• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Editorial 11 Jun 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda mu cyiciro cy’amakipe umunani ya mbere ahatanira igikombe cya shampiyona y’umwaaka wa 2020-2021, amakipe arimo APR FC, AS Kigali na Espoir FC zatsinze imikino yazo, ni mugihe ku makipe ahatanira kuva ku mwanya wa 9 kugeza kuri 16 amakipe ya Musanze FC, Mukura VS na Gorilla nazo zitwaye neza.

Duhereye ku makipe ahatanira igikombe cya Shampiyona, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari yasuye ikipe ya
Bugesera FC kuri Sitade y’akarere ka Bugesera, uyu mukino warangiye APR FC itahukanye intsinzi y’ibitego bitatu ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Omborenga Fitina ubwo hari ku munota wa 33 w’umukino, ibindi bitego bibiri byatsinzwe na Imanishimwe Djabel ku munota wa 58 ndetse na Byiringiro Lague watsinze ku munota wa 88 w’umukino.

Undi mukino wabereye mu karere ka Rubavu aho ikipe ya AS Kigali yatsinze ikipe ya Rutsiro ibitego bibiri ku busa, ni ibitego byatsinzwe na Aboubacar Lawar ku munota wa 45 w’umukino ndetse na Hussein Shaban Tchabalala ku munota wa 86 w’umukino.

Ikipe ya AS Kigali nayo irimo kwitwara neza

Ikipe ya Police FC nayo yari yakiriye i Bugesera ikipe ya Rayon Sports, umukino urangira amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Patrick Sibomana uzwi nka Pappy ubwo hari ku munota wa 22, ku ruhande rwa Rayon Sports yo yatsindiwe na Heritier Luvumbu ku munota wa 45, ni igitego cyatsinzwe kuri Penaliti.

Umukino washoje uw’amakipe ahatanira igikombe cya shampiyona wahuje ikipe ya Espoir FC y’i Rusizi na Marines FC yo mu karere ka Rubavu, uyu mukino warangiye Espoir FC itsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Sadick Souley ubwo hari ku munota wa 45.

Muri iki cyiciro ikipe ya APR FC ndetse na AS Kigali zirayoboye aho my mikino itatu imaze gukinwa anganya amanota 7, ni mugihe hakurikiyeho ikipe ya Rayon Sports na Police FC zo zinganya amanota 4.

Uko indi mikino yahuje amakipe ahatanira umwanya wa 9 kugeza kuwa 16 yagenze:

Sunrise FC 1-1 Gasogi United [Kabanda Sergé (76′) || Yaffesi Mubiru (90′)]
Kiyovu Sports 1-2 Musanze FC [Babuwa 87′ || Samson I 15’&45′]
Mukura VS 1-0 Etincelles FC [M Sincère (OG] 66′]
AS Muhanga 0-2 Gorilla FC [I. Rodrígue 77& 90′]

2021-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Editorial 12 Jan 2017
APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Editorial 24 Nov 2021
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Editorial 18 Sep 2024
AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

Editorial 21 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi
Amakuru

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Editorial 08 Jul 2024
Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari
Mu Mahanga

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Editorial 13 May 2016
Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025
Amakuru

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Editorial 17 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru