• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 18 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu mwaka wa 1959 mu Rwanda Umwami Rudahigwa amaze gutanga agatabarizwa I Mwima ya Nyanza, Uwari Sushefu wa Ndiza Dominiko Mbonyumutwa yazanywe kuyobora U Rwanda by’agateganyo aruyobora amezi icyenda kuko yahereye muri Mutarama ageza mu Ugushyingo 1961 nyuma asimbuzwa Kayibanda Gerigora bakundaga kwita Masudi akimara kuvanwa k’ubutegetsi yasubiye iwabo I Nyabikenke ajya gupima Byeri ashinga Depo afatanyije na Madame we Sofiya kugeza ubwo Habyarimana amwibutse amaze guhabwa inkwenene aramuzana amugira ushinzwe gutanga impenda n’imidende

Burya ngo Ntayima iyayo akabara Muhungu we Shingiro Mbonyumutwa ninako yirukanywe muri Guverinoma ubwo yari inkingi ya Mwamba muri MDR Pawa  ajya gushinga iduka ry’Imyenda aryita SHINPEX ryahoze imbere yo Venant mu mujyi wa Kigali kugeza muri Jenoside yakorewe abatutsi ntawe utazi Uruhare rwe yewen abo yibarutse bamwe muri bo magingo aya barakiyita ko bavugira Abahutu boshye Leta y’Ubumwe hari umunyarwanda iheza, kari agaciyemo gusa tubibutse ko Mbonyumutwa yapfuye mu mwaka wa 1959 agwa I Buruseri mu Bubiligi bamwimitse, Habyarimana asaba ko bamushyingura muri Stade ya Demokarasi i Gitarama kuri Route Kibuye (Muhanga).

Uwimana Nkusi Agnes rero nawe yahisemo kwibera itiyo rinyuzwamo amagambo mabi atamikwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda n’Umurongo wayo mugari wo gukomeza kwunga abanyarwanda, mu Kinyamakuru cye Umurabyo na TV yacyo yasohoye ikiganiro yakoranye na Hakuzimana Abdul Rashid nawe ufite amagambo yuzuye uburozi banabanye muri Gereza wigamba ibinyoma by’uko ngo yashatse kunga uwari Perezida Bizimungu na Perezida wa Repubulika Paul Kagame

Uyu Rashid rero ntabwo ari we tugarukaho turavuga uko iki kiganiro cyakiriwe mu Banyarwanda by’Umwihariko abanyamakuru bashingiye ku magambo yavuzwe na Agnes Uwimana ko Abatutsi muri 1959 icyabateye guhunga ari ubwibone kuko bari banze kuyoborwa n’abahutu.

Kuri Twitter Umunyamakuru Egidie Bibio Ingabire yandikanye agahinda mu magambo agira ati “Nyamara, abo duhuje uyu umwuga, mucyo dushyire imbaraga mu guhora twihugura, dore kwiga ni uguhozaho, Amateka agaragaza ko Abatutsi mu 1959 birukanwe ntatwereka ko bagize ubwibone, Hato tuzanavaho tuvuga ko mu 1994 Abatutsi bishwe kuko wenda bigometse” Yasubijwe n’abakoresha Twitter batandukanye barimo Niwemwiza Anne Marie ati “Hari ibyo wumva ubwonko bwawe bukananirwa kubyakira. Harya nk’ubu ibi ni ibiki???? Bizakomeza bitya kugeza ryari? Uwimana Agnès rwose aze duhugurane mu kivandimwe, naho ubundi ntaho tugana’’

Hari benshi bagiye bamuha ingero z’uko ababyeyi babo bishwe icyo gihe nyamara barengwanywa,batari gukomeza kwicwa bahitamo guhunga abatarahunze bamwe bagiye bicwa uruhongohongo mu myaka yakurikiyeho nka 1962,1973 ndetse kugeza ku ndunduro ari yo Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 yateguwe ndetse inashyirwa mu Bikorwa na Leta yari Iyobowe na Habyarimana Juvenal naho bamwirasiye ikomeza gushyirwamo ingufu na Leta yiyise iy’abatabazi

Ni akamenyero aho imbuga za Youtube z’abiyita ko batavuga rumwe na Gahunda za Leta baterwa inkunga n’intagondwa z’abacyumva ko bahora bahungabanya umutekano n’ubusugire bw’abanyarwanda abo twavuga nka Niyonsenga Dieudonne wiyita Cyuma Hassan n’Ishema Tv ye, Umubavu Online Tv, karundura Umurabyo wa Agnes Uwimana Uyu wigize indakoreka agahitamo inzira yo kuyobya abanyarwanda udahwema guhabwa inkunga y’amafaranga akanabyigamba ko ari ingemu agomba guhaho n’abari muri Gereza bakurikiranyweho ibyaha nk’ibyo yigeze gufungirwa ubwo Ubutabera bwamusabiraga guhanishwa igifungo cy’imyaka 17 agafungwa itanu

Uyu muyoboro w’abapawa rero ntuhwema kugira Idamange na Karasira intwari ndetse no guha ijambo utuka FPR Inkotanyi wese ukibaza niba ubu ari bwo buryo bwo kubaka igihugu bikakuyobera ahubwo ukabona wagirango bafite Misiyo yo kworeka umuryango nyarwanda, Uwimana rero yagakwiye kumva ko abanyarwanda bose basenyera umugozi umwe akirinda icy’abatanya akareka kuba imizindaro ya bene Mbonyumutwa bahora bamwereka uwo gutumira ndetse n’ugezweho mu kugira imvugo nyandagazi.

2021-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025
Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)
IMIKINO

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Amahugurwa afite ireme ni inkingi ya mwamba y’imikorere myiza ry’urwego rw’umutekano-IGP Gasana
Mu Mahanga

Amahugurwa afite ireme ni inkingi ya mwamba y’imikorere myiza ry’urwego rw’umutekano-IGP Gasana

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day
Amakuru

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru