• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha ambasaderi wa Tanzaniya mu Rwanda, arahamya ko Perezida Samia Suluhu Hassan azagirira uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda, akazasesekara I Kigali kuwa mbere tariki 02 Kanama 2021.

Ni uruzinduko rwa mbere rw’akazi Perezida Suluhu azaba agiriye mu Rwanda, kuva muri Werurwe uyu mwaka ubwo yasimburaga ku mwanya wa Perezida wa Tanzaniya Nyakwigendera John Pombe Magufuli , witabye Imana mu buryo butunguranye
Tanzaniya n’uRwanda bisanganywe umubano utagira amakemwa.

N’ubwo ibizaganirwaho hagati ya Perezida Suluhu na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bitaratangazwa, abasesenguzi barahamya ko abo Bakuru b’Ibihugu byombi batazabura kugaruka ku mishinga minini u Rwanda na Tanzaniya bihuriyeho, nko kubaka urugomero rw’amashanyarazi rukomeye rwa Rusumo.

Byitezwe kandi ko Perezida Suluhu na Perezida Kagame bazagaruka ku bufatanye mu kubungabunga umutekano hagati y’ibihugu byombi ndetse no mu karere, dore ko mu minsi ishize Umugaba Mukuru w’ Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura na Komiseri Mukuru wa Polisi y’ uRwanda IGP Dan Munyuza, bagiriye uruzinduko muri Tanzaniya. Umwe mu myanzuro yagiye ahagaragara uvuga ko inzego z’umutekano za Tanzaniya n’iz’u Rwanda ziyemeje kongera umurego mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no guhashya imitwe y’iterabwoba.

Kuva yaba Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, amaze gusura Kenya, Uganda n’Uburundi. Aho hose yasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati ya Tanzaniya n’ibyo bihugu, arimo no kubaka umuhanda wa gariyamoshi uhuza ibihugu byo mu karere k’ Afrika y’Uburasirazuba, kandi kugirango bishyirwe mu bikorwa bisaba uruhare rwa buri gihugu.

Uruzinduko rwa Perezida Suluhu mu Rwanda rusanze umubano warwo na Uganda ukirimo ibibazo bikomeye, ahanini bishingiye ku bihato ubutegetsi bwa Perezida Yoweri K. Museveni butahwemye gushyira mu nyungu z’u Rwanda, kugeza n’aho ubwo butegetsi bushyigikira imitwe y’iterabwoba nka RNC, n’indi igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abakurikiranira hafi iby’uru ruzinduko rwa Perezida wa Tanzaniya mu Rwanda, barasanga we na mugenzi we w’u Rwanda , Paul Kagame, nta kuntu batazagaruka ku buryo bwo kurangiza ubushyamirane hagati ya Uganda n’u Rwanda, kuko umubano mwiza w’abaturanyi ari ingenzi mu iterambere ry’aka karere kose.

2021-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Editorial 04 Jan 2016
Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Editorial 23 Nov 2020
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Editorial 01 Nov 2021
U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Editorial 15 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?
POLITIKI

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Editorial 07 Jun 2018
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative
POLITIKI

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Editorial 23 Aug 2018
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru