• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Harabura iminsi 2 gusa ngo umwaka ube wuzuye Paul Rusesabagina ageze mu maboko y’ubutabera bw’uRwanda. Kuva yagera mu gihugu cye yihakanye, nta munsi wira hatabaye agashya, ndetse abenshi bakamubonamo “insigamigani” nk’abo tujya twumva mu mateka.
Dore tumwe mu dushya twaranze urubanza rw’uyu mugabo ukina mu bikomeye.

1. Ubwo Paul Rusesabagina yageraga mu Rwanda, umuhungu we yagaragaye yisasiye ibidolari, akikiye inkumi, mu mayoga y’amoko yose, nk’umwana wo mu muryango w’abakimaze.
Uyu ni Trésor Rusesabagina, umuhungu wa Paul Rusesabagina. Asanzwe azwiho kuvuyarara, haba mu nkumi, mu byo kurya n’ibyo kunywa. Ni mu gihe kandi nta kibazo cy’amikora afite. Ise yarunze ibifaranga asaba avuga ko agiye gufasha ingorwa, ibisagutse akabikorasha muri FLN, wa mutwe we w’iterabwoba wishe, ugasahura inzirakarengane za Nyamagabe na Nyaruguru.

Umuhungu wa Rusesabagina yavuze ko azakora byose agafunguza se, nyamara ubanza yaravugishwaga n’uruyama, kuko umwaka winaze ntacyo akoreye umubyeyi we.

2. Rusesabagina yabanje gusasa imigeri, avuga ko yashimuswe kandi yarizanye aho agomba kuba ari.
Iki kinyoma cyamaze igihe kigibwaho impaka, Paul Rusesabagina n’abamushigikiye mu mahano ye, bahamya ko Leta y’uRwanda yamushimuse, ikamuvana muri Amerika, ikamunyuza i Dubai, kugeza yisanze ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali.

Iri kinamico ryaje guteshwa agaciro n’ubuhamya bwa Bishop Constantin Niyomwungere, umuvugabutumwa akaba n’inshuti magara ya Rusesabagina, wasobanuye neza uburyo Rusesabagina ubwe yivanye muri Amerika ku bushake, akanyura Dubai yibwira ko agiye mu Burundi kubonana n’abategetsi b’icyo gihugu bamufashije mu mugambi we wo guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Urukiko rwaje kwanzura ko Rusesabagina atashimuswe, ahubwo yigushije mu mutego. Ababikurikiranira hafi basanga Rusesabagina yarazize ahanini ubuswa n’ubunararibonye bwa ntabwo mu bijyanye na politiki.
3. Rusesabagina uvuka i Murama mu Ntara y’Amajyepfo yiyise Umubiligi “utavangiye”.

Uyu mugabo witwara nka Rusisibiranya twagiye twumva mu makinamico y’ubuhemu, yabonye ibyo gushimutwa bibaye amatakirangoyi, ati reka mvuge ko ntashobora kuburanira mu Rwanda, kuko ndi “Umubiligi”. Ibi byo byabaye urwenya ruryoshye, aho Umunyarwanda uvuka i Murama mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, akahakurira, akahashakira, akanahabyarira, atinyuka kwihakana igihugu cye, mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo ati”mba ndoga Rukimirana ntabwo ndi Umunyarwanda”.

Abazi gutebya bagize bati:”Kuvuka i Murama bimugize Umufulama”. Ibi byo gutaratamba agora ubutabera nabyo ntibyamuhiriye, kuko yibukijwe ko bimwe mu bimenyetso bimuhamya icyaha byatanzwe n’uBubiligi, bityo nabwo bukaba bwumva neza ko Rusesabagina agomba kuburanira aho yakoreye ibyaha. Mbere yo guhakana Ubunyarwanda kandi, yagombye kuba yaributse amagambo yavugiye mu ruhame ko afite”…urubyiruko rwahagurukiye kubohora uRwanda..”. Keretse niba yari agarutse kuba umukoloni w’Umubiligi mu Rwanda.

4. Abonye amayeri amubaye iyanga, yanze kuburana, yivana mu rubanza.
Paul Rusesabagina yari agwije ibigarasha, mu gihe ubushinjacyaha bwo bwari bufite amaturufu, ibimenyetso bifatika, maze Rusisibaranya atsindwa n’umukino utaratangira.

Yageze ubwo abona ko ntaho azacikira ingingo simusiga, maze yicira urubanza rutaranaba. Abatangabuhamya bamukuye ku izima ni Bishop Constantin Niyomwungere twavuze haruguru, n’ Umunyamerikakazi Dr Michelle Martin wasobanuye uko Rusesabagina yabeshye isi yose ngo ni umugiraneza, maze ibifaranga bamurundumuriye akabishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Hari kandi abo baregwa mu rubanza rumwe nka Nsabimana Callixte”Sankara” bamushinje uruhare rutaziguye mu bugizi bwa nabi ndengakamere, umubisha ashegeshwe asezera mu rubanza. Ibi nabyo ariko ntacyo byamufashije kuko bitabujije urubanza gukomeza adahari, ndetse rukazasomwa tariki 20 Nzeri uyu mwaka.

5. Yabeshye amahanga ko inzara igiye kumutsinda muri gereza, kandi ahubwo natagabanya “appétit” ashobora kuzira ivutu!

Paul Rusesabagina aho agaramye i Mageragere, icyo adafite ni icyo atasabye. Amafunguro yihitiyemo, mudasobwa zo kumufasha mu rubanza yivanyemo, telefone avuganiraho n’abo mu muryango we buri cyumweru, n’ibindi ubundi bitagahawe umugome ukurikiranyweho ibyaha biremereye by’iterabwoba.

Yasabye umuryango we “gusakuza” bavuga ko afashwe nabi, bagamije gusa guharabika uRwanda no kurushyiraho igitutu ngo arekurwe ataryojwe ubugome bwe, Abahagarariye ibihugu yabo mu Rwanda, barimo na Ambasaderi w’ Amerika mu Rwanda banyomoje ibivugwa na Rusesabagina n’abamuri inyuma. Abo bantu badafite aho babogamiye basobanura ko Rusesabagina ari mu mfungwa zifashwe neza ku isi.

6. Umubiligi witwara gikoloni yaje kunganira Rusesabagina, azi neza ko atabyemerewe.

Uyu ni uwitwa Vincent LURQUIN, Umubiligi “wazobereye” mu mategeko akaba asanzwe yunganira Rusesabagina, haba mu manza(dore ko agira na nyinshi), haba no mu marorerwa yose akora, Agire atya rero asabe “visa” yo kwinjira mu Rwanda nka mukerarugendo, ndetse anayihabwe kuko uRwanda ruhora rwiteguye kwakira neza abarusura. Nyamara uwo mugabo ugifata u Rwanda nk’indagizo y’uBubiligi, mu by’ukuri yagenzwaga no kwanduranya. Nguko uko tariki 20 Kanama 2021 yadutse mu rukiko, yambaye imyenda iranga abanyamategeko bari mu kazi, ati:”Ndi umwunganizi wa Rusesabagina”.

Abasesenguzi bavuka ko Vincent Lurquin atari ayobewe ko atemerewe kuburanira muRwanda nk’umunyamatege, kuko atabarizwa mu Rugaga rw’Abavoka mu Rwanda, kimwe n’uko nta munyamategeko w’Umunyarwanda wemerewe kuburana imanza zo mu Bubiligi atari mu Rugaga rw’abavoka muri icyo gihugu. Yaba yariyenzaga, yaba yarashakaga guhinyuza ngo arebe uko u Rwanda rukoresha agaciro rwahaharaniye, icyagaragaye ni uko yahakuye isomo ry’ikinyabupfura. Yahise ahambirizwa, ajya gusakuriza mu yandi masandi afitanye isano na Rusesabagina.

Intwaro asigaranye ni ibitutsi, kandi ntibibuza uRwanda n’Abanyarwanda gukora neza ibiri mu nyungu zabo.

Utu ni tumwe mu dushya muri twinshi twaranze Rusesabagina n’abamuri inyuma kuva yagera aho agomba kuba ari. Abamwoheje kugambanira Urwamubyaye n’ubu nibo bahimbahimba utuyeri tudahashije, nyamara iyo aza kuba intwari nk’uko abamushuka bamwita, yari gusaba imbabazi bityo n’igihano kikaba cyagabanywa.

Yataratamba, yatayanjwa, yata ibitabapfu, amateka azamwibutsa ko yatatiye igihango ubwo yishoraga mu bikorwa by’iterabwoba, akica abo basangiye isano y’Ubunyarwanda.

2021-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 May 2018
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Nyamirambo : Me Ntaganda  akomereje iwe mu rugo  imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Ubwanditsi 01 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda
POLITIKI

Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali
Amakuru

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Ubwanditsi 01 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru