• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Editorial 24 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Harabura iminsi 2 gusa ngo umwaka ube wuzuye Paul Rusesabagina ageze mu maboko y’ubutabera bw’uRwanda. Kuva yagera mu gihugu cye yihakanye, nta munsi wira hatabaye agashya, ndetse abenshi bakamubonamo “insigamigani” nk’abo tujya twumva mu mateka.
Dore tumwe mu dushya twaranze urubanza rw’uyu mugabo ukina mu bikomeye.

1. Ubwo Paul Rusesabagina yageraga mu Rwanda, umuhungu we yagaragaye yisasiye ibidolari, akikiye inkumi, mu mayoga y’amoko yose, nk’umwana wo mu muryango w’abakimaze.
Uyu ni Trésor Rusesabagina, umuhungu wa Paul Rusesabagina. Asanzwe azwiho kuvuyarara, haba mu nkumi, mu byo kurya n’ibyo kunywa. Ni mu gihe kandi nta kibazo cy’amikora afite. Ise yarunze ibifaranga asaba avuga ko agiye gufasha ingorwa, ibisagutse akabikorasha muri FLN, wa mutwe we w’iterabwoba wishe, ugasahura inzirakarengane za Nyamagabe na Nyaruguru.

Umuhungu wa Rusesabagina yavuze ko azakora byose agafunguza se, nyamara ubanza yaravugishwaga n’uruyama, kuko umwaka winaze ntacyo akoreye umubyeyi we.

2. Rusesabagina yabanje gusasa imigeri, avuga ko yashimuswe kandi yarizanye aho agomba kuba ari.
Iki kinyoma cyamaze igihe kigibwaho impaka, Paul Rusesabagina n’abamushigikiye mu mahano ye, bahamya ko Leta y’uRwanda yamushimuse, ikamuvana muri Amerika, ikamunyuza i Dubai, kugeza yisanze ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Iri kinamico ryaje guteshwa agaciro n’ubuhamya bwa Bishop Constantin Niyomwungere, umuvugabutumwa akaba n’inshuti magara ya Rusesabagina, wasobanuye neza uburyo Rusesabagina ubwe yivanye muri Amerika ku bushake, akanyura Dubai yibwira ko agiye mu Burundi kubonana n’abategetsi b’icyo gihugu bamufashije mu mugambi we wo guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Urukiko rwaje kwanzura ko Rusesabagina atashimuswe, ahubwo yigushije mu mutego. Ababikurikiranira hafi basanga Rusesabagina yarazize ahanini ubuswa n’ubunararibonye bwa ntabwo mu bijyanye na politiki.
3. Rusesabagina uvuka i Murama mu Ntara y’Amajyepfo yiyise Umubiligi “utavangiye”.

Uyu mugabo witwara nka Rusisibiranya twagiye twumva mu makinamico y’ubuhemu, yabonye ibyo gushimutwa bibaye amatakirangoyi, ati reka mvuge ko ntashobora kuburanira mu Rwanda, kuko ndi “Umubiligi”. Ibi byo byabaye urwenya ruryoshye, aho Umunyarwanda uvuka i Murama mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, akahakurira, akahashakira, akanahabyarira, atinyuka kwihakana igihugu cye, mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo ati”mba ndoga Rukimirana ntabwo ndi Umunyarwanda”.

Abazi gutebya bagize bati:”Kuvuka i Murama bimugize Umufulama”. Ibi byo gutaratamba agora ubutabera nabyo ntibyamuhiriye, kuko yibukijwe ko bimwe mu bimenyetso bimuhamya icyaha byatanzwe n’uBubiligi, bityo nabwo bukaba bwumva neza ko Rusesabagina agomba kuburanira aho yakoreye ibyaha. Mbere yo guhakana Ubunyarwanda kandi, yagombye kuba yaributse amagambo yavugiye mu ruhame ko afite”…urubyiruko rwahagurukiye kubohora uRwanda..”. Keretse niba yari agarutse kuba umukoloni w’Umubiligi mu Rwanda.

4. Abonye amayeri amubaye iyanga, yanze kuburana, yivana mu rubanza.
Paul Rusesabagina yari agwije ibigarasha, mu gihe ubushinjacyaha bwo bwari bufite amaturufu, ibimenyetso bifatika, maze Rusisibaranya atsindwa n’umukino utaratangira.

Yageze ubwo abona ko ntaho azacikira ingingo simusiga, maze yicira urubanza rutaranaba. Abatangabuhamya bamukuye ku izima ni Bishop Constantin Niyomwungere twavuze haruguru, n’ Umunyamerikakazi Dr Michelle Martin wasobanuye uko Rusesabagina yabeshye isi yose ngo ni umugiraneza, maze ibifaranga bamurundumuriye akabishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Hari kandi abo baregwa mu rubanza rumwe nka Nsabimana Callixte”Sankara” bamushinje uruhare rutaziguye mu bugizi bwa nabi ndengakamere, umubisha ashegeshwe asezera mu rubanza. Ibi nabyo ariko ntacyo byamufashije kuko bitabujije urubanza gukomeza adahari, ndetse rukazasomwa tariki 20 Nzeri uyu mwaka.

5. Yabeshye amahanga ko inzara igiye kumutsinda muri gereza, kandi ahubwo natagabanya “appétit” ashobora kuzira ivutu!

Paul Rusesabagina aho agaramye i Mageragere, icyo adafite ni icyo atasabye. Amafunguro yihitiyemo, mudasobwa zo kumufasha mu rubanza yivanyemo, telefone avuganiraho n’abo mu muryango we buri cyumweru, n’ibindi ubundi bitagahawe umugome ukurikiranyweho ibyaha biremereye by’iterabwoba.

Yasabye umuryango we “gusakuza” bavuga ko afashwe nabi, bagamije gusa guharabika uRwanda no kurushyiraho igitutu ngo arekurwe ataryojwe ubugome bwe, Abahagarariye ibihugu yabo mu Rwanda, barimo na Ambasaderi w’ Amerika mu Rwanda banyomoje ibivugwa na Rusesabagina n’abamuri inyuma. Abo bantu badafite aho babogamiye basobanura ko Rusesabagina ari mu mfungwa zifashwe neza ku isi.

6. Umubiligi witwara gikoloni yaje kunganira Rusesabagina, azi neza ko atabyemerewe.

Uyu ni uwitwa Vincent LURQUIN, Umubiligi “wazobereye” mu mategeko akaba asanzwe yunganira Rusesabagina, haba mu manza(dore ko agira na nyinshi), haba no mu marorerwa yose akora, Agire atya rero asabe “visa” yo kwinjira mu Rwanda nka mukerarugendo, ndetse anayihabwe kuko uRwanda ruhora rwiteguye kwakira neza abarusura. Nyamara uwo mugabo ugifata u Rwanda nk’indagizo y’uBubiligi, mu by’ukuri yagenzwaga no kwanduranya. Nguko uko tariki 20 Kanama 2021 yadutse mu rukiko, yambaye imyenda iranga abanyamategeko bari mu kazi, ati:”Ndi umwunganizi wa Rusesabagina”.

Abasesenguzi bavuka ko Vincent Lurquin atari ayobewe ko atemerewe kuburanira muRwanda nk’umunyamatege, kuko atabarizwa mu Rugaga rw’Abavoka mu Rwanda, kimwe n’uko nta munyamategeko w’Umunyarwanda wemerewe kuburana imanza zo mu Bubiligi atari mu Rugaga rw’abavoka muri icyo gihugu. Yaba yariyenzaga, yaba yarashakaga guhinyuza ngo arebe uko u Rwanda rukoresha agaciro rwahaharaniye, icyagaragaye ni uko yahakuye isomo ry’ikinyabupfura. Yahise ahambirizwa, ajya gusakuriza mu yandi masandi afitanye isano na Rusesabagina.

Intwaro asigaranye ni ibitutsi, kandi ntibibuza uRwanda n’Abanyarwanda gukora neza ibiri mu nyungu zabo.

Utu ni tumwe mu dushya muri twinshi twaranze Rusesabagina n’abamuri inyuma kuva yagera aho agomba kuba ari. Abamwoheje kugambanira Urwamubyaye n’ubu nibo bahimbahimba utuyeri tudahashije, nyamara iyo aza kuba intwari nk’uko abamushuka bamwita, yari gusaba imbabazi bityo n’igihano kikaba cyagabanywa.

Yataratamba, yatayanjwa, yata ibitabapfu, amateka azamwibutsa ko yatatiye igihango ubwo yishoraga mu bikorwa by’iterabwoba, akica abo basangiye isano y’Ubunyarwanda.

2021-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Editorial 03 Mar 2021
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Editorial 14 Jan 2017
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Editorial 09 Apr 2021
Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Editorial 03 Mar 2021
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Editorial 14 Jan 2017
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Editorial 09 Apr 2021
Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Clarisse Karasira afatanyije na Patrick bahuriye mu ndirimbo ifite ubutumwa bw’uko umuntu wese uko abayeho akwiriye gukundwa no guhabwa agaciro .

Editorial 03 Mar 2021
Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Reba Video: Ap. Gitwaza avuga ko ari we muhanuzi wa mbere muri Afurika ukaze

Editorial 26 Sep 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru