• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Ubwanditsi 21 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva Paul Rusesabagina yafatwa kugeza anahanishijwe gufungwa imyaka 25 kubera ibyaha by’iterabwoba byamuhamye, havuzwe byinshi bikigaragaza agasuzuguro bamwe mu bazungu bagifitiye abirabura.

Nyuma y’ibitero byibasiye Amerika tariki 11 Nzeri 2001, amahanga yarahungabanye, ndetse ingabo z’ Abanyaburayi n’Amerika zikwira isi yose ngo zirarwanya imitwe y’iterabwoba nka Al Qaeda, nubwo kenshi ziba zigenzwa na twinshi.

Igitangaje ariko, ni uko ibikorwa by’iterabwoba byitwa bityo ari uko bibaye ku bazungu gusa. Urugero ni ibyo Paul Rusesabagina yakoze mu Rwanda abinyujije mu mutwe we w’iterabwoba wa FLN, ariko bamwe mu bategetsi bo mu Burayi n’ Amerika bagakomeza kumufata nk’umutagatifu. Ese iyo ibyabereye i Nyamagabe na Nyaruguru bibera mu Bubiligi cyangwa muri Amerika, Paul Rusesabagina yari kuba akitwa impirimbanyi ya Demokarasi n’uburenganzira bwa muntu? Igisubizo ni “oya”, nyuma ya tariki 11 Nzeri 2001, muri Amerika uwitwa umwarabu wese n’uwo bafitanye isano yahizwe bukware, abenshi baricwa, abandi bajyanwa Guantanamo Bay gukorerwa iyicarubozo ridakwiye ikiremwamuntu. N’uyu munsi mu bihugu byinshi byo mu burengerazuba bw’isi, umwarabu agenda yikandagira, kuko bamusanisha n’ibikorwa by’iterabwoba, kandi yenda nta n’aho ahuriye nabyo.

Abasakuza ko Paul Rusesabagina atabonye ubutabera buboneye, batubwira impamvu Oussama Bin Laden wa Al Qaeda atafashwe ngo aburanishwe, ahubwo bagahitamo kumwicana n’umuryango we? Icyakora koko iyo Rusesabagina aza kuba yarahekuye ibihugu bivuga rikijyana, ntiyari kurushya abacamanza, ibye biba byararangiye agifatwa.

Bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika baracyarangwa n’irondaruhu riteye ishozi. Ni gute baha agaciro umwicanyi nka Rusesabagina, bakakima abo FLN ye yishe, abo yamugaje, igasahura ibyayo ibindi ikabyangiza? Kubera gusa ko atari Abanyaburayi cyangwa Abanyamerika, ubugizi bwa nabi bwabakorewe ntibwagombaga gukurikiranwa ngo ababugizemo uruhare bahanwe.

Ese ba mpatsibihugu bazunamura icumu ryari, ngo bumve ko amaraso y’abirabura afite agaciro nk’ay’abazungu? Bazasobanukirwa bate  ko uRwanda ari igihugu kigenga, kitagitegekwa ibyo gikora ? Harya ubutabera nyabwo buba gusa iyo bukozwe n’Abanyaburayi cyangwa Abanyamerika?Iyi myumvire ntikijyanye n’igihe, aho dusabwa kubahana, tutitaye ku gice cy’isi dukomokamo.

Bimwe mu bimenyetso bihamya ibyaha Paul Rusesabagina byatanzwe n’inzego z’ubucamanza mu Bubiligi no muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ni gute rero bamwe mu bategetsi b’ibyo bihugu bahindukira bakagira Rusesabagina umwere?Ni uko gusa yakoreye ibyaha igihugu cyo muri Afrika.

Abasakuza ngo Rusesabagina yarakatiwe bari bakwiye ahubwo kwishimira ko yadohorewe ntahanishwe gufungwa burundu nk’uko itegeko rihana ibyaha byamuhamye ribiteganya. Ubushishozi bw’Urukiko rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo nk’ikimenyetso cyo kumuha amahirwe yo kwikosora, akaba yakongera kuba umuturage muzima. Oussama Bin Laden kuki atahawe aya mahirwe?

Uretse induru z’abifitiye urwango ku Rwanda n’ Ubuyobozi bwarwo gusa, abashyira mu gaciro biboneye ko urubanza rwa Rusesabagina n’abo baregwana rwabaye mu mucyo no mu bwisanzure. Abamuririra ahubwo bagombye kuba baramugiriye inama ntiyishore mu bikorwa by’iterabwoba byatumye  aba aho ari uyu munsi. Bagombye kwinenga kuba bataramaganye ko mu bihugu byabo ahakusanyiriza amafaranga yo gushyigikira ibikorwa byahitanye inzirakarengane i Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi. Keretse niba ibi ari byo bya bigwi birirwa barata ngo barakataje  mu kurengera ikiremwa muntu.

 

2021-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Ubwanditsi 25 May 2018
Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana
Amakuru

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda
HIRYA NO HINO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Ubwanditsi 18 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru