjirije batashakaga kwemera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Macron yashyizeho Komisiyo yitirwe Duclert yiga kuri Politiki y’Ubufaransa mu Rwanda hagati ya 1990-1994. Nyuma y’iminsi mike bamuhaye Raporo igaragaza ko habaye amakosa akomeye yakozwe na Leta ye ubwo bafashaga Leta yakoze Jenoside kandi ntibayihagarike barabibonaga.

Mu gihe yashyirwaga hanze tariki ya 26 Werurwe 2021, Leta y’u Rwanda yayakiriye neza, itangaza ko hari indi raporo izasohoka vuba yakozwe n’abanyamategeko b’Abanyamerika ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Iyo Raporo yitiriwe umwe mu banyamategeko yitwa “Raporo Muse”. Yaje kandi yuzuzanya na Raporo Duclert.

Mu gihe Perezida Kagame ari mu gihugu cy’Ubufaransa, igihugu kizwi kuba indiri y’abajenosideri, no kuba igihugu cy’Ubufaransa cyaremeye uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ntabwo ari ibihe byiza kubicanyi barimbuye Abatutsi mu Rwanda kuko babona ko bagiye gukurikiranwa, dore ko na Ruharwa Kabuga aherutse gufatirwa muri icyo gihugu.

Usibye abajenosideri badagadwa, ibigarasha byahariye ubuzima bwabo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi babyita politiki, nabo barahungabanye dore ko bari bamaze igihe bakwirakwiza ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu, cyane ko bamaze imyaka isaga 30 aribyo babamo kuva akiri umukuru w’ingabo za FPR mu rugamba rwo kubohoza igihugu.

Amakuru yo gutsura umubano warabashegeshe cyane maze bakirirwa bakwirakwiza ibihuha kuri murandasi dore ko bose bigize abanyamakuru, abasesenguzi ndetse ngo banaharanira uburenganzira bwa muntu kandi mu byukuri ari abantu basabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside bakuye ku babyeyi babo. Muri abo twavuga nk’umu CDR mukuru witwa Innocent Biruka, (umunyamabanga wa CNRD-FLN, Ex FAR Faustin Ntirikina ubarizwa muri RUD Urunana, Interahamwe ruharwa yakatiwe burundu n’inkiko Gacaca ariwe Dr. Eugene Rwamucyo,

Mubandi harimo Pierre Celestin Rwalinda, interahamwe yababajwe nuko abahutu b’intagondwa bavuye ku butegetsi dore ko we yari mu mashuri mu gihe cya Jenoside, Theophile Mpozembizi mwene Jean Pierre Mpozembizi wari Umukuru wa CDR ishyaka ry’abahutu b’intagondwa muri CIMERWA, interahamwe ruharwa Ndereyehe Charles we tukaba twaramugarutseho kenshi ndetse n’urubyiruko rukomoka ku bicanyi rubarizwa muri Jambo asbl.

Ntitwakwibagirwa kandi Justin Bahunga, Joseph Bukeye, Gaspard Musabyimana Joseph Matata n’abandi.

Aba bose n’abandi tutavuze, umugambi wabo ni uguhindura amateka bagamije gusibanganya uruhare rwabo ndetse nurw’ababyeyi babomuri Jenoside yakorewe Abatutsi bagamije kwigira abere ahubwo abishwe akaba aribo baba abanyabyaha. Biragoye cyane gusibanganya amateka cyane cyane amateka ya Jenoside. Bizabagora.

Tubibutse ko Perezida Macron nawe mu minsi ya vuba azagirira uruzinduko I Kigali.

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018
Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari  umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Ubwanditsi 03 May 2016
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 10 May 2023
Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Ubwanditsi 02 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo
Amakuru

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
SHOWBIZ

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika
IMIKINO

Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika

Ubwanditsi 14 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru