• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Ubwanditsi 30 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha ambasaderi wa Tanzaniya mu Rwanda, arahamya ko Perezida Samia Suluhu Hassan azagirira uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda, akazasesekara I Kigali kuwa mbere tariki 02 Kanama 2021.

Ni uruzinduko rwa mbere rw’akazi Perezida Suluhu azaba agiriye mu Rwanda, kuva muri Werurwe uyu mwaka ubwo yasimburaga ku mwanya wa Perezida wa Tanzaniya Nyakwigendera John Pombe Magufuli , witabye Imana mu buryo butunguranye
Tanzaniya n’uRwanda bisanganywe umubano utagira amakemwa.

N’ubwo ibizaganirwaho hagati ya Perezida Suluhu na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bitaratangazwa, abasesenguzi barahamya ko abo Bakuru b’Ibihugu byombi batazabura kugaruka ku mishinga minini u Rwanda na Tanzaniya bihuriyeho, nko kubaka urugomero rw’amashanyarazi rukomeye rwa Rusumo.

Byitezwe kandi ko Perezida Suluhu na Perezida Kagame bazagaruka ku bufatanye mu kubungabunga umutekano hagati y’ibihugu byombi ndetse no mu karere, dore ko mu minsi ishize Umugaba Mukuru w’ Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura na Komiseri Mukuru wa Polisi y’ uRwanda IGP Dan Munyuza, bagiriye uruzinduko muri Tanzaniya. Umwe mu myanzuro yagiye ahagaragara uvuga ko inzego z’umutekano za Tanzaniya n’iz’u Rwanda ziyemeje kongera umurego mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no guhashya imitwe y’iterabwoba.

Kuva yaba Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, amaze gusura Kenya, Uganda n’Uburundi. Aho hose yasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati ya Tanzaniya n’ibyo bihugu, arimo no kubaka umuhanda wa gariyamoshi uhuza ibihugu byo mu karere k’ Afrika y’Uburasirazuba, kandi kugirango bishyirwe mu bikorwa bisaba uruhare rwa buri gihugu.

Uruzinduko rwa Perezida Suluhu mu Rwanda rusanze umubano warwo na Uganda ukirimo ibibazo bikomeye, ahanini bishingiye ku bihato ubutegetsi bwa Perezida Yoweri K. Museveni butahwemye gushyira mu nyungu z’u Rwanda, kugeza n’aho ubwo butegetsi bushyigikira imitwe y’iterabwoba nka RNC, n’indi igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abakurikiranira hafi iby’uru ruzinduko rwa Perezida wa Tanzaniya mu Rwanda, barasanga we na mugenzi we w’u Rwanda , Paul Kagame, nta kuntu batazagaruka ku buryo bwo kurangiza ubushyamirane hagati ya Uganda n’u Rwanda, kuko umubano mwiza w’abaturanyi ari ingenzi mu iterambere ry’aka karere kose.

2021-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Mar 2016
u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yashimiye Gen Mubarakh Muganga na Maj Gen Vincent Nyakarundi ku bw’uruzinduko bagiriye i Shyorongi

Ubwanditsi 20 Aug 2024
Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika
IMIKINO

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Ubwanditsi 05 Jan 2019
RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be
HIRYA NO HINO

RDC: Uwacitse inyeshyamba zikomoka muri Uganda aravuga uko zishe bagenzi be

Ubwanditsi 10 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru