• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) yemeje ko irushanwa rya CECAFA Kagame 2021 rizaba guhera ku italiki ya 1 kugeza ku ya 15 Kanama i Dar es Salaam muri Tanzaniya rikazitabirwa n’amakipe 10 arimo APR FC yo mu Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’abategura iri rushanwa ryitiriwe umukuru w’igihugu cy’u Rwanda , Paul Kagame, iri rushanwa rizabera mu gihugu cya Tanzaniya, iki gihugu kazaba gihagarariwe n’amakipe abiri ariyo Young SC na AZAM FC.

Umuyobozi mukuru wa CECAFA, Auka Gecheo yavuze ko iri rushanwa rizafasha amakipe yo muri aka gace kwitegura amarushanwa Nyafurika ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka.

Auka aganira n’urubuga rwa CECAFA, yagize ati “Iri rushanwa rizafasha amakipe yacu yo mu karere kwitegura amarushanwa ya CAF azatangira muri Nzeri”.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho gutangaza ko kugirango iri rushanwa rikomere kuri iyi ncuro batumiye ikipe yo muri Malawi ya Big Bullets FC.

Ku rundi ruhande ikipe ya Simba SC yageze muri kimwe cya kane cy’imikino ya CAF Champions League umwaka ushize w’imikino yo ntabwo izitabira iri rushanwa rizabera mu gihugu cya Tanzaniya.

KCCA FC yo mu gihugu cya Uganda niyo iheruka kwegukana igikombe cya 2019 kuko yatsinze ikipe ya Azam FC nayo izitabira iki gikombe kitabaye umwaka wa 2020 bitewe n’uko icyorezo cya Koronavirusi cyari gikomeje gukaza umurego.

Ikipe y’ingabo z’igihugu z’u Rwanda ya APR FC igiye kwitabira iri rushanwa iheruka kwegukana mu mwaka wa 2010 ndetse ikaba yaratwaye iki gikombe incuro eshatu (2004, 2007, 2010), ubwo iyi kipe iheruka gukina CECAFA Kagame Cup muri 2019 yagarukiye muri ¼ isezerewe na AS Maniema yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Biteganyijwe ko tombola y’uko amakipe azahura muri iri rushanwa rizabera mu mujyi wa i Dar es Salaam izaba ku italiki ya 27 Nyakanga 2021.

CECAFA Kagame Cup ni irushanwa rihuza amakipe 12 yo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba ndetse n’iyo hagati, ni irushanwa ryitiriwe Perezida Kagame kuko guhera muri 2002 atanga inkunga y’ibihumbi 60 by’amadorali y’Amerika agabanywa amakipe atatu ya mbere.

Urutonde rw’amakipe yemeye ko azitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2021 ni Young SC, Azam FC (Tanzaniya), Altabara FC (Sudani y’Epfo), Le Messager Ngozi FC (Burundi), APR (Rwanda), Express FC, KCCA FC (Uganda), Tusker FC (Kenya) ), KMKM SC (Zanzibar) na Big Bullets FC (Malawi).

2021-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2021
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016
Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Perezida wa Gasogi United KNC yahanishijwe guhagarikwa imikino 6 n’ihazabu y’ibihumbi 150 000 frw

Ubwanditsi 25 Jan 2022
Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 30 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we
IMIKINO

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Musenyeri Smaragde yavuye ku izima
Mu Mahanga

Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Ubwanditsi 11 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru